Isezerano
ryabo ryabereye mu Murenge wa Remera ku wa 8 Mutarama 2026, mu gihe habura
iminsi micye ngo bakore ubukwe bwabo.
Impapuro
z’ubutumire (invitation) zigaragaza ko ubukwe buzaba ku tariki ya 1 Gashyantare
2026, aho gusaba no gukwa bizabera kuri Cyeza Park, i Rebero, naho gusezerana
imbere y’Imana bikazabera muri Paroisse Gikondo.
Nyirinkindi
yifashishije amagambo yo muri Zaburi 118:24, agira ati: “Nguyu umunsi uhoraho
yigeneye, nutubere umunsi w’ibirori n’ibyishimo.”
Mu
kiganiro na InyaRwanda, uyu muhanzi yavuze ko urukundo rwabo rwaranzwe no
kwizerana no kumvikana, maze aboneraho gushimira umukobwa we ku rukundo n’ubwitange
byagaragaje.
Ati: "Naramukunze byimazeyo, kandi nawe arankunda. Yambereye inshuti n’umukunzi
wo kunshyigikiriza. Ubu imyiteguro y’ubukwe igeze kure."
Nyirinkindi
si izina rishya mu muziki nyarwanda, cyane cyane mu njyana gakondo.
Yamenyekanye mu ndirimbo “Nkugabiye Urukundo”, ariko indirimbo ye “Mutore
cyane” niyo yamuhesheje izina rikomeye, aho yayihimbye mu gihe cy’amatora ya
Perezida Paul Kagame mu 2017.
Uyu muhanzi akomeje urugendo rwe rwo kwamamaza urukundo n’indangagaciro z’ubwitange mu bihangano bye, yizeza ko ibyo ari umurage azasiga u Rwanda no mu muziki gakondo.

Nyirinkindi na Umuhoza basezeraniye imbere y’amategeko mu Murenge wa Remera ku wa 8 Mutarama 2026, bitegura ubukwe bwabo buteganyijwe ku wa 1 Gashyantare

Umuhoza yahamije isezerano rye n'umukunzi we Nyirinkindi usanzwe ari n'umuhanzi mu njyana gakondo

Ubukwe
bwabo buzabera kuri Cyeza Park i Rebero, naho gusezerana imbere y’Imana bizabera
muri Paroisse ya Gikondo

Uyu
munsi w’isezerano ryabo wabaye mu buryo bwemewe n’amategeko, hibandwa ku
rukundo n’imikoranire yabo






Umunsi umwe, isezerano ry’ibihe byose. Inshuti, umuryango babashyigikiye ku munsi udasanzwe mu buzima bwabo





KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO 'NAMWITA INKOTANYI' YA NYIRINKINDI'
