Ni
amakuru yamenyekanye nyuma y’uko hasohotse impapuro z’ubutumire zigaragaza ko
ubukwe bwabo buteganyijwe tariki ya 5 Nyakanga 2026.
Uyu
muhango uzabanzirizwa no gusaba no gukwa, hanyuma hakurikireho gusezerana
imbere y’Imana mu rusengero rw’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi rwa Muhororo,
mbere y’uko abatumiwe bakirwa mu birori bizabera i Kigoma mu Butansinda.
Master
Fire yabwiye InyaRwanda ko imyiteguro igeze kure, ashimangira ko icyemezo cyo
kurushinga gishingiye ku rugendo rurerure rw’urukundo rwatangiye kera, rukamara
imyaka 18.
Aba
bombi basanzwe barasezeranye imbere y’amategeko mu muhango wabereye mu Karere
ka Ruhango mu Ugushyingo 2025.
Uyu
muraperi w’imyaka 43 afite amateka yihariye mu buzima bwe bw’amasomo. Yatangiye
Kaminuza mu 2006 mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare [ubu ni UR-Huye], ariko aza
guhura n’imbogamizi zishingiye ku myitwarire yatumye ahagarikwa amasomo ndetse
nyuma akaza no kwirukanwa.
Yongeye
gusubira mu ishuri mu 2017 ajya muri UTAB, aho yize ibijyanye n’ingufu
zisubira. Nubwo byari biteganyijwe ko asoza amasomo mu 2021, byaje kudindira
kubera ibibazo by’amikoro, aza gufashwa na FARG mu 2022, bituma asoza amasomo
mu 2023.
Master
Fire yemera ko hari ibyabaye mu buzima bwe byatumye asubira inyuma, ariko
akavuga ko ubu afite intego yo kwiyubaka no kuba urugero rwiza ku bandi, cyane
cyane urubyiruko.
Ubukwe
bwe n’umukunzi we bugaragaza intambwe nshya mu buzima bwe, nyuma y’urugendo
rurerure rwuzuyemo ibizamuka n’ibimanuka, haba mu muziki no mu buzima busanzwe.

Nyuma
y’imyaka 18 bakundana, Master Fire n’umukunzi we bagiye gukora ubukwe, bavuga
ko ari inzozi zabaye impamo
