Nyamasheke: Jehovah Schamah itoza urubyiruko gukunda Imana igiye kwizihiza imyaka 25

Iyobokamana - 18/12/2023 12:54 PM
Share:
Nyamasheke: Jehovah Schamah itoza urubyiruko gukunda Imana igiye kwizihiza imyaka 25

Jehovah Schamah izwiho gufasha urubyiruko gukora ruzi Imana kandi ruyikunda kuko inama, impanuro n’impuguro bahana bigira umumaro ukomeye mu buzima bw’umukristo ndetse n’ubwa buri munsi, igiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 25 imaze ibonye izuba.

Ni ibirori bizaba tariki 22-24 Ukuboza 2023 kuri ADEPR Bitugu mu Rurembo rwa Gihundwe, mu Karere ka Nyamasheke ku gicumbi cy’Umwuka Wera muri ADEPR. Bizizihirizwamo Yubire y’imyaka 25 Jehovah Schamah (ihuriro ry’abakozi n’abanyeshuri) imaze.

ADEPR Bigutu ifite amateka akomeye muri ADEPR, abantu benshi bakaba bahazi nk'ahantu Umwuka Wera yamanukiye bwa mbere mu Rwanda muri iri torero, hari mu mwaka w’i 1948 ubwo abakristo ba mbere bawuzuraga.

Ibi akaba ari nabyo bibitse ibanga itorero rya ADEPR ryubakiyeho kuko imbaraga z’Umwuka Wera zagiye zishoboza abakozi b’Imana gukora umurimo batiganda bituma itorero ryaguka rishinga imizi mu gihugu cyose.

Hano muri iyi Paruwasi ya Bigutu ubu huzuye icyumba cy’amasengesho gifatwa nk’inzu ndangamurage w'aho Umwuka Wera yamanukiye mu itorero rya ADEPR bakaba bari kwitegura kugitaha ku mugaragaro mu minsi ya vuba.

Mu mateka dusanga muri ADEPR Paruwasi ya Bigutu hiyongeraho ay’ihuriro rya Jehovah Schamah rihuje abakozi n’abanyeshuri bo muri iyi Paruwasi. Ni itsinda rikomeye ndetse rimaze kuba ubukombe dore ko riri kwizihiza isabukuru y'imyaka 25.

Iri huriro ryabayeho kuva mu mwaka w’i 1998, aho abakozi n’abanyeshuri bahuraga bakaganira ku ijambo ry’Imana, bakaririmba, bagakora ingendo z’ivugabutumwa mu matorero atandukanye agize Paroisse, n’ahandi hatandukanye, bagamije kwiyegereza Imana, kubaho ubuzima bwa Gikirisitu no kuvuga ubutumwa muri ubu buryo.

Jehovah Schamah ifasha cyane urubyiruko gukora ruzi Imana kandi ruyikunda kuko inama n’impanuro n’impuguro bahana bigira umumaro ukomeye mu buzima bw’umukristo ndetse n’ubwa buri munsi. Yabyaye abakozi b’Imana batandukanye ubu babaye abashumba muri ADEPR by’umwihariko n’umushumba uyoboye iyi Paruwasi ya Bigutu akaba yarakuriye muri iri tsinda.

Ni muri ubwo buryo abanyamuryango b'iri huriro rya Jehovah Schamah basubije amaso inyuma basanga imirimo Imana yakoze ari myinshi kandi yo gutangaza bituma bategura igiterane cyo gushima Imana kizamara iminsi itatu kuko kizatangira kuwa gatanu taliki ya 22 kirangire ku cyumweru taliki ya 24 Ukuboza 2023.

Iki giterane kizabera ku rusengero rwa ADEPR Paruwasi ya Bigutu ruherereye mu karere ka Nyamasheke, mu murenge wa Ruharambuga, akagari ka Save mu ntara y’iburengerazuba ku birometero bine (4) uvuye ku muhanda wa kaburembo wa Rusizi – Kigali.

Mu kiganiro n'Itangazamakuru, Alexis Niyonsaba umuyobozi wa Jehovah Schamah, yavuze ko buzuye amashimwe ku Mana kubera uburinzi bwayo yashyize ku bantu bayo ndetse igafasha iri huriro gushinga imizi mw’ivugabutumwa, bahugurana banasenga none imyaka 25 ikaba ishize batangiye kandi bakaba bagikomeje.

Ati: "Izi mpamvu n’izindi nyinshi nizo zaduteye gutegura iki giterane cyo gushima Imana no kwizihiza Yubire y’imyaka 25 ishize iri huriro ribayeho ari nayo mpamvu twagihaye   intego iboneka muri Zaburi 103:2 (Mutima wanjye himbaza Uwiteka, ntiwibagirwe ibyo yakugiriye byose".

Uyu muyobozi yakomeje agira ati: "Turashimira Imana ko isohoza amasezerano kandi ibyo yavuganye natwe turi gusenga, yagiye ibisohoza tukabirebesha amaso yacu, yatugize ab’umumaro ku buryo twe tutacyekaga".

Iki giterane kizitabirwa n’abanyamuryango b’iri huriro rya Jehovah Schamah aho bari hose mu Rwanda cyanatumiwemo amakorali akorera aha muri Paruwasi ya Bigutu n'abakozi b'Imana batandukanye.

Kizitabirwa kandi na Pastor Basubizuseka Jean Bosco umushumba w’iyi Paruwasi ya Bigutu nawe wabyirukiye muri Jehovah Schamah, Umuvugabutumwa Mukantagara Francoise n’abahanzi batandukanye barimo Mugisha Reonard n’abandi baririmbyi batandukanye.

Iki giterane kizatangira kuwa Gatanu tariki 22 Ukuboza 2023 saa munani z’umugoroba naho naho kuwa Gatandatu no ku Cyumweru kizajya gitangira saa mbiri za mu gitondo.


Jehovah Schamah yabyaye abakozi b'Imana batandukaye igiye kwizihiza yubile y'imyaka 25


Kuri ADEPR Bitugu muri Nyamasheke niho hazebera igiterane cya Jehovah Schamah


Jehovah Schamah yateguye igiterane cy'iminsi 3 cyo kwizihiza yubile y'imyaka 25


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...