Nubwo isi ishobora kutumva imiborogo y’abakene, Imana ntijya ibatererana – Papa Leo XIV

Iyobokamana - 14/06/2026 6:59 PM
Share:

Umwanditsi:

Nubwo isi ishobora kutumva imiborogo y’abakene, Imana ntijya ibatererana – Papa Leo XIV

Mu butumwa bwe bwagenewe Umunsi Mpuzamahanga w'Abakene ku nshuro ya 10, uzizihizwa ku wa 15 Ugushyingo 2026, Papa Leo XIV yasabye abakristu n'abantu bose bafite umutima w'impuhwe kongera gutekereza ku mwanya abakene bafite muri sosiyete, yibutsa ko Imana ari yo buhungiro bwabo kandi ko Kiliziya igomba kuba urugo rwakira abarengana n'abatagira kivurira.

Mu butumwa bwe bwashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 13 Kamena, umunsi Kiliziya Gatolika yizihizaho Mutagatifu Antuwane wa Padua, Papa Leo XIV yifashishije amagambo yo muri Zaburi ya 14 agira ati: "Uwiteka ni ubuhungiro bw'abakene."

Papa yavuze ko aya magambo yanditswe mu gihe gikomeye cy'amateka, ubwo Ingoro Ntagatifu y'i Yerusalemu yari imaze gusenywa, abantu bakumva babuze aho bahurira n'Imana ndetse bakarangwa n'ubukene bukabije mu buryo bw'umubiri no mu buryo bw'umwuka.

Yavuze ko n'ubwo hashize imyaka myinshi ayo magambo yanditswe, akomeje gutanga ubutumwa ku bisekuru by'iki gihe, kuko isi ikomeje kurangwa n'akarengane, ruswa, ivangura n'ubusumbane.

Ati: "No muri iki gihe, turabona akarengane gakomoka kuri ruswa n'ubwirasi bw'abantu bamwe, ibintu biteye isoni kandi bikomeza guheza benshi."

Abakene ni bo bahura mbere n'ingaruka z'akarengane

Inkuru dukesha ikinyamakuru Vatican News iviga ko, Papa Leo XIV yagaragaje ko abakene ari bo bakunze kuba aba mbere bahura n'ingaruka z'ibibazo byugarije isi.

Yavuze ko uko abantu bagenda birengagiza Imana, bituma aho kubana mu bwubahane no mu bumwe, bamwe bashaka gutegeka abandi no kubakandamiza.

Yibukije ko mu bihugu byinshi, umubare w'abakene ugenda wiyongera, mu gihe amajwi yabo agenda acecekeshwa mu buryo butandukanye bw'igitugu cyangwa kwirengagizwa.

Yagize ati: "Abakene b'iki gihe ntabwo bamburwa ibyo kurya gusa, ahubwo bamburwa ijambo n'isura nziza. Benshi baba batakigaragara muri sosiyete."

Papa yanavuze ko ikoranabuhanga n'imbuga nkoranyambaga, nubwo bifite akamaro kanini, bishobora rimwe na rimwe kongera urwango, urwikekwe no gutuma abantu birengagiza imibabaro y'abandi.

Imana ntiyirengagiza amarira y'abakene

Papa Leo XIV yavuze ko nubwo isi ishobora kutumva cyangwa ngo yite ku miborogo y'abakene, Imana yo itajya ibatererana. Yagize ati: "Abakene nta yandi mahitamo bafite usibye gutakambira Imana, kandi babikora bizeye ko izabumva kuko ari indahemuka kandi yuzuye impuhwe."

Yongeyeho ko abakene akenshi ari bo bumva neza ibikenewe mu buzima kuko babaho ku by'ibanze. Ibyo bituma barushaho kumenya ko Imana ari yo buhungiro nyakuri.

Kiliziya n'abakristu basabwe kuba ubuhungiro bw'abakene

Mu butumwa bwe, Papa yashimangiye ko abakristu badahamagariwe gusa guhungira ku Mana, ahubwo bahamagarirwa no kuba ubuhungiro bw'abakene.

Yavuze ko Kiliziya idakwiye gukomeza kurebera ibibazo by'abari hanze yayo cyangwa kwirengagiza abantu benshi bakeneye gufashwa. Ati: "Abakristu ntibagomba kwifungirana mu ngo zabo, bakirengagiza abantu benshi bari hanze bakeneye urukundo, ubufasha n'ijambo ribahumuriza."

Papa yavuze ko Kiliziya igomba gukomeza kuba ahantu abakene basangaifunguro ribatunga, ubucuti, icyizere n'icyubahiro cyabo nk'abana b'Imana.

Gusuzuma ibyo dushyira imbere

Papa Leo XIV yanahamagariye abakristu kwisuzuma bakareba niba ibyo baha agaciro mu buzima bihuye n'ubutumwa bwa Yezu. Yifashishije inyigisho za Mutagatifu Agustini ku mugani wa Lazaro n'umutunzi, asaba abantu kureba niba batarimo kwirengagiza abakene bari hafi yabo.

Yongeye kwibutsa ko Imana ihora yita cyane ku bakene, kandi ko Kiliziya igomba kuba "Kiliziya y'Abahire", yakira aboroheje kandi ikagendana na bo.

Ubu butumwa bwa Papa Leo XIV buje mu gihe isi ikomeje guhura n'ibibazo bikomeye birimo intambara, ubukene, ihindagurika ry'ikirere n'izamuka ry'ibiciro, ibintu byatumye miliyoni z'abantu hirya no hino ku isi barushaho gucika intege.

Muri Afurika by'umwihariko, ibihugu byinshi biracyahanganye n'ubukene bukabije, ubushomeri, ibibazo by'umutekano n'ingaruka z'imihindagurikire y'ikirere, ibintu bikomeje gushyira abaturage benshi mu kaga.

Papa Leo XIV agaragaza icyofuzo cy’uko Umunsi Mpuzamahanga w'Abakene uzafasha abakristu kongera kubona no kumva ububabare bw'abavandimwe babo bakeneye ubufasha. Yagize ati: "Twifuza guhamya ko na n'ubu bishoboka kugira ibyishimo nyakuri igihe twishyize mu mwanya w'abakene, tukabatega amatwi."


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...