Nyina wa David Beckham yahuye bwa mbere na Lionel Messi ibyishimo biba byose

Imikino - 23/10/2025 9:59 AM
Share:

Umwanditsi:

Nyina wa David Beckham yahuye bwa mbere na Lionel Messi ibyishimo biba byose

Nyina w’umunyabigwi mu mupira w’amaguru David Beckham witwa Sandra Beckham yahuye bwa mbere na Lionel Messi ubwo yasuraga ikipe ya Inter Miami CF, ibyishimo biba byose kuri we.

David Beckham abinyujije ku mbuga nkoranyambaga niwe watangaje ko nyina yahuye na Messi. Mu mafoto yashyize hanze imwe bombi basuhuzanya naho indi bifotoza n’akanyamuneza mu maso.

Aya mafoto yayaherekeresheje amagambo agira ati: ”Iyo mama wawe ahuye na Lionel Messi bwa mbere”. Aba bombi bahuriye ku kibuga cy’imyitozo cy’ikipe ya Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

David Beckham, uretse kuba umwe mu bayobozi ba Inter Miami, akunze kugaragaza uburyo yishimira kubona umukinnyi nka Messi akinira ikipe ayobora, akamufata nk’icyubahiro gikomeye ku mupira w’i Miami n’Amerika muri rusange.

Lionel Messi w’imyaka 38 akinira Inter Miami kuva muri 2023 avuye muri Paris Saint-Germain akaba amaze kuyigeza kuri byinshi birimo kuyifasha gutwara igikombe cyayo cya mbere mu mateka kikaba ari icya Leagues Cup cya 2023.

Byari ibyishimo kuri nyina wa David Beckham nyuma yo guhura na Messi bwa mbere 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...