Ibi
bibaye nyuma y’igihe gito hasubitswe igitaramo gikomeye cyari guhuza The Ben na
Diamond Platnumz i Kampala, ibintu bikomeje kugira ingaruka ku bitaramo byari
byateganyijwe muri Uganda.
Christopher
yari yatumiwe mu gitaramo cyiswe “Code 250”, cyari giteganyijwe ku wa 2 Kamena
2026 muri Black Panther Kampala, kimwe mu bibuga bikunze kwakira ibitaramo
bikomeye muri iki gihugu.
Abinyujije
ku mbuga nkoranyambaga ze ku wa 31 Gicurasi 2026, Christopher yihanganishije
abafana be ndetse agaragaza ko gusubika iki gitaramo bitaturutse ku bushake bwe
cyangwa ubw’abateguye igitaramo, ahubwo byatewe n’impungenge zishingiye ku
buzima rusange bw’abaturage.
Mu
butumwa bwe, Christopher yavuze ko kubera icyorezo cya Ebola kiri muri Uganda,
hafashwe icyemezo cyo gusubika iki gitaramo hagamijwe kurengera ubuzima
bw’abafana, ubw’abagize itsinda rye ndetse n’ubw’abaturage muri rusange.
Yavuze
ko nubwo atari umwanzuro woroshye gufata, ubuzima n’umutekano by’abitabira
ibitaramo ari byo byashyizwe imbere. Yanashimiye abafana ku bw’inkunga
n’urukundo bakomeje kumugaragariza, asaba ko bakomeza kwihangana mu gihe hagitegerejwe
ko ibintu bisubira mu buryo.
Christopher
yijeje abakunzi be ko igihe bizaba byemejwe ko umutekano w’ubuzima rusange
wagarutse, hazatangazwa itariki nshya y’iki gitaramo kugira ngo bongere bahure.
Abateguye
igitaramo na bo batangaje ko icyemezo cyo kugisubika cyafashwe hubahirizwa
amabwiriza yatanzwe na Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda, agamije gukumira
ikwirakwira rya Ebola n’ingaruka zayo.
Uyu muhanzi uherutse gushyira hanze album ye yise “H2O”, yari yitezweho gutaramira bwa mbere muri iki gitaramo, mbere y’uko gisubikwa kubera izi mpamvu z’ubuzima rusange.

Christopher
yatangaje ko yasubutse urugendo rw’igitaramo cye muri Uganda kubera Ebola
