Kevin
Kade yabitangaje mu kiganiro yagiranye na B&B FM Kigali, nyuma y'umukino
wabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 6 Nyakanga 2026, warangiye Espagne
itsinze Portugal igitego 1-0, ihita iyisezerera muri 1/8 cy'irangiza.
Uyu
muhanzi yavuze ko nubwo adakurikirana ruhago ku buryo buhoraho, yumvaga
Cristiano Ronaldo akwiriye gusoza urugendo rwe rw'Igikombe cy'Isi atsinda
igitego.
Yagize
ati: "Ntabwo kiriya gitego nari nyiteze. Numvaga Cristiano yatsinda
igitego niba ari wo mukino wa nyuma akinnye mu Gikombe cy'Isi. Ni ubwa mbere
nshobora kuba ngeze no muri sitade, kuko ntabwo nkurikirana cyane
iby'imipira."
Mu
mukino, Portugal yari ihanganye na Espagne kugeza mu minota ya nyuma, ariko ku
munota wa 90+1' Mikel Merino, wari winjiye mu kibuga asimbuye iminota mike
mbere, atsinda igitego cyahesheje Espagne intsinzi nyuma yo guhabwa umupira na
Ferran Torres.
Uyu
mukino wabereye kuri AT&T Stadium i Arlington muri Leta ya Texas muri Leta
Zunze Ubumwe za Amerika, uca amarenga ko ari wo mukino wa nyuma Cristiano
Ronaldo akinnye mu mateka ye y'Igikombe cy'Isi. Uyu mukinnyi w'imyaka 41
yasezeye muri iri rushanwa nyuma y'uko Portugal isezerewe.
Espagne
yahise ibona itike ya 1/4 cy'irangiza, aho izahura n'u Bubiligi bwasezereye Leta
Zunze Ubumwe za Amerika.
Mu
kiganiro kimwe, Kevin Kade yanagarutse ku buzima bwe, agaragaza ko ari kugenda
amererwa neza nyuma y'uburwayi bwatumye ahagarika ibikorwa bye bya muzika
ndetse agasiba ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival.
Yavuze
ko igihe yamaze arwaye cyamwigishije agaciro ko kugira ubuzima bwiza.
Kevin
Kade yavuze aya magambo mu gihe abakunzi ba ruhago ku Isi bakomeje kuganira ku
iherezo ry'urugendo rwa Cristiano Ronaldo mu Gikombe cy'Isi, nyuma y'imyaka
myinshi abaye umwe mu bakinnyi baranze amateka y'iri rushanwa.
Kevin
Kade yarebye uyu mukino ari kumwe n’umubyinnyi mpuzamahanga, Sherrie Silver
