Nyirinkindi wamenyekanye mu ndirimbo "Mwarakoze Inkotanyi" yatangiye 2021 agenera abamukunda indirimbo nshya

Imyidagaduro - 06/01/2021 3:39 PM
Share:

Umwanditsi:

Nyirinkindi wamenyekanye mu ndirimbo "Mwarakoze Inkotanyi" yatangiye 2021 agenera abamukunda indirimbo nshya

Nyirinkindi asanzwe akora umuziki wo mu njyana ya Gakondo ishingiye ku muco nyarwanda, yamamaye mu ndirimbo 'Mwarakoze inkotanyi'. Yatangiye umwaka wa 2021 aha abakunda umuziki w’umwimerere indirimbo yitwa 'Urunyenyeri'.

Uyu muhanzi muri Gakondo asanga u Rwanda rukwiriye kugira umuziki w’umwihariko. Mu kiganiro kihariye yagiranye na Inyarwanda.com yasobanuye ko 'Urunyenyeri' bisobanuye ikintu giteye amabengeza cyangwa se mu yandi magambo ari ushobora kureba ugakererwa (Urukerereza abagenzi). 

Ni indirimbo avuga ko yifuza ko yashimisha abantu bose bakunda umuziki nyarwanda. Ati: "Muri iyi ndirimbo harimo ibirango by’umuco nyarwanda, abakobwa babyina ndetse n’abana basobanura ko dukwiriye kuraga abakiri bato umuco wa Kanyarwanda’’.

Indirimbo urunyenyeri yayishyize hanze ku ya 6/1/2021. Iri kuri shene ye ya YouTube yitwa Nyirinkindi Gisa aho munsi yayo yagize ati: "Turi ingemwe z'umuco tubonye ifumbire nziza twagaba amashami".

Ni indirimbo Nyirinkindi agaragaramo yambaye imyenda yo hambere n'ubundi y’inkanda. Igaragaramo abakobwa bakiri bato bambaye bikwije babyina imbyino za Kinyarwanda ndetse harimo amwe mu matungo yarasanzwe yororwa n’abanyarwanda na nubu akiri mu biranga umuco nyarwanda.

Aririmba ati: "Ca mu nzira nce mu byatsi ngutange kwirahira uwampaye inka’’. Arakomeza ati:’’Ndindira tujyane kuko uri umugenzi, ndakugurira agashene kanditseho je t’aime, kuko ndagukunda, maso y’inyenyeri " akikiriza ati 'Uraho urunyenyeri wari wambaye’’.

Akomeza aririmba ko arata u Rwanda rwe rwamwibarutse, akarata inyana y’imbungiramihigo.

Nyirikindi avuga ko ari muri gakondo itavangiye. Ati:’’Iyo ngerageje gukora izindi njyana birangora’’. Usibye kuririmba asanzwe anavuga insigamugani. Urugero kuri shene ye hariho aho aba asobanura’’ Yaje nk’iyagatera’’. 

Usibye iyi ndirimbo nshya yasohoye kandi azwi mu ndirimbo 'Mwarakoze Inkotanyi' akunda no kuririmba ahantu haba hateraniye urubyiruko nka Youth Connekt n'ahandi batandukanye. Yakoze Tega ikiganza, Umurage, Nkugabiye urukundo, na Wirira yo mu 2016.

   Reba indirimbo Urunyenyeri

">

Indirimbo Mwarakoze Inkotanyi akunda kuririmba ahari abakomeye barimo na Perezida Paul Kagame

">

Reba Indirimbo Umurage

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...