Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Kanama 2026, mu Murenge wa Rwimiyanga muri Nyagatare habereye Umuganda rusange wahuje abaturage, abayobozi bo mu nzego za Leta, iz’umutekano n’urubyiruko rwo muri gahunda ya 'Soberchou' na 'SoberGhee', hagamijwe gukomeza ubufatanye mu gukemura ibibazo bibangamira umutekano, ubuzima n’iterambere ry’abaturage.
Mu bikorwa byo kwegera abaturage byabereye mu Kagari ka Rwimiyaga, abaturage baganirijwe ku bibazo bibangamira umutekano, imibereho myiza n’iterambere ryabo, cyane cyane ibishingiye ku ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe, cyane ko muri aka karere hamenywe litiro 1012 za kanyanga.

Umuyobozi Mukuru
Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe Ibikorwa, DIGP Vincent Sano, yavuze ko
hari ibintu bitandukanye bikomeje kubangamira umutekano n’imibereho myiza
y’abaturage, birimo ibiyobyabwenge n’inzoga zitujuje ubuziranenge.
Yagize ati: “Bimwe mu
bibangamira umutekano harimo guhinga ntimweze, inzoga zitujuje ubuziranenge
n’ibiyobyabwenge, inda zitateganyijwe ziterwa abana, ndetse no guca mu nzira
zidakwiye berekeza mu bihugu by’ibituranyi.”
DIGP Sano kandi yagarutse
ku bibazo by’urubyiruko rwishora mu ngeso mbi, rukabifata nk’uburyo bwo
kwishimisha nyamara bigira ingaruka ku buzima no ku hazaza harwo.

Yavuze ko gahunda ya Soberchou
na SoberGhee, ikomeje kugira uruhare mu gukangurira urubyiruko n’abakuru
kwirinda ibiyobyabwenge, by’umwihariko ibyitwa ibyuma.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Minisitiri w’Ubutegetsi
bw’Igihugu, Habimana Dominique, yavuze ko Leta iri gukorana n’abaturage mu
guhashya ibibazo bishobora kubangamira ubuzima bwabo n’iterambere ry’igihugu.
Yagize ati: “Twaganiriye
n’abaturage mu bikorwa tumazemo iminsi byo kwigisha abaturage bacu ko nta kintu
kiruta ubuzima. Nk’igihugu kirangajwe imbere n’iterambere, tugomba gufatanya;
abayobozi ndetse n’abaturage tugaca ibintu byose bishobora kubangamira ubuzima
bwiza n’iterambere ry’abaturage.”
Minisitiri Habimana
yavuze ko inzoga z'inkorano n’izitujuje ubuziranenge, zirimo ibyuma, kanyanga
n’ibindi biyobyabwenge, ari bimwe mu bibazo bikwiye kurwanywa mu bufatanye
hagati y’abaturage n’inzego z’ubuyobozi.
Yasabye abaturage
gukomeza kugira uruhare mu bikorwa byo kurwanya ibyo biyobyabwenge kugeza ubwo
bicitse burundu.
Ati: “Icyo dukomeza
gusaba abaturage ni ubufatanye kugira ngo ibikorwa twatangiye bikomeze kugeza
ubwo izi nzoga, umuco wo kunywa inzoga banywera gusinda, inzoga zitujuje
ubuziranenge n’ibiyobyabwenge byose, birimo urumogi, kanyanga n’ibindi muri
rusange, bicike burundu bibe amateka.”
Minisitiri yavuze kandi
ko kuba Rwimiyaga iri hafi y’umupaka uhuza u Rwanda na Uganda bisaba ko abaturage barushaho kuba maso no
gukumira ibiyobyabwenge bishobora guturuka mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda.
Ati: “Ntabwo ari ibintu dukeneye nk’abaturage n’igihugu. Ni yo mpamvu twemeranyije gufatanya na bo kugira ngo bicike burundu, by’umwihariko hano muri Rwimiyaga begereye umupaka, n’uburyo bashobora kwirinda ibishobora guturuka mu baturanyi nka kanyanga kugira ngo bakomeze kuba imboni za bagenzi babo.”
Yanagarutse ku butumwa nyamukuru bw'uyu munsi, ati: " Abantu bahabwe amafunguro, ibyo kurya biteguye neza byujuje ubuziranenge. Ibyo ni byo bibereye u Rwanda rw'uyu munsi tugezemo, rubereye abanyarwanda.
Abana basabwe kurindwa
imirimo ibabuza ishuri
Minisitiri Habimana kandi
yibukije ko abana bagomba kuba bari mu ishuri kandi ko abakoresha abana imirimo
itemewe bazabihanirwa.
Yavuze ko muri iyi ntara
hakigaragara ikibazo cy’abana baterwa inda bakiri bato ndetse n’ihohoterwa
rishingiye ku gitsina, asaba abaturage kudahishira ababikora.
Yasabye abaturage kujya
batanga amakuru ku bakora ibyaha nk’ibi kugira ngo bahanwe hakurikijwe
amategeko.
Yashimiye abaturage kubera isuku n’imibereho myiza, abasaba kongera ubufatanye
mu kurandura inzoga zitujuje ubuziranenge, ibyuma, kanyanga n’urumogi.
Yibukije ababyeyi ko abana bose bagomba kwitabira ishuri kandi ko amashuri agomba kuba ahantu harangwa n’umutekano ndetse hatarimo ibiyobyabwenge.
Ubuhamya by’uwaretse ibiyobyabwenge
Nshimiyimana Moussa,
ufite imyaka 33, yatanze ubuhamya ku buryo ibiyobyabwenge n’inzoga byagize
ingaruka ku buzima bwe, avuga ko yatangiye gukoresha ibiyobyabwenge afite
imyaka 15.
Yavuze ko ibyo byatumye
ava mu ishuri akiri mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye, nyuma aza gushaka
umugore ariko umubano wabo uza kurangira kubera imyitwarire mibi yari yaratewe
n’inzoga.
Ati: “Natangiye gukoresha
ibiyobyabwenge mfite imyaka 15. Mva mu ishuri ngeze mu wa gatatu w’amashuri
yisumbuye. Nashatse umugore tubyarana umwana umwe, ariko kubera kumukubita
nkamutoteza kubera inzoga, twaratandukanye.”
Nshimiyimana yavuze ko
mbere yari afite imyitwarire irimo urugomo, ndetse yigeze gufungwa, ariko
ubu avuga ko ari mu nzira yo kureka ibiyobyabwenge n’inzoga.
Yashimiye Leta y’u Rwanda
ku ngamba yafashe mu kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge n’ibiyobyabwenge.
Abayobozi batandukanye basabye
abaturage gukomeza gutanga amakuru ku bantu bakora cyangwa bakwirakwiza
ibiyobyabwenge n’inzoga zitujuje ubuziranenge, kugira ngo inzego zibishinzwe
zibakurikirane.
Bashimangiye kandi ko kurwanya ibi bibazo bidakwiye kuba inshingano z’inzego z’umutekano gusa, ahubwo ko bisaba uruhare rw’abaturage, abayobozi, ababyeyi, urubyiruko n’izindi nzego zose kugira ngo ubuzima n’iterambere by’abaturage birindwe.

Soberchou na SoberGhee, ikomeje kugira uruhare mu gukangurira urubyiruko n’abakuru kwirinda ibiyobyabwenge, by’umwihariko ibyitwa ibyuma.



