Nk’uko
biyita ‘Batatu ku rugamba’ baserutse koko ari batatu Niyibikora Safi [Safi
Madiba], Nshimiyimana Muhammed [Nizzo Kaboss] ndetse na Manzi James [Humbe
Jizzo].
Ni
igitaramo cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu mu karere ka Rubavu kuri
Sitade Umuganda kikaba ari nacyo gitaramo cyatangiwemo ibihembo bya Caller
Tunez Awards.
Mu
kiciro cy’abahanzi batwaye Primusi Guma Guma Super Star, itsinda rya Urban Boys
niryo ryari ritahiwe gususurutsa abafana baryo bari barinyotewe cyane ko ryari
rimaze imyaka 10 ritandukanye.
Nyuma
y’uko bari bongeye guhurira ku rubyiniro, Humble Jizzo yavuze mu ijwi ry’itsinda
ryose ashimira abantu bitabiriye iki gitaramo baje kubashyigikira avuga ko ari
ijoro ry’amateka kuri bo.
Mu
ijambo rye, yagize ati “Nagira ngo mbashimire ko mwese mwaje kureba itsinda
ryanyu ryakoze amateka. Iri joro ni iry’amateka kuri Urban Boys.”
Yanongeyeho
kandi ko bishimishije kubona Nizzo Kabosi na Safi Madiba bongera guhura bagahuza
nyuma y’imyaka 10 badacana uwaka dore ko nyuma yo gusenyuka Humble na Nizzo
bagerageje gukora ariko babivamo.
Nk'uko biyita "Batatu ku rugamba" bongeye guhurira ku rugamba rwo gutanga ibyishimo mu karere ka Rubavu
Itsinda rya Urban Boys ryongeye guhurira ku rubyiniro nyuma y'imyaka 10 batandukanye
