Nyampinga wa Uganda yasabwe gusubiza imitungo y’umugabo batandukanye

Imyidagaduro - 16/06/2026 7:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Nyampinga wa Uganda yasabwe gusubiza imitungo y’umugabo batandukanye

Stellah Nantumbwe wabaye Nyampinga wa Uganda 2013, yasabwe gusubiza ibintu bivugwa ko yatwaye by’uwari umugabo we nyuma y'uko urugo rwabo rusenyutse.

Ibi byatangajwe na Edith Nakalema, uyobora Ishami rishinzwe kurengera abashoramari muri Perezidansi ya Uganda (State House Investors Protection Unit), mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru.

Nakalema yavuze ko Nantumbwe yatandukanye n’uwari umugabo we, Bukenya Saidi, agasiga urugo rwabo atwaye bimwe mu bintu bye. Yamusabye kwisubiraho akagarura ibyo bivugwa ko yatwaye.

Yagize ati: “Nantumbwe, ndakwinginze. Imana yaguhaye umugisha ariko satani atuma utwara ibintu by’umugabo wawe. Ni wa mugabo wahisemo kandi ukamumenyesha ababyeyi bawe. Ahubwo wowe na Mama mwaje mutwara ibintu bye.”

Yakomeje amusaba kwihana no gusubiza ibyo bintu, avuga ko bidakwiye ko akomeza kubikoresha mu gihe uwo mugabo ari mu gahinda.

Ati: “Nsabye Imana ko wakwisubiraho. Ntuzishimira ibintu by’uwo mugabo mu gihe we ari aho arira. Ihane usubize ibintu bye.”

Stellah Nantumbwe na Bukenya Saidi basezeranye mu mwaka wa 2025, babanje gukora imihango gakondo y’ubukwe mbere yo gusezerana imbere y’amategeko.

Nyuma y’igihe gito, hatangiye kuvugwa amakuru y'uko aba bombi batandukanye, nubwo kugeza ubu nta n'umwe muri bo uratangaza ku mugaragaro impamvu zatumye urugo rwabo rusenyuka.

 

Edith Nakalema yihanangirije Stellah wabaye Miss Uganda nyuma yo gutandukana n’umugabo we, amusaba gusubiza imitungo ye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...