Mu
kiganiro na InyaRwanda, Alain yavuze ko gutangira gukora no gusohora filime ze
bwite atari igitekerezo cyaje gusa, ahubwo ari inzozi yari amaranye igihe
kinini.
Asobanura
ati: “Nabyiyumvagamo ahubwo naratinze. Nisamye natinze, kubera ko ntabwo waba
ugira uruhare mu zindi filime kandi zigakundwa, ukavuga ko wananirwa gukora
izawe. Navuga ko natinze, kuko nakabaye mfite filime yanjye bwite, nanjye najya
ndeba nkavuga nti iyi ni filime, kandi nkaba ntewe ishema nayo,”
Aya
magambo agaragaza icyizere n’ishyaka byamuranze kuva yatangira urugendo rwe
muri sinema mu 2016.
Alain
yatangiriye urugendo rwe muri filime ya Seburikoko, aho yakoze imirimo
itandukanye irimo kuba ‘extra’, ‘gaffer’ ndetse n’umwungiriza.
Ni
imirimo benshi batitaho, ariko ari yo itanga umusingi ukomeye wo gusobanukirwa
uko uruganda rwa filime rukora kuva hasi kugeza hejuru.
Ibyo
byamuhaye amahirwe yo kwinjira mu bindi byiciro birimo gutunganya filime. Uyu
munsi, ni umwe mu bantu bake mu Rwanda bafite ubunararibonye bw’umwuga wa Line
Producer, aho ashinzwe igenamigambi ry’ingengo y’imari, igenamiterere ry’akazi
ka buri munsi, imikoranire n’abakozi ndetse no gukurikirana amasezerano.
Akora
muri Zacu Entertainment Ltd, aho yagiye agira uruhare muri filime na series
zikomeye zirimo: Seburikoko, Citymaid, The Bishop’s Family, Indoto, Ishusho Ya
Papa, Shuwa Dilu, Kaliza wa Kalisa, sIgeno Ryanjye (Feature Film), The Bridge
of Christmas (Feature Film).
Uru
rutonde rugaragaza uburemere bw’uruhare rwe mu iterambere rya sinema nyarwanda.
Alain
yize ibijyanye na "Film & Television Studies" muri Kigali Film and Television
School, aho yahuguwe mu by’ingenzi birimo directing basics, camera work,
lighting ndetse n’imikorere rusange y’ikorwa rya filime.
Uretse
kuba inyuma ya camera, yanagaragaye imbere yayo mu mwuga w’ikorwa rya filime,
akinamo muri: Umuturanyi (Kazungu), Papa Sava (Alain), Seburikoko, Kaliza wa
Kalisa (Mugenzi), The Bridge of Christmas (Gabiro) n’izindi.
Ibi
byose byamuhaye icyizere cyo kumva ko igihe kigeze cyo kwandika amateka ye
bwite mu gukora filime.
‘Impamvu’: Gutanga
amahirwe ku bandi nk’uko yayahawe
Filime
ye nshya yise Impamvu ni yo yatangije ku mugaragaro urugendo rwo gusohora
ibihangano bye bwite. Mu guhitamo abakinnyi, yavuze ko yahisemo kwita cyane ku
mpano nshya.
Ati
“Urebye muri telefoni yanjye ubona umubare munini w’abantu bansaba ko bakina
muri filime, rero amahirwe abandi bampaye numva nanjye niteguye kuyaha abandi.”
Aya
magambo agaragaza ko atareba gusa ku nyungu ze bwite, ahubwo atekereza no ku
iterambere ry’abandi banyempano. Ni uburyo bwo gusaranganya amahirwe no
gukomeza kuzamura urwego rwa sinema nyarwanda.”
Nubwo
yishimira intambwe yateye, Alain yemera ko urugendo rugifite imbogamizi. Ati “Ndacyafitemo
imbogamizi, ariko kubera ko abantu bagenda babikunda bizagenda biza rwose.”
Icyakora,
ashingiye ku rugendo rwe kuva mu 2016 kugeza ubu, bigaragara ko ari umuntu
wubatse izina rye ku murimo, kwihangana no gukunda ibyo akora.
Alain
Gilbert Umuhire ni umwe mu rubyiruko ruri gushyira imbaraga mu guteza imbere
sinema nyarwanda binyuze mu mwuga, ubumenyi n’ubwitange.
Kuri
we, gusohora filime ye ya mbere si iherezo ry’urugendo, ahubwo ni intangiriro
y’icyiciro gishya. Niba imbaraga n’icyizere byamugejeje aha, abakunzi ba sinema
nyarwanda baramutegereje kureba aho iyi ntambwe nshya izamugeza.




Kuva
ku gukina muri ‘Seburikoko’ kugeza ku kuba 'Producer' w’umwuga, Alain Gilbert yatangiye kwandika amateka ye bwite muri sinema
nyarwanda
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE N’UMUKINNYI WA FILIME ALAIN
