Uyu
muhango w’ubukwe watangijwe no gusaba no gukwa wabereye kuri Cyeza Park i Rebero
mu Mujyi wa Kigali, aho imiryango yombi, uwa Mushimire Mathieu n’uwa Ngirimana
Bernardin, yagaragaje ibyishimo byo guhuza abana babo.
Umuhango
wo gusaba no gukwa wasusurukijwe n’abahanzi barimo Diane Ingabire, Jabo
uherutse gukorana indirimbo na Platini P, Layan Mpano n’abandi.
Nyuma
yaho, Nyirinkindi na Umuhoza basezeranye imbere y’Imana mu muhango wabereye muri Paruwasi Gatolika ya Gikondo.
Ubukwe
bwabo bwari bushingiye ku ijambo ry’Imana ryo muri Zaburi 118:24, rigira riti: “Nguyu umunsi Uhoraho yigeneye; nutubere umunsi w’ibirori n’ibyishimo”,
ryagaragajwe nk’ishingiro ry’uyu munsi w’amateka ku muryango w’abageni.
Nyirinkindi,
umaze igihe yubatse izina mu muziki gakondo w’u Rwanda, yashimiwe n’inshuti
n’abakunzi b’umuziki we bamwifurije we n’umugore we Umuhoza Raïssa urugo
ruhire, rukarangwa n’urukundo n’umugisha.
Ku
wa 8 Mutarama 2026, ni bwo Nyirinkindi Ignace na Umuhoza basezeranye imbere y’amategeko
ya Repubulika y’u Rwanda.
Nyirinkindi
si izina rishya mu muziki nyarwanda, cyane cyane mu njyana gakondo.
Yamenyekanye mu ndirimbo “Nkugabiye Urukundo”, ariko indirimbo ye “Mutore
cyane” niyo yamuhesheje izina rikomeye, aho yayihimbye mu gihe cy’amatora ya
Perezida mu mwaka wa 2017.
Uyu
muhanzi akomeje urugendo rwe rwo kwamamaza urukundo n’indangagaciro z’ubwitange
mu bihangano bye, yizeza ko ibyo ari umurage azasigira u Rwanda no mu muziki
gakondo.

Nyirinkindi
wamamaye muri “Mutore Cyane” na Umuhoza Raïssa ku munsi udasanzwe mu buzima
bwabo
Byari
ibyishimo i Rebero, ubwo imiryango ya Mushimire na Ngirimana yahuzaga abana
babo mu bukwe bwabaye amateka





Umunsi wa 1 Gashyantare 2026 wabaye uw’amateka kuri Nyirinkindi n’Umuhoza Raïssa batangiye ubuzima bw’abashakanye

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'NAMWITA INKOTANYI' Y'UMUHANZI NYIRINKINDI
