Amakuru
yizewe InyaRwanda yamenye ni uko Nyambo yambitswe impeta y’urukundo (Fiançailles)
mu birori byabaye mu ibanga, byitabirwa n’umubare muto w’abantu ba hafi cyane
b’umuryango n’inshuti z’umusore.
Uwiragiye
Richard, witegura kubana na Nyambo, amaze igihe kinini atuye muri Australia,
ari na ho asanzwe akorera ibikorwa bye.
Mu
minsi ishize yagarutse mu Rwanda mu ibanga kugira ngo ategure uyu muhango
udasanzwe, ndetse na Nyambo ubwe ntiyari azi ko ari mu gihugu.
Amakuru
InyaRwanda yamenye avuga ko Nyambo yari yabwiwe ko agiye kwitabira ibirori
by’isabukuru y’umuhanzikazi Bwiza, nyamara agezeyo asanga ateguriwe ikindi
gitunguranye.
Mu
mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, Richard agaragara aca bugufi
imbere y’umukunzi we mbere yo kumwambika impeta, ibintu byakurikiwe n’ibyishimo
by’abari bitabiriye uwo muhango.
Nyambo
yemeje aya makuru mu kiganiro yagiranye na Chita Magic, avuga ko ubu ari
umugeni w’uwamwambitse impeta, ndetse ko ari kimwe mu bihe byiza yagize mu
buzima bwe.
Yagize
ati: "Ubu ngubu ndi 'Fiancée' w'umuntu. Nta kintu cyiza nko kuba 'Fiancée'
w'umuntu ukunda, wujuje ibintu wasengeye ku mugabo."
Yavuze
kandi ko ijoro yambikiwemo impeta ryamusigiye amateka adasanzwe.
InyaRwanda
yamenye kandi ko mu cyumweru gitaha Nyambo na Richard bazasezerana imbere
y’amategeko, indi ntambwe ikomeye izabanza mbere yo gukora ubukwe.
Nubwo
ataratangaza igihe ubukwe buzabera, Nyambo yavuze ko imyiteguro yamaze
gutangira nyuma yo kwambikwa impeta, kandi ko igihe nikigera azatumira inshuti
n’abakunzi be.
Yagize
ati: "Hakurikiyeho ubukwe mu gihe ntazi, nzabatumira nimara kubimenya.
Mfite amatsiko y'umwana wanjye nzabyara, igihe ntazi nzamubyara. Uriya ni we
uzambera umugabo rwose."
Uyu
mukinnyi wa filime yanagaragaje ko yiteze byinshi ku buzima bw’urugo agiye
gutangira, avuga ko afite amatsiko y’icyiciro gishya cy’ubuzima bwe, kirimo
kubaka umuryango no kurera abana.
Yasobanuye kandi impamvu abantu benshi basanzwe ari inshuti ze batabonetse muri ibi birori, avuga ko byakozwe mu buryo bw’ibanga kandi hagatumirwa abantu bake cyane.
Nyambo aherutse kubwira InyaRwanda, ko umusore bakundana "Ni we Imana yampitiyemo, iravuga ngo ni uwo. Ni uwo Imana izavuga ngo Nyambo naguhitiyemo uyu musore ngo mubane akaramata."
Mu
gihe ubuzima bwe bwite bukomeje gufata indi ntera, Nyambo na none akomeje
kwitwara neza mu rugendo rwa sinema. Muri iyi minsi ari mu bakinnyi bagezweho
binyuze muri filime Mwenedata, ndetse anagaragara muri Amaraso Yanjye ya
Killaman n’indi mishinga itandukanye ikomeje gukundwa n’abakunzi ba sinema
nyarwanda.

Nyambo
yemeje ko yambitswe impeta n’umusore bitegura kurushinga mu minsi iri imbere
