Nyirinkindi yahishuye uburyo Kitoko yatumye afata icyemezo cyo kwinjira mu muziki –VIDEO

Imyidagaduro - 25/09/2025 4:58 PM
Share:

Umwanditsi:

Nyirinkindi yahishuye uburyo Kitoko yatumye afata icyemezo cyo kwinjira mu muziki –VIDEO

Umuhanzi w’injyana gakondo Nyirinkindi Ignace yatangaje ko icyemezo cyo kwinjira mu muziki yagishingiye ku rugero yahabwaga na Kitoko Bibarwa Patrick, nubwo badakora injyana zimwe. Avuga ko yahisemo gukomereza ku bihangano byubakiye ku muco nyarwanda kugira ngo abikomeze nk’umurage w’igihugu.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Nyirinkindi yavuze ko yatangiye umuziki mu buryo bweruye mu 2017, aho yiyeguriye injyana gakondo, atangira no kuririmba mu bukwe, mu birori bitandukanye ndetse no mu bitaramo.

Uyu muhanzi yamenyekanye cyane mu ndirimbo “Mwarakoze Inkotanyi” na “Mutore cyane”, zakunzwe mu bikorwa by’amatora y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ibindi bikorwa bijyanye n’umuryango FPR Inkotanyi.

Nyirinkindi avuga ko Kitoko ari we watumye atekereza kuba umuhanzi, nubwo atakurikije injyana we asanzwe akora. Ati “Igitangaje ni uko igihe nafataga icyemezo cyo gukora umuziki, sinarebye ku bahanzi ba gakondo. Nakundaga cyane ijwi rya Kitoko Bibarwa, nkamukunda, nkamwumva, kandi nakuze ari we mfatiraho urugero. Bigeze igihe ndavuga nti: reka mpaharire Kitoko, nanjye nze iwacu mu muziki wa gakondo.”

Akomeza avuga ko gakondo ari yo yamuhisemo, kuko akiri ku ntebe y’ishuri yakundaga guhanga ibihangano bifite imizi mu muco nyarwanda. Ati “Narebye ahantu nzisanga cyane, nsanga ndi mu muco nyarwanda. Byajyanye n’ijwi n’umuhogo wo kuririmba, bituma nisanga muri gakondo.”

Nyirinkindi yemeza ko gakondo ari injyana ifite agaciro gakomeye, kandi ishobora gutunga uyikora nk’izindi, ariko idashyira imbere izina cyangwa ibihe by’akanya gato.

Ati “Gakondo nayo itanga amafaranga, ariko ntabwo uyikora kugira ngo wumve ko uri gutwika. Iyo uri mu gakondo, uba hagati – uri umunyarwanda ufite indangagaciro, kandi ugomba kubikora neza.”

Uyu muhanzi yavuze ko ari we wa mbere mu muryango we winjiye mu muziki, ndetse kuva afite imyaka icyenda y’amavuko yari asanzwe akunda guhanga ibihangano.

Nyirinkindi si izina rishya mu muziki nyarwanda. Yamenyekanye cyane mu ndirimbo “Nkugabiye urukundo”, ariko by’umwihariko azirikanwa cyane ku ndirimbo “Mutore cyane”, yahimbiye Perezida Paul Kagame mu matora yo mu 2017.

Avuga ko yahisemo gukomeza inzira yo kuririmba ibihangano byubakiye ku rukundo, ubwitange n’indangagaciro za Kinyarwanda, kuko ari umurage atekereza ko ugomba gusigirwa u Rwanda.

Nyirinkindi yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kwinjira mu muziki arebeye ku bikorwa bya Kitoko 


Nyirinkindi yavuze ko mu muryango w’iwabo bakundaga gutarama, ibyatumye yarahisemo gukora umuziki gakondo

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA NYIRINKINDI

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NAMWITA INKOTANYI' YA NYINKIRINDI


VIDEO: Dox Visual - InyaRwanda.com


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...