Nyuma y’imyaka 35, Eddy Kenzo yamenye Se

Imyidagaduro - 29/09/2025 5:44 AM
Share:

Umwanditsi:

Nyuma y’imyaka 35, Eddy Kenzo yamenye Se

Umuhanzi mpuzamahanga wo muri Uganda, Edrisa Musuuza uzwi nka Eddy Kenzo, yari amaze imyaka 35 atazi se. Ibi byamenyekanye ubwo Perezida Yoweri Kaguta Museveni yatangazaga ko ari umuhungu wa nyakwigendera Brigadier Chef Ali, umwe mu barwanyi ba NRA bafashije Museveni gufata ubutegetsi mu 1986.

Mu birori byo kumurika album nshya ya Museveni byabereye i Speke Resort Munyonyo, Perezida Museveni yashimye Kenzo ku bunyangamugayo yagaragaje mu micungire y’amafaranga ya UNMF, hanyuma ashyira ahagaragara ibanga rikomeye ku buzima bwe bwite.

Muri ibi birori, Museveni yavuze ko hari abana ba Brig. Chef Ali bari bahari kandi basa cyane na Kenzo.

Nyuma y’ibi, Kenzo yahamirije itangazamakuru kuri iki Cyumweru tariki 28 Nzeri 2025, ko koko yakoze DNA ku murambo wa Hassan, umugabo yakuze azi nk’umubyeyi we, bikagaragaza ko batari bafitanye isano.

Kenzo yasobanuye ko nyina akomoka mu Rwanda, ariko ko yaje gutura i Masaka, aho yamubyariye hagati ya 1989–1990. Nyuma y’uko nyina na Nyirakuru we bitabye Imana, Kenzo yasigaye mu buzima bushingiye ku muryango wa Hassan, ari na ho yakuriye.

Gusa kubera impuha zakomeje kuvuga ko Hassan atari se, Kenzo yafashe icyemezo cyo gukoresha DNA ku murambo we, maze ibizamini bigaragaza ukuri., asanga atari we Se.

Nubwo bimeze bityo, yavuze ko atigeze ashaka kwinjira cyane mu muryango wa Chef Ali kuko nta mubano yari afitanye na wo. Ati “Nakuze ndi njyenyines, ubuzima bwanjye ntibwamenye indi mico uretse iy’abagande banshoboje kuba uwo ndi we uyu munsi.”

Brig. Chef Ali yamenyekanye nk’umwe mu barwanyi bakomeye barwanyije ubutegetsi bwa Idi Amin mbere yo kwifatanya na Museveni.

Yari ayoboye 11th Battalion yafashe Mbarara Barracks, hanyuma ikigarurira Nakulabye na Makerere, intambara irangira Museveni afashe ubutegetsi mu 1986.

Eddy Kenzo, uzwi mu ndirimbo nka Sitya Loss na Semyekozo, yavuze ko nubwo atamenye se akiri muto, bitigeze bimubuza gukura afite intego. Ati: “Uko ndi ni ukubera ubuzima bwankujije, si amazina cyangwa imizi ntigeze menya.”

Perezida Museveni yatangaje ko Eddy Kenzo ari umuhungu wa nyakwigendera Brig. Chef Ali, umwe mu barwanyi 27 ba NRA bafashije gufata ubutegetsi mu 1986

 
Nyuma y’imyaka 35 atazi se, Eddy Kenzo yemeje ko DNA yagaragaje ko atari uwa Hassan wamureraga, ahubwo akomoka mu muryango wa Brig. Chef Ali


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...