Nyuma ya Australia, u Rwanda ruri gusuzuma itegeko rikumira abana gukoresha imbuga nkoranyambaga

Imyidagaduro - 29/04/2026 11:09 AM
Share:

Umwanditsi:

Nyuma ya Australia, u Rwanda ruri gusuzuma itegeko rikumira abana gukoresha imbuga nkoranyambaga

Guverinoma y’u Rwanda iri mu rugendo rwo gutegura itegeko rizabuza abana bari munsi y’imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga, mu rwego rwo kubarinda ingaruka zituruka ku ikoreshwa nabi ry’ikoranabuhanga.

Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, mu kiganiro ‘Waramutse Rwanda’ cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Mata 2026. Ni ikiganiro cyanitabiriwe na Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, cyibanze ku buryo ikoranabuhanga rikoreshwa mu burezi n’uko ryakumira ibibazo ribyara ku bana.

Minisitiri Ingabire yasobanuye ko iri tegeko riri gutegurwa rishingiye ku bushakashatsi bwakozwe, bugaragaza ko hari impungenge zikomeye ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga n’abana, cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Yagize ati: "Hari ubushakatsi twakoze twibaza ni gute twakifashisha ikorananabuhanga mu burezi kugirango rizamure ireme ry'uburezi ariko noneho rinafashe n'abarimu kugirango babashe gukurikirana abanyeshuri mu ishuri, ariko ibyo nabyo tukagenda tubihuza na za mpungenge zihora zo kuvuga ngo ese ibitero byifashisha ikoranabuhanga kandi bigenda bisa n'aho biganisha kuyobya abana tubyifatamo gute?

“Ari naho twashyizeho Politiki 'Child Online Protection" irebera hamwe ni gute twashyiraho ingamba zifasha umwana igihe arimo kwifashisha ikoranabuhanga yaba ari mu myigire cyangwa mu buzima bwa buri munsi, aho rero byasabye ko dufatanyije na Minisiteri y'Uburezi n'izindi nzego gukora inyigo, tugakora ubushakashatsi ngo turebere hamwe ese ikoranabuhanga rirafasha gute umwana mu ishuri? [....]"

Yakomeje avuga ko muri uru rwego hashyizweho politiki ya “Child Online Protection”, igamije kurinda umwana igihe ari gukoresha ikoranabuhanga, yaba mu myigire cyangwa mu buzima bwa buri munsi.

Minisitiri Ingabire yagaragaje ko kuri ubu u Rwanda ruri mu cyiciro cyo gutegura iri tegeko, rizashyiraho umurongo uhamye wo kubuza abana bato kugera ku mbuga nkoranyambaga.

Ati: "Kimwe mu bintu turi kureberaho ngirango mwabonye ko twatangiye indangamuntu koranabuhanga biri muri bimwe mu bintu bizadufasha kugirango ibyo bishoboke. Uyu munsi umuntu yabonaga irangamuntu ufite imyaka 16 kuzamura, ni ukuvuga ngo nidushyiraho indangamuntu koranabuhanga, ni ukuvuga ko kugirango igihe ugiye kujya ku mbuga nkoranyambaga uzajya usabwa ibikuranga, rero iriya 'Digital ID' izadufasha kugirango kubuza abana gukoresha imbuga nkoranyambaga bishoboke."

Yasobanuye ko iyi ngandamuntu koranabuhanga izafasha kumenya imyaka nyakuri y’uyikoresha, bityo bikorohereze inzego zibishinzwe gukumira abana bato kwinjira kuri izi mbuga.

Minisitiri Ingabire yanagaragaje ko imibare ihari iteye impungenge, kuko hafi 46% by’abana bakoresha telefoni mu gukoresha ikoranabuhanga, mu gihe hagati ya 30% na 35% bagaragaje ko bahura n’ibibahungabanya igihe bari kuri internet.

Ati: “Ariko ubu, turi mu nkigo y’iryo tegeko kugirango rikorwe, no gukangurira abantu impamvu biri ngombwa, kandi ndizera ko buri mubyeyi wese agomba kubyishimira, kuko ari ibintu bibafasha kugirango turinde abana bacu muri iyi si y’ikoranabuhanga [….]

U Rwanda si rwo rwonyine ruri gufata ingamba nk’izi, kuko muri Mutarama 2026, Australia nayo yafashe icyemezo gikomeye cyo kubuza abana bari munsi y’imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga.

Icyo gihugu cyahagaritse ikoreshwa ry’imbuga zirimo TikTok, Facebook, Instagram na YouTube, ndetse n’izindi nka Snapchat, Threads, X na Reddit, hagamijwe kurinda ubuzima bwo mu mutwe n’imyitwarire y’abana.

Ubushakashatsi bwakozwe mu 2025 muri Australia bwerekanye ko 96% by’abana bafite hagati y’imyaka 10 na 15 bakoreshaga imbuga nkoranyambaga, aho abagera kuri 70% bahuraga n’ibibahungabanya cyangwa bikabangamira ubuzima bwabo.

Izi ngamba zose zigaragaza ko ibihugu byinshi biri kurushaho gushyira imbaraga mu kurinda abana ingaruka mbi z’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, cyane cyane izikomoka ku mbuga nkoranyambaga.

Mu Rwanda, biteganyijwe ko iri tegeko nirimara gutegurwa no kwemezwa, rizafasha mu gushyiraho uburyo bunoze bwo kurinda abana, mu gihe ikoranabuhanga rikomeje gufata umwanya munini mu mibereho ya buri munsi.

 

Minisitiri Paula Ingabire yavuze ko hateganywa kwifashisha indangamuntu koranabuhanga mu kugenzura imyaka y’abifuza gukoresha imbuga nkoranyambaga


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...