Byose
byatangiye mu 2012 ubwo Dashim wari ugiye gutangira urugendo rw’umuziki,
yahaye Lick Lick Miliyoni 1.5 Frw. Aya yari igice cya mbere cy’umugabane we mu
mushinga bari bafatanyije wo gushinga inzu itunganya umuziki, wari ufite agaciro ka Miliyoni
5 Frw nk’uko amakuru agera kuri InyaRwanda abihamya.
Isoko
z’amakuru zivuga ko buri umwe yari gutanga 50% by’umugabane we, angana na
Miliyoni 2.5 Frw, hanyuma bagatangiza ‘studio’ y’umuziki.
Dashim,
wari utangiye kumenyekana mu ndirimbo nka Gasaro ka Mama yakoranye na Lick
Lick, Mabukwe yafatanije na Uncle Austin na Bakunda Umurambo, yahise abura
icyerekezo mu muziki ndetse nyuma aza kwiyegurira itangazamakuru.
Mu
kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda, Dashim yavuze ko ikibazo nyamukuru
kitari amafaranga ahubwo cyari umutima wo kongera kwiyunga nyuma y’igihe
kirekire cy’umwuka mubi.
Amakuru
yizewe agera kuri InyaRwanda yemeza ko ubwo Lick Lick yagarukaga mu Rwanda mu
2022, aje gutabara umuhanzi Meddy wapfushije umubyeyi, ari bwo yatangiye gutera
intambwe zo kwishyura uwo mwenda. Aho yaje kuganira na Dashim bemeranya uburyo
azagenda amusubiza amafaranga ndetse akanagena impozamarira.
Dashim
yagize ati: “Muri make Lick Lick, sinzi aho yakuye umutima wo gushaka
kuburizamo umutima umucira urubanza. Nkeka ko bifitanye isano no gukizwa, kuko
ubu ngo yamaze guhindukira, akaba agiye kujya akora indirimbo zihimbaza Imana
gusa. Twahuye turaganira, ambaza amafaranga yampa ngo twembi twisanzure,
dusubize umubano ku murongo, turayumvikana ampa igice icyo gihe, andi ayampa
muri uku kwezi gushize.”
Uyu mubano mushya urashimwa na benshi kuko wagaragaje ko ibibazo bishobora kurangira mu mahoro iyo hari ubushake. Ni isomo rikomeye mu ruganda rw’imyidagaduro aho kenshi amakimbirane ajya ahitana umubano n’icyizere, ariko mu gihe habonetse ubutwari bwo kwihana no gusaba imbabazi, byose bishobora kugaruka mu buryo.
Nyuma yo kudakomeza umuziki, Dashim yahisemo inzira y’itangazamakuru akorera: City Radio, Radio One, BTN TV na Radio 10 aho azwi cyane mu kiganiro Inzu y’Ibitabo
Lick Lick yatangiye ibiganiro na Dashim mu 2022 ubwo yari mu Rwanda yaje gutabara Meddy wari wapfushije umubyeyi
Dashim
na Lick Lick bari bemeranyije gushinga studio y’umuziki ya Miliyoni 5 Frw
KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 'CYOMORO' YA DASHIM NA THE FRIENDS