Micky yabigarutseho mu butumwa
yashyize ku rubuga rwa Instagram, agaragaza ko AG Promoter yamuhisemo mu bandi
bakobwa benshi, kandi ko urukundo yamukunze rutigeze rushingira ku byo abantu
bavugaga cyangwa ku mateka ye.
Mu butumwa bwe, Micky yashimiye
umugabo we kuba yararenze ku magambo y’abantu bamwibazagaho, agahitamo
kumwemera no kumugira umugore we.
Yagize ati: “Mugabo wanjye,
ndashaka kugushimira cyane kuba utaritaye ku magambo mabi abantu bavugaga,
ahubwo ukemera kunyemera ukangira umugore wawe.”
Micky yavuze ko ubwo yamenyanaga na
AG Promoter yari asanzwe afite umwana, ariko ko ibyo bitabaye impamvu yo
kumubuza gukomeza kumukunda no kubaka na we.
Yagaragaje ko umugabo we yari afite
amahitamo menshi, kuko hari abandi bakobwa beza kandi batari bafite abana
yashoboraga guhitamo, ariko akahitamo we.
Ati: “Hari abakobwa benshi beza,
batabyaye, baturuka mu miryango myiza, ariko wowe byose warabirebye
urabyirengagiza, uhitamo njye. Ikirenze byose, wankundiye n’umwana wanjye,
uramwemera kandi umufata nk’uwanyu. Ibyo ni ikintu ntazigera nibagirwa.”
Yakomeje amushimira kuba ataramurebye nk’umugore ufite umwana, ahubwo akamwakira we n’umwana we nk’umuryango umwe.
Umubano wa Micky na AG Promoter
umaze igihe ugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane bitewe
n’amagambo n’ibiganiro Micky yagiye agirana n’itangazamakuru mu bihe
bitandukanye.
Aba bombi batangiye gukundana mu
2024, nubwo mu ntangiriro batigeze bihutira gushyira ku karubanda ibijyanye
n’urukundo rwabo.
Uko iminsi yagiye ishira, ni ko
urukundo rwabo rwarushijeho kumenyekana, kugeza ubwo barwemeje ku mugaragaro
ndetse batangira gutegura ubuzima bw’urugo.
Mu rugendo rwabo rw’urukundo, hari
abantu bagiye bagarura amagambo Micky yavuze mu bihe bitandukanye, bakagerageza
kuyahuza n’ubuzima bwe bwite ndetse n’urugo rwe.
Ibi byatumye rimwe na rimwe
urukundo rwabo ruba isoko y’ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga. Icyakora,
ubutumwa Micky yashyize hanze kuri iyi nshuro bugaragaza ko we abona ko AG
Promoter atigeze areka amagambo y’abandi ngo abe ari yo agena uko amubona cyangwa
uko amukunda.
Ahubwo, mu buryo Micky abivugamo,
umugabo we yamwemeye uko ari, yemera n’umwana we, ahitamo kubaka na we
umuryango.
Ku wa 31 Mutarama 2026, AG Promoter
na Micky bakoze ubukwe, nyuma y’urugendo rw’urukundo rwari rumaze imyaka ibiri
rubahuza.
Imihango y’ubukwe bwabo yabereye
muri Romantic Garden i Gisozi, ahari hateraniye inshuti, imiryango ndetse
n’ibyamamare bitandukanye byo mu myidagaduro nyarwanda.
Ubukwe bwabimburiwe n’umuhango wo
gusaba no gukwa, nyuma yaho bombi basezerana imbere y’Imana banakira abatumiwe.
Imihango y’ubukwe yayobowe na
Imenagitero afatanyije na Bamenya, umunyamuryango w’inganda za sinema
nyarwanda, mu gihe Victor Rukotana ari we wasohoye umugeni.
AG Promoter, uzwi cyane mu bijyanye
no gukoresha imbuga nkoranyambaga no kwamamaza ibikorwa by’imyidagaduro, na
Micky bakomeje kubaka ubuzima bwabo nyuma yo gusezerana.
Ubutumwa Micky yashyize hanze kuri
iyi nshuro bugaruka ku kindi gice cy’inkuru y’urukundo rwabo: kuba yarabonye
umugabo utaramusuzumye ashingiye ku byo abandi bamuvugagaho, ahubwo akamubona
nk’umuntu akwiriye gukundwa no kubakana na we.
Ku ruhande rwa Micky, kuba AG Promoter yaramuhisemo kandi akemera n’umwana we ni ikimenyetso cy’urukundo avuga ko atazibagirwa.

Micky yashimye umugabo we wamuhisemo mu bandi bakobwa akemera kubana nawe nyuma y'urugendo rurerure rw'urukundo

Micky yagaragaje ko AG Promoter yamukunze atitaye ku magambo yamuvuzweho mu bihe bitandukanye, akimeza kubana nawe
