Nubatse byose kuva hasi - Zari Hassan yahishuye ukuri ku mutungo we na Ivan Semwanga

Imyidagaduro - 22/08/2026 1:52 PM
Share:

Umwanditsi:

Nubatse byose kuva hasi - Zari Hassan yahishuye ukuri ku mutungo we na Ivan Semwanga

Umunyamideli akaba n’umushoramari ukomoka muri Uganda, Zari Hassan, yasubije abamunenga bavuga ko umutungo n’intsinzi afite muri iki gihe ahanini yabikomoye ku murage yasigiwe n’uwahoze ari umugabo we, Ivan Semwanga.


Zari yavuze ko ibyo bavuga bidahura n’ukuri, ashimangira ko ibyo afite uyu munsi atabiherewe nk’impano cyangwa umurage gusa, ahubwo ko yabigizemo uruhare rukomeye kuva ku ntangiriro y’urugendo rwe rwo kwiyubaka.

Uyu mugore wamamaye cyane muri Afurika no hanze yayo, yakunze kuvugwa mu nkuru z’imyidagaduro kubera ubuzima bwe bwite, ubucuruzi ndetse n’imibereho ye y’akataraboneka. Nyamara hari abagiye bavuga ko igice kinini cy’ubutunzi bwe yagikomoye ku mibanire yagiranye na Ivan Semwanga, wapfuye mu 2017.

Zari we avuga ko ibyo bitagomba gutuma abantu birengagiza uruhare yagize mu kubaka umutungo n’ubucuruzi bari bafite.

Mu kiganiro yagiranye n’abamukurikira ku rubuga rwa TikTok, Zari yasubiye mu mateka y’ubuzima bwe na Ivan Semwanga, avuga ko igihe batangiraga kubaka ubuzima bwabo bari bafite bike cyane ugereranyije n’ibyo bagezeho nyuma.

Yavuze ko ibyo afite uyu munsi bitavutse mu ijoro rimwe, ahubwo ko byaturutse ku myaka y’akazi, kwihangana no gufatanya mu bikorwa by’ubucuruzi.

Zari yagize ati: “Ntabwo nzi iby’umurage. Ndi gucunga umurage nubatse kuva hasi. Nubatse byose hamwe na Ivan Semwanga. Murimo kwihumuriza munyitirira ibyo ntagezeho, ariko njye nagombaga gukora no gukora byose.”

Aya magambo ye yagaragaje ko adashaka ko abantu babona ubuzima afite uyu munsi nk’ikintu yahawe gusa kubera kuba yarabanye na Semwanga.

Kuri Zari, umubano we na Ivan ntiwari uwo kuba umugore w’umugabo wari usanzwe akize gusa, ahubwo bombi bagiye bafatanya mu rugendo rwo kwagura imitungo n’ubucuruzi bwabo.

Mu gusobanura neza aho urugendo rwe rwaturutse, Zari yavuze ko we na Semwanga batatangiriye mu buzima bw’akataraboneka nk’uko bamwe bashobora kubitekereza uyu munsi.

Yibukije ko igihe batangiraga kubaka ubuzima bwabo, babaga mu cyumba gito, bakagenda bakora buhoro buhoro kugeza ubwo ibikorwa byabo byagutse.

Ati: “Twubatse ibi byose turi kumwe kuva kera. Twatangiriye mu cyumba gito. Nari ndi inyuma y’intsinzi ya Semwanga. Ndi umugore uzi ubwenge.”

Ibi Zari yabivuze ashaka kugaragaza ko uruhare rwe mu buzima n’iterambere ry’umuryango we rutagomba gusuzumwa hashingiwe ku kuba yarabanye na Semwanga gusa.

Yumvikanishije ko nawe yari umuntu wagiraga ibitekerezo, agafata ibyemezo ndetse akagira uruhare mu bikorwa byabafashije kugera ku rwego rw’ubutunzi bagezeho.

Ivan Semwanga yasize umurage ukomeye

Ivan Semwanga yari umwe mu Banya-Uganda bari bazwi cyane kubera ubucuruzi n’ubuzima bw’akataraboneka yabagamo.

Yitabye Imana mu 2017, asiga abana ndetse n’abantu benshi bari bamuzi, by’umwihariko abo mu ruganda rw’imyidagaduro, bakomeje kumwibuka.

Nyuma y’urupfu rwe, Zari yakomeje kubaho no kwagura ibikorwa bye bwite, birimo ubucuruzi n’ibindi bikorwa byamuhesheje gukomeza kuba umwe mu bagore bazwi cyane muri Afurika.

Icyakora, kuba yarigeze kubana na Semwanga byakomeje gutuma bamwe bibaza niba ubutunzi afite muri iki gihe atarabukomoye ku mutungo w’uwahoze ari umugabo we.

Zari ariko akomeza gutsimbarara ku kuba ibyo afite atari ibisigisigi by’umutungo w’umuntu wundi, ahubwo ko ari ibisubizo by’urugendo rwe bwite ndetse n’imirimo yakoze mu myaka yashize.

Amagambo ya Zari yongeye kuzamura ikiganiro ku bijyanye n’abagore bagira uruhare mu kubaka imiryango, ubucuruzi n’imitungo, ariko nyuma bakagorwa no kumvisha abantu ko na bo bagize uruhare mu byagezweho.

Kuri Zari, kuba yarabanye n’umugabo wari ufite ubushobozi ntibivuze ko ibyo yagezeho byose ari we wabimuhaye.

Ahubwo avuga ko bombi batangiriye ahantu hatari heza cyane, bagakora, bakiga, bagashora imari ndetse bakagenda bubaka ubuzima bwabo kugeza ubwo bamenyekanye nk’abantu bafite umutungo ukomeye.

Ni yo mpamvu avuga ko iyo abantu bavuga ko intsinzi ye yose yaturutse ku murage wa Ivan Semwanga, baba birengagije imyaka yamaze akora ndetse n’uruhare rwe mu kubaka ibyo afite.

Nubwo Zari akomeje kuba umuntu uvugwaho byinshi ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane ku bijyanye n’ubuzima bwe bwite n’ubucuruzi bwe, we ashimangira ko urugendo rwe rutagomba gusobanurwa n’umutungo w’uwahoze ari umugabo we gusa.

Ahubwo yifuza ko abantu babona Zari nk’umugore wagiye afata umwanzuro wo kwiyubakira izina, ibikorwa n’umutungo, kuva ku ntangiriro kugeza aho ageze uyu munsi.

Zari yavuze ko umutungo abifite muri iki gihe, atawucyesha umurage wa Ivan Semwanga, umugabo bakanyujijeho mu rukundo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...