Soleil
ni umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri filime 'Bamenya' akina ari umugore wa
Kanimba ariko wabuze urubyaro. Mu bihe bitandukanye ntiyumvikana n'umugabo we,
cyo kimwe n'umukozi we, Beniman Ramadhan uzwi nka Bamenya.
Ndetse,
byageze ubwo Kanimba afata icyemezo cyo kuzana undi mugore mu rugo witwa
Kecapu. Ibi byose byagiye bituma iyi filime ikundwa ahanini bitewe n'inkuru
yayo.
Ni
filime yatangiye gutukerezwaho mu 2018, ndetse mu bihe by'icyorezo cya
Covid-19, iyi filime yamaze benshi irungu kugeza n'ubu.
Yabaye
filime idasanzwe, ndetse yongereye igikundiro kidasanzwe cyane cyane ku
bakinnyi bayo, byanatumye bamwe muri bo bahatanira ibihembo bikomeye birimo
ibitangirwa mu Rwanda.
Mu
kiganiro na InyaRwanda, Soleil yemeje ko iyi filime yatumye amenya ko afite
impano yo gukina filime kuko atari ibintu yari yarigeze atekereza.
Soleil yagize ati “Icya mbere filime Bamenya yatumye menya ko mfite impano yo gukina.
Sinigeze ntekereza ko nabasha kwigaragaza mu ishusho y’umugore wubatse. Ariko
byanyigishije ubuzima bwo mu ngo, uburyo zinyuramo ibihe bitandukanye.”
Akomeza
avuga ko iyi filime yamugiriye akamaro gakomeye mu buzima bwe bwite. Ati “Yanyubakiye
ubushuti, imfasha guhura n’abantu batandukanye, incira inzira, imipaka iraguka
haba mu gihugu imbere ndetse no hanze. Hari ibikorwa byinshi twakoreye hamwe
n’inshuti nagize muri uru rugendo, kandi byagize uruhare mu buzima bwanjye
bwite.”
Uwase
‘Soleil’ yavuze ko mbere ya 2018 atigeze arota kuzinjira muri sinema, ariko yakundaga
kureba filime z’imirwano. Inshuti ze za hafi zirimo Benimana Ramadhan ‘Bamenya’
na Manibu ni zo zamusunitse ngo agerageze.
Filime
Bamenya yatangiye gutunganywa mu 2018, maze mu gihe cya Covid-19 iba
indorerwamo ikomeye isusurutsa benshi. Uwase avuga ko byafashe hafi umwaka
bagitegura iyi filime, kuko yabanje mu biganiro birebire.
Mu
ntangiriro, umukinnyi wagombaga gukina ari umugabo we ni ‘Manibu’, ariko aza
kutaboneka, asimburwa na Kanimba. Ati “Kanimba yinjiye nyuma, hari ibintu
byabaye imbere bidashoboka ko Manibu akomeza, niko twahisemo ko asimburwa.”
Uwase
yari asanzwe ari umunyamakuru kuri Flash Radio/TV. Yemeza ko yafashe icyemezo
cyo gukina filime atagishije inama uwo ari we wese, ndetse n’abo mu muryango we
babimenye hamaze gusohoka episodes eshatu za mbere.
Ati: “Icyabaye nk'imbarutso kugira ngo babimenye, ni ahantu nakinnye nambaye isume
ndi kwereka ubusa umukozi, iyo rero yarazengurutse cyane, n'indi nakinnye ndi
kwigisha karate umukozi wanjye uburyo azirwanaho, avuye kuzana amafaranga yari
yatomboye, aho niho batangiye kubimenyera [..]"
Kuva
yakina muri Bamenya, Uwase ‘Soleil’ yahise agaragara nk’umwe mu bakinnyi
ngenderwaho. Kuri ubu ari guhatana muri Mashariki African Film Festival, mu
cyiciro cya ‘People’s Choice’, aho uzegukana imodoka azamenyekana binyuze
mu matora akorerwa kuri internet.
Ati: “Ndabizi ko mpagaze neza mu matora yo kuri internet, ariko ndasaba abantu
gukomeza kuntora kugira ngo nzabone imodoka.”
Uretse
icyo cyiciro, anahatanye mu cyiciro cy’umukinnyikazi mwiza wa filime (Best
Actress), aho uzatsinda azemezwa/azatoranywa n’Akanama Nkemurampaka.
Uwase
‘Soleil’ ni urugero rwiza rw’uko umuntu ashobora gusunikwa n’inshuti cyangwa
amahirwe maze akabona inzira nshya mu buzima itari mu nzozi ze.
Ubu
ari mu ba mbere bashimangira ko Bamenya atari filime isanzwe, ahubwo ari
igikorwa cyahinduye ubuzima bw’abantu benshi, yaba abakinnyi bayo cyangwa
abayikurikiranye.
KANDA HANO UBASHE GUTORA SOLEIL MU CYICIRO ‘PEOPLE’S CHOICE’

Uwase
‘Soleil’ yemeje ko yinjijwe muri sinema n’inshuti ze Bamenya na Manibu, we ubwe
nta nzozi yari afite zo gukina

Uwase
Soleil avuga ko amagambo y’Ikinyarwanda akoresha muri filime ayakura kuri mama we
wamushyigikiye kuva yatangira
Soleil
ashimangira ko filime Bamenya yamuhaye icyerekezo gishya mu buzima, atari
yarigeze arota nk’umunyamakuru wari usanzwe akora kuri Flash Radio/TV
“Ubu
ndahatana muri Mashariki African Film Festival, ndasaba abantu gukomeza kuntora
kugira ngo nzegukane imodoka,” — Uwase Soleil
