Ibi
yabinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mata 2026,
aho yamenyesheje abakunzi be ko amatike yamaze kujya hanze.
Itike
isanzwe iri ku madolari 50, mu gihe abazayagura hakiri kare (early bird)
bazishyura amadorali 35, bikaba biteganyijwe ko abazitabira bazanyurwa
n’igitaramo cy’imbaturamugabo.
Ni
ku nshuro ya Kabiri, Israel Mbonyi agiye gutaramira mu Bwongereza, nyuma y’uko
yaherukaga kuhakorera ivugabutumwa rikomeye tariki 14 Nzeri 2024 mu Mujyi wa
London.
Icyo
gihe yari yatumiwe n’Umuyobozi w’Umuryango Women Foundation Ministries, Apôtre
Alice Mignonne Kabera, mu giterane cy’iminsi ibiri cyitabiriwe n’ibihumbi
by’abakristu, cyane cyane Abanyarwanda n’abandi baturutse mu Karere k’Afurika
y’Iburasirazuba batuye muri icyo gihugu.
Iyo
urebye igihe giheruka n’igihe azagarukira, bigaragaza ko hazaba hashize umwaka
umwe, amezi icyenda n’iminsi 13, bingana n’iminsi 650 yose kuva ku wa 14 Nzeri
2024 kugeza ku wa 27 Kamena 2026.
Ibi
byerekana ko nubwo atahagarutse gukora ivugabutumwa ku rwego mpuzamahanga, yari
amaze igihe kitari gito adataramira abakunzi be bo mu Bwongereza.
Igitaramo
cya Leeds kije gikurikira ibikorwa byinshi uyu muhanzi akomeje gukora hirya no
hino ku Isi, aho agenda ashyira imbaraga mu kugeza ubutumwa bwiza ku bantu
batandukanye.
Abakunzi
b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Bwongereza, by’umwihariko abatuye i
Leeds no mu mijyi iyegereye, bafite amatsiko menshi yo kongera kwakira Israel
Mbonyi, mu gitaramo giteganyijwe kuzaba kimwe mu bikomeye muri uyu mwaka wa
2026.
Umujyi wa Leeds aho Israel Mbonyi
azataramira ni umwe mu mijyi ikomeye cyane mu Bwongereza, ufite amateka, ubukungu
n’umuco bifite uburemere.
Leeds ibarizwa mu majyaruguru y’u
Bwongereza, mu gace ka West Yorkshire. Ni umwe mu mijyi ituwe cyane, kandi uza
mu myanya ya mbere mu bukungu nyuma ya London.
Uyu mujyi uzwiho kuba icyicaro cy’ibigo
byinshi by’imari, banki n’ubucuruzi. Ni umwe mu mijyi ifite urwego rukomeye mu
by’imari mu Bwongereza, ugakurikirwa na London.
Mu bihe by’Impinduramatwara y’inganda
(Industrial Revolution), Leeds yari izwi cyane mu nganda z’imyenda (textile
industry), cyane cyane iz’ipamba n’ubwoya.
Leeds ibamo za kaminuza zikomeye nka
University of Leeds, yakira abanyeshuri baturutse imihanda yose y’Isi. Ibi
bituma iba umujyi ugaragaramo urubyiruko rwinshi n’umuco ugezweho.
Leeds izwiho ubuzima bw’ijoro, ibitaramo,
ndetse n’imikino. Ifite amakipe akomeye nka Leeds United ikina muri ruhago y’u
Bwongereza.
Uretse Abongereza, Leeds ituwe n’abantu
baturutse mu bihugu byinshi, harimo n’Abanyafurika ndetse n’Abanyarwanda,
bigatuma iba umujyi ugaragaramo imico itandukanye.
Uyu mujyi ufite inzu ndangamurage, amasoko
manini, n’ahantu nyaburanga henshi nko ku masoko ya Leeds Kirkgate Market, imwe
mu masoko manini mu Burayi.
Muri rusange, Leeds ni umujyi ugezweho,
ufite amateka akomeye, ubukungu bwihagazeho n’umuco uhuza isi yose, ari na byo
bituma abahanzi bakomeye nka Israel Mbonyi bahitamo kujyayo gutaramira abakunzi
babo.

Israel Mbonyi yateguje igitaramo gikomeye
i Leeds mu Bwongereza, aho azataramira abakunzi be ku wa 27 Kamena 2026

Israel Mbonyi yateguje abakunzi be igitaramo gikomeye kizabera mu Mujyi wa Leeds ku wa 27 Kamena 2026, aho bazahurira mu ijoro ridasanzwe ryo kuramya no guhimbaza Imana

Israel Mbonyi yaherukaga gutaramira i Londres mu Bwongereza, tariki 14 Nzeri 2024
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO ISRAEL MBONYI AHERUTSE GUSHYIRA HANZE
