Nyuma ya Afro Gako yateje rwaserera, Laser Beat yahanze injyana nshya yise ‘Impirwa’

Imyidagaduro - 29/09/2025 4:57 PM
Share:

Umwanditsi:

Nyuma ya Afro Gako yateje rwaserera, Laser Beat yahanze injyana nshya yise ‘Impirwa’

Umuhanzi akaba na Producer Laser Beat yatangaje ko yahanze injyana nshya yise ‘Impirwa’, agamije gutanga umusanzu we ku muziki nyarwanda no gushyira imbere umwimerere w’umuco w’u Rwanda. Ni nyuma ya ‘Afro Gako’ yateje rwaserera bitewe n’uko hagati ya Noopja na Element, buri umwe yakomeje kuvuga ko ari iye.

Bamwe mu bisanzuye cyane mu muziki bumvikanye mu bihe bitandukanye, bavuga ko bihagije kuba umuziki w’u Rwanda wacuruza ku isoko, bidasabye ko abantu babiri bahanganira injyana, ahubwo buri wese icyo akora akaba ari cyo cyisanga ku isoko ry’umuziki.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Laser Beat yavuze ko iyi njyana yavukiye ku gitekerezo cyo gukorera umuziki w’u Rwanda umwimerere, aho yasanze imiziki myinshi ikorwa mu gihugu itagaragaza neza 'umuco wacu'.

Ati: "Igitekerezo cyavuye ku kuba narabonaga imiziki myinshi ikorwa mu Rwanda itagaragaza umuco wacu. Nubwo hari imiziki y’imitirano, nafuzaga gukora umuziki uhuje n’umuco wacu wa kinyarwanda, kugira ngo abantu bashobore kumva neza ‘Impirwa’.”

Laser Beat yakomeje avuga ko intego ye ari ukugaragaza ko umuziki w’u Rwanda ushobora kuba mpuzamahanga kandi ufite umwimerere.

Yongeyeho ati: "Buri wese yumve ko ari ikintu gishya kandi gifite inkomoko mu Rwanda. Nizeye ko iyi njyana izafasha kumenyakanisha igihugu cyacu ku rwego mpuzamahanga. Nkora imiziki mu njyana zimenyerewe ariko nkayihuza n’umudiho n’ibicurangisho bya kinyarwanda, bityo injyana yanjye ikaba ivuguruye kandi ifite umwimerere,"

Uyu musore yavuze ko iyi njyana ye yahanze yitwa ‘Impirwa’ igizwe n’ibicurangisho bitandukanye bya gakondo nyarwanda, yahuje n’ibicurangisho bisanzwe mu muziki muri rusange. Ati: “Muri rusange kuyita ‘Impirwa’ byaturutse kuri njye. Impirwa humvikanamo izina ryanjye ‘Hirwa’ hakaba harimo na ‘Rwa’ ihagarariye u Rwanda.”

Laser Beat yatangaje ibi mu gihe yanasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Ubumenyi’, yakoranye na Z’bra Rwabugiri na Candymoon Supplier, igaragaza uburyo ‘Impirwa’ ishobora guhuza umuziki w’icyo gihe n’umwimerere w’umuco nyarwanda.

Mu myaka yashize, umuziki w’u Rwanda wagiye utera imbere bitewe n’aba Producer bagiye bahanga injyana nshya, bahuriza hamwe umwimerere w’umuco n’imyidagaduro igezweho. Ibi byatumye umuziki nyarwanda ugaragara ku rwego mpuzamahanga kandi ukagira umwihariko wacyo.

Abanyamuziki batangiye guhanga indirimbo zifite inkomoko mu Rwanda, bigatuma umuziki w’u Rwanda ugaragaza umuco n’uburanga bw’igihugu. Ibi byatumye abanyarwanda n’abanyamahanga bashobora kumva indirimbo zifite ikiranga umuco nyarwanda, bituma umuziki nyarwanda utandukana n’uw’ahandi.

Benshi mu ba Producer bakomeje kuvanga injyana zigezweho nka Afrobeat, R&B, Hip-hop, Afro-fusion n’izindi n’ibicurangisho bya gakondo nyarwanda. Ibi byatumye indirimbo zishobora gukundwa n’abasore n’abakobwa bakurikirana imiziki mpuzamahanga, ariko zikomeza kuba zifite ikirango umuco w’u Rwanda.

Injyana nshya nazo zatumye abahanzi basohora indirimbo zidasanzwe, bakurura abafana benshi kandi bagakurikirwa ku mbuga nkoranyambaga no mu bitaramo. Ibi byongera isoko ry’umuziki wabo ndetse bikazamura n’amahirwe yo gukorana n’abandi banyamuziki bo mu mahanga.

Producer Laser Beat yavuze ko mu njyana yitwa ‘Impirwa’ yahanze humvikanamo inanga, ndetse n’ibindi bikoresho gakondo byahuje n’ibindi bicurangisho by’umuziki

Laser Beat yavuze ko yahanze iyi njyana mu rwego rwo gushyira itafari rye ku rugendo rw'umuziki w'u Rwanda

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO NSHYA YA PRODUCER LASER BEAT YUMVIKANAMO IYI NJYANA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...