Nyampinga wa Uganda, Miss Uwase Vanessa na Luckman mu bakinnyi ba filime ‘Killer Music’

Imyidagaduro - 16/09/2025 10:40 AM
Share:

Umwanditsi:

Nyampinga wa Uganda, Miss Uwase Vanessa na Luckman mu bakinnyi ba filime ‘Killer Music’

Filime nshya yitwa ‘Killer Music’ yamuritswe ku mugaragaro ku Cyumweru tariki ya 14 Nzeri 2025 muri Kigali Century Cinema, mu muhango witabiriwe n’abantu batandukanye barimo abakinnyi b’imena, abahanzi, abanyamakuru ndetse n’ibyamamare byo mu bihugu bitandukanye muri Afurika y’Iburasirazuba.


Muri iyi filime, hagaragaramo amasura atandukanye asanzwe azwi cyane mu myidagaduro nyafurika ariko adakunda kugaragara muri sinema. Abo barimo Nyamatte Mariam, wabaye igisonga cya mbere cya Miss Uganda 2021/2023, Uwase Raissa Vanessa, wabaye igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2015, ndetse n’umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) Luckman Nzeyimana.

‘Killer Music’ yakozwe mu gihe cy’imyaka itatu, ikaba yarateguwe n’umuhanzi n’umwanditsi Murigande Jacques wamamaye nka Mighty Popo. Yatangaje ko byamuhenze cyane mu buryo bw’igihe n’ubushobozi, ariko intego ye yari ugutanga igihangano gifite umwihariko.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Mighty Popo yagize ati: “Biragoye kubona abakinnyi umuntu yifuza. Byadufashe umwaka wose tubahitamo, twatangiranye na bamwe ariko siko bose twarakomezanyije kuko hari abagiye bavamo. Si uko batari beza, ahubwo byose biterwa n’uko Director abona filime ikwiye kugenda. Njye nanditse filime, nandika n’umuziki wayo, bityo byasabye ubufatanye n’ubwumvikane kugira ngo tugere ku ntego twari twihaye.”

Uretse Nyamatte Mariam, Uwase Vanessa na Luckman Nzeyimana, iyi filime yagaragayemo n’abandi banyacyubahiro mu ruhando rw’imyidagaduro nka: Nkulikiyinka Charles wamamaye nka Umukonyine muri filime ‘Umuturanyi’, Kayitesi Yvonne ‘Tessy’, wahoze ari umunyamakuru wa Isango Star, ndetse na Jules Sentore, umuhanzi w’umuziki nyarwanda.

Jules Sentore agaragara mu gice cy’aho aririmbira umusore uba ugiye kwambika impeta umukunzi we, mu gihe Tessy agaragara nk’umunyamakuru usoma amakuru atangaza ko umukobwa w’umukire witwa Kamali agiye gukora ubukwe.

Na ho Luckman Nzeyimana afatanyije na Miss Vanessa bagaragara nk’abanyamakuru ba Televiziyo, aho bayobora ikiganiro cyakira abakobwa batsinze irushanwa ry’umuziki. Muri icyo kiganiro bagaruka ku rugendo rw’abo bakobwa ndetse n’imbogamizi bahuye na zo mu rugendo rwabo.

Iyi filime ntiyateye benshi amatsiko gusa kubera inkuru yayo, ahubwo yanatunguranye kubera uburyo yahuje abantu basanzwe bafite amazina akomeye mu muziki, mu marushanwa y’ubwiza n’itangazamakuru, noneho bakigaragaza mu ruhando rwa sinema.

Kuba abahanzi nka Jules Sentore, abanyamakuru nka Luckman ndetse na ba Nyampinga nka Uwase Vanessa na Nyamatte Mariam barifatanije n’abasanzwe bazwi muri sinema, byatumye iyi filime ibonwa nk’iyerekana imbaraga z’ubuhanzi bushobora guhuriza hamwe abantu batandukanye bakanyura abakunzi ba cinema n’ab’imyidagaduro muri rusange.

Nk’uko Mighty Popo yabigaragaje, Killer Music ifite intego yo gutanga ubutumwa bwerekana uburyo umuziki ushobora kuba igikoresho gikomeye mu buzima bw’abantu, ariko nanone ugashobora no kuba intandaro y’ibibazo bikomeye iyo ukoreshwa nabi. Ni ubutumwa bushishikariza urubyiruko guharanira impano zabo, kuyibyaza umusaruro ariko bakirinda kuyoborwa n’irari ryo kwihuta kugera ku bukire n’ubwamamare.

Abitabiriye imurikwa bagaragaje ko bishimiye uburyo filime yateguwe, abakinnyi bahuriyemo n’uburyo ubutumwa bwatanzwe bwumvikana neza. By’umwihariko, bamwe bagaragaje ko ari intambwe ikomeye ku ruganda rwa sinema nyarwanda ruri kugenda rutera imbere, rugafata umwanya warwo mu karere.


Nyamatte Mariam, igisonga cya mbere cya Miss Uganda 2021, agaragara muri filime Killer Music, aha yari i Kigali mu muhango wo kumurika iyi filime


Uwase Raissa Vanessa, igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2015, mu mwanya we muri filime nshya ya Mighty Popo 

Luckman Nzeyimana, umunyamakuru wa RBA, afatanya na Miss Vanessa mu gice cy’ikiganiro cya filime 

Jules Sentore aririmbira umusore uba witegura kwambikwa impeta mu gice cya filime Killer Music


Kayitesi Yvonne ‘Tessy’, umunyamakuru, agaragara mu gice cyo gusoma amakuru y’ubukwe bwa Kamali 

Nkulikiyinka Charles wamamaye nka ‘Umukonyine’ muri filime Umuturanyi, yigaragaza muri filime nshya 

Mighty Popo avuga ku buryo abakinnyi bashyizwe hamwe kugira ngo filime igende neza 

Jules Sentore yishimira uburyo yakiriwe mu Karere ka Karongi mu gihe yahakiniraga -Aha ni mu gace agaragaramo aririmba


Nyamatte Mariam afatanya n’abandi bakinnyi mu mwanya wabo muri filime 

Uwase Vanessa ari mu mwanya we werekana urugendo rw’abakobwa mu muziki; aha agaragara ari umunyamakuru abaza abatumiwe


Luckman Nzeyimana akorana na Miss Vanessa mu kiganiro cy’abakobwa batsinze irushanwa


Mighty Popo avuga ko filime ye igaragaza ubuzima bw’abanyamuziki n’imbogamizi bahura nazo 

Tessy agaragara mu gice cy’itangazamakuru muri filime, asoma amakuru y’ubukwe 

Nkulikiyinka Charles yerekana ubuhanga bwe mu gice cya filime cy’umwimerere


Twahirwa Aimable wabaye umukemurampaka mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Stars n'umuyobozi mu nzego zinyuranye, ari mu bitabiriye kumurika filime ya Mighty Popo


Mighty Popo yifatanya n’abakinnyi mu kwerekana inkuru ifite ubutumwa bw’ingenzi

KANDA HANO UREBE INTEGUZA Y'IYI FILIME 'KILLER MUSIC'

KANDA HANO UREBE MIGHTY POPO AVUGA UKO YAHISEMO ABAKINNYI MURI FILIME 'KILLER MUSIC'


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...