Mu
kiganiro na InyaRwanda, Eliel Sando yasobanuye uko urugendo rwe rwatangiye
mbere y’uko afata icyemezo cyo kubatirizwa mu Itorero ry’Abadivantiste b’Umunsi
wa Karindwi, ishami rya Remera.
Ati: “Nafashe umwanzuro wo kubatizwa muri 2016, ariko sinabyemeye kubera umutima
wanjye utari warababariye neza ibyo nari naranyuzemo. Nyuma y’urugendo rurerure
rw’imyaka 10, niga kubabarira nta buryarya, ni bwo Mwuka Wera yansanze muri uyu
mwaka wa 2026, ndabatizwa.”
Eliel
Sando yasobanuye ko gutuza kuva mu 2016 byatewe n’imirimo y’ingenzi yakoraga,
harimo irushanwa rya Miss Rwanda, aho yashakaga ko ryagenda neza, ariko
bikarangira habaye imbogamizi zimutera gutandukana naryo kugira ngo
atabangamira inshuti ze.
Yavuze
kandi ku bikomere byo mu mutima yagiye agira kubera ibyo abandi bamukoreye.
Uko imyaka
yagiye ishira, nagendaga nsobanukirwa ko kubabarira nyakuri atari amagambo
gusa, ahubwo ari icyemezo gifatwa n’umutima wose. Bisaba gusenga no gusaba
Imana kugufasha kubabarira nta buryarya. Hari benshi bababarira ku munwa gusa,
bigatuma batabohoka.”
Eliel
Sando yagaragaje ko kubabarira byamuhaye umugisha mu buryo butatu bukomeye
burimo kugira amahoro mu mutima.
Si
njye wabyishoboje, ni Imana yabinshoboje. Kubabarira ni intwaro nziza umuntu
agendana buri munsi. Nta mpamvu yo gutegereza ko umuntu agusaba imbabazi, kuko
kutababarira bishobora guteza amakimbirane.”
Ubundi
buryo avuga ni ukworoshya umutwaro w’ubuzima. Ati: “Byankijije umutwaro
wandemereye nari maze igihe ntazi. Inzika yari nk’umuzigo uremereye, ariko
kubabarira byanyeretse ubuzima bushya bwuzuye umudendezo.”
Uburyo
bwa Gatatu ni kwiygereza Imana. Avuga ati “Byanyegereje Imana kurushaho.
Natangiye kumva urukundo rwayo mu buzima bwanjye, kandi nanjye nakiriye
imbabazi zayo byuzuye, bituma nifuza gutangira ubuzima bushya n’umutima
uhembutse.”
Nyuma
y’uyu rugendo rw’imyaka 10 rwaranzwe n’ukuri no kwihangana, Eliel Sando yize
kubabarira by’ukuri, maze yumva yiteguye kubatizwa, nk’ikimenyetso cyo
gutangira ubuzima bushya, afite amahoro asesuye n’umutima wuzuye urukundo
n’ubwiyunge.

Nyuma
y’imyaka 10 y’urugendo, Eliel Sando yabatijwe, yakira Yesu nk’Umwami n’Umukiza

Kubabarira
nta buryarya: Eliel Sando asangiza ibyishimo byo gutangira ubuzima bushya

Urugendo
rurerure rw’imyaka 10 rwamuhaye amahoro asesuye n’umutima uhembutse


Umutima
wuzuye urukundo n’ubwiyunge – Eliel Sando yemeza agakiza ke mu mazi y’umubatizo
