Nyuma ya John Legend; ‘Move Afrika’ igiye kongera kubera i Kigali

Imyidagaduro - 30/10/2025 8:57 AM
Share:

Umwanditsi:

Nyuma ya John Legend;  ‘Move Afrika’ igiye kongera kubera i Kigali

Nyuma y’igitaramo cyasize amateka cyaririmbyemo umuhanzi w’icyamamare ku isi, John Legend, igikorwa cya Move Afrika kigiye kongera kubera i Kigali mu 2026 nk’uko byatangajwe n’umuryango mpuzamahanga Global Citizen, utegura ibi bitaramo bigamije guhuriza hamwe umuziki, ubumwe n’imbaraga z’ubuhanzi bwa Afurika.

Uyu muryango, umaze kumenyekana mu bikorwa byo guteza imbere impinduka binyuze mu bukangurambaga n’imyidagaduro, uvuga ko intego ya Move Afrika atari ukwereka abantu ibirori gusa, ahubwo ari uguhindura uburyo imyidagaduro ifasha iterambere ry’uyu mugabane.

Mu gihe isi iri mu gihe cy’isesengura rihoraho ry’uko urubyiruko rushobora kugira uruhare mu guhindura ibibera muri sosiyete, Global Citizen yasanze igisubizo ari kimwe: “Kugera aho urubyiruko ruherereye binyuze mu muziki n’imyidagaduro.”

Kuva Move Afrika yatangizwa, intego yayo ni uguhindura ibitaramo bibera muri Afurika ibyubaka ubukungu, bikagira uruhare mu guhanga imirimo, guteza imbere ibikorwaremezo, no guteza imbere impano z’urubyiruko.

Iphie Chuks-Adizue, ushinzwe ibikorwa bya Global Citizen muri Afurika, yabwiye The New Times, ko u Rwanda ruri mu mutima w’iyi gahunda.

Ati “Icyo dushaka si ugutegura igitaramo gusa, ahubwo ni ugushyiraho urusobe rw’abahanga n’ibikoresho bifasha ibi bitaramo gukomeza kubaho igihe kinini nyuma y’uko indirimbo ya nyuma isojwe.”

Akomeza avuga ko igitaramo cya Move Afrika kizabera i Kigali mu mezi ya mbere ya 2026. Ati “Iyo urebye uko byagenze mu myaka ibiri ishize, twishimira ko tuzagaruka i Kigali mu mezi ya mbere ya 2026."

Yungamo ati “Tuzazana umuhanzi mpuzamahanga uzaririmba hamwe n’umuhanzi wo mu Rwanda nk’uko bisanzwe. Kuko intego yacu ni gushyira hamwe impano zacu n’iz’isi yose. Ariko Move Afrika ntigamije gukurura abantu gusa kubera abahanzi b’ibyamamare. Ni gahunda igamije kwagura ubunyamwuga mu rwego rw’imyidagaduro."

Atangaje ibi, mu gihe ku wa 22 Gashyantare 2025, John Legend yaririmbye mu gitaramo cya ‘Move Afrika’ cyabereye muri BK Arena, asigira ibyishimo byinshi.

Yavuze ko ku nshuro ya mbere Move Afrika ibera i Kigali, 75% by’abakozi bari Abanyarwanda, ku nshuro ya kabiri bageze kuri 90%. Ashimangira agira ati “Intego yacu ni ukugeraho byose bikorwa n’Abanyarwanda ijana ku ijana.”

Uhereye kuri gahunda yo kwagura Move Afrika mu mijyi itanu ya Afurika mbere ya 2028, Global Citizen iri gushyira imbere mu kubaka ubushobozi, ubuhanga n’inyungu z’igihe kirekire.

Mu 2023, ibi bitaramo bya ‘Move Afrika’ byaririmbyemo umuraperi w’umunyamerika Kendrick Lamar. Icyo gihe mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko ibitaramo bya Move Afrika mu Kuboza 2023 byasize urwibutso rudasaza, bishimangirwa n’igitaramo umuraperi ukomeye ku Isi, Kendrick Lamar yakoreye i Kigali mu Rwanda ku bufatanye na Global Citizen.

Umukuru w’Igihugu, yavuze ko Kendrick Lamar yisunze ubuhanga bwe n’umuziki yasigiye abanya-Kigali n’abandi ibyishimo by’urwibutso.

Yanashimye Kendrick Lamar ku bwo kwifatanya n’abahanzi barimo Zuchu, Bruce Melodie, DJ Toxxyk, Sherrie Silver, Ariel Wayz, Kivumbi King ndetse na Bruce The 1st.

Move Afrika ni umushinga ugizwe n’ubukangurambaga buyobowe n'abaturage bugamije gukangurira abayobozi gufata ingamba ku bibazo bikomeye bikigaragara ku Mugabane wa Afurika. Bimwe mu bibazo by'ingenzi birimo:

Kongera inkunga mu kigega cyita ku buzima, hibandwa cyane cyane ku bagore n’abakobwa, gukemura ikibazo cyo kwangiza ibidukikije n'ingaruka zabyo ku kwihaza mu biribwa, gukemura ikibazo cyo kutabona amahirwe y'ubukungu ku bisekuruza bizaza no gushishikariza abaturage kugira uruhare mu bibakorerwa.

Move Africa yubakiye ku bukangurambaga n’ibikorwa bya Global Citizen byayibanjirije ku Mugabane wa Afurika birimo: Global Citizen: Mandela 100, yazanye Beyoncé, Jay-Z, Ed Sheeran, Usher, Eddie Vedder na Chris Martin wo muri Coldplay i Johannesburg, Afurika y'Epfo mu 2018; Global Citizen Live: Lagos yagaragayemo Davido, Femi Kuti, na Tiwa Savage muri Fela Kuti’s New Africa Shrine mu 2021 n'Iserukiramuco Global Citizen Festival: Accra, ryazanye Usher, SZA, Stormzy, na Tems muri Black Star Square mu 2022.


Move Afrika 2026 izongera guhuza umuhanzi mpuzamahanga n’umuhanzi nyarwanda. Intego: kugaragaza impano z’u Rwanda ku ruhando rw’isi


John Legend yafatanyije na Global Citizen mu bikorwa bigamije iterambere rirambye, ubwo yataramiraga i Kigali muri Gashyantare 2025


Kuva ku ndirimbo z’urukundo kugeza ku bukangurambaga. John Legend ahora yibutsa ko impinduka itangirira mu ndirimbo

Kendrick Lamar i Kigali; umuraperi w’umunyabigwi mu isi y’umuziki yanditse amateka mu gitaramo cya Move Afrika cyabaye mu Ukuboza 2023

JOHN LEGEND YANDITSE AMATEKA ATAZIBAGIRANA MU GITARAMO YAKOREYE I KIGALI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...