Nyuma ya Meddy, Yesu yigaruriye umutima wa Jay Rwanda - VIDEO

Imyidagaduro - 13/06/2023 4:43 PM
Share:
Nyuma ya Meddy, Yesu yigaruriye umutima wa Jay Rwanda - VIDEO

Umwerekanamideri wabigize umwuga ,Jay Rwanda wegukanye ikamba rya Rudasumbwa w’Afurika [Mister Africa 2017] yemeje ko yakiriye agakiza byeruye ndetse ko yahindutse mushya agatangira gukorera Imana.

Jay Rwanda usigaye atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yakiriye agakiza byeruye, nyuma yuko Imana imwiyeretse akemera guhindukira agatekereza ku hazaza he.

Mu mashusho y’iminota isaga irindwi yatambukije kuri Instagram,uyu musore yavuze ko Imana yamwiyeretse ubwo yari mu ndege, imiyaga ikomeye kandi iteye ubwoba igahuha cyane ishaka kuyihanura ariko Rurema agakinga akaboko.

Uyu musore wabanje gusengera abakurikiye ubwo buhamya, yavuze ko iyi miyaga yamuteye ubwoba cyane kuko bwari ubwa mbere abonye aho indege yenda guhanuka, abayirimo bagashya ubwoba bamwe bagatangira gusenga bavuga ko ariyo mahirwe ya nyuma babonye yo kwihana ngo babone uko bazakirwa mu bwami bw’Imana.

Yagize ati " Nagize urugendo mu Ndege ijya i Puerto Rico, mfiteyo mubyara wanjye wari ufite ubukwe.  Ni naho ndi kubarizwa ubu nonaha, Imana ishimwe ko nagereyeho ku gihe. Iyi ndege yavaga muri Phoenix, Arizona twerekeza muri Puerto Rico urugendo rwa mbere rwatinze tubanza guhagarara Orlando muri San Juan."

Akomeza agira ati " Twaje kongera gusubukura urugendo nka nyuma y’isaha cyangwa abiri, bwari bwije cyane nka saa cyenda z’ijoro [03:00 AM] nari nicaye mu mwanya wegereye idirishya, mbona imiyaga myinshi iremereye itangiye gukubita indege ku buryo wumva ubuzima bugiye kurangira."

Uyu musore wamamaye mu mwuga wo kumurika imideri yavuze ko we n’abari mu ndege bose bagize ubwoba bwinshi, batangira gusenga babona imiryango y’Ubwiherero ikubita hirya no hino batekereza ko ubuzima bugiye kubarangiriraho.

Ati " Buri wese yagize ubwoba, nanjye ubwanjye ndabugira. Nk’umuntu ikintu cya mbere gihita kikuzamo ni kwikanga uti Mana. Bamwe bahise batangira gusenga byari bikomeye cyane, twabonaga imiryango y’Ubwiherero ikubita hirya no hino hari umutu wari uvuyemo kubera imiyaga arizunguza cyane."

Yakomeje agira ati " Naravuze nti Mana yanjye ni ubwa mbere mbonye ibi bintu, najyaga nifashisha indege ariko bwari ubwa mbere mbonye ibintu nk’ibyo. Indirimbo yitwa ‘Promises’ [Amasezerano] niyo yari iri mu mutima wanjye. Navuga ko Imana yangerageje."

Jay Rwanda yakomeje avuga ko yahugiye mu gutekereza ku mperuka ye, n’ibyo yabazwa mu gihe Isi yaba irangiye ko atigeze atekereza ku mafaranga atunze muri konti za banki, kuzamurwa mu ntera mu kazi n’ibindi abantu bafatira umwanya.

Jay watangaje ko yitegura ubukwe mu gihe cya vuba, yasoje avuga ko yasibye Amafoto aherekejwe n’ubutumwa [Posts] arenga 300 kuri Instagram asigaye umunani aherekejwe n’ubutumwa bwo gushisikariza abamukurikira gukunda no gukorera Imana.

Nyuma yo gutanga ubu buhamya abarimo Ngabo Medard wamamaye nka Meddy na Patient Bizimana babwiye uyu musore ko ahawe ikaze mu muryango mugari w’abayikorera ndetse bamwizeza ko bazakomeza gufatanya uyu murimo wo kubwiriza ubutumwa bwiza.

Meddy anyuze ahatangirwa ibitekerezo ku rubuga rwa Jay Rwanda yagize ati " Ubu buhamya bunkoze ku mutima, ndi kubona ubuhangange muri wowe kubw’ubwami." Naho Patient Bizimana amusabira umugisha kubw’ubuhamya yatanze.

Nyuma yo gutanga ubu buhamya Jay Rwanda yashyize hanze amashusho agaragaza igihe yari atwaye ikamyo nini ikora impanuka, imukomeretsa ku matwi ava amaraso menshi ariko ntiyataza ubuzima. Yagize ati “Hari impamvu zirenga miliyoni zo gushima Imana."

Jay Rwanda yakiriye agakiza nyuma ya Meddy uherutse gufata gahunda yo guhindura umuziki yakoraga w’urukundo yari amazemo imyaka irenga 13 atangira gukora uhimbaza Imana, ingingo itaravuzweho rumwe ku mbuga nkoranyambaga kugeza ubu.



Jay Rwanda wegukanye ikamba rya Rudasumbwa w’Afurika 2017 yakiriye agakiza atangaza ko Imana yamwiyeretse agahitamo kuyikorera

Jay Rwanda ni umwe mu berekamideri bakomeye Umugabane w’Afurika ufite nubwo bitazwi niba azakomeza uyu mwuga nyuma yo kwakira agakiza

Kanda hano urebe amashusho y’ubuhamya bwa Jay Rwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...