Ni
ubutumwa Minisitiri Nsengimana yahaye urubyiruko mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 27 Kanama 2026, ubwo yari yatumiwe mu gace ka ‘Meet Me Tonight’ mu gitaramo cya
Gen-Z Comedy cyabereye muri Camp Kigali.
Iki
gitaramo cyabaye mu gihe abanyeshuri n’ababyeyi bitegura gutangira umwaka
mushya w’amashuri, ndetse ari na ko hakomeje ibiganiro ku ngamba zo kurinda
urubyiruko ibishobora kubangamira ubuzima, imyitwarire ndetse n’imyigire yarwo.
Minisitiri
Nsengimana yagarutse ku nshingano za Minisiteri ayoboye, asobanura ko
Guverinoma ikomeje gushyira imbaraga mu kuzamura ireme ry’uburezi, ariko ko
ibyo byose bidashobora kugerwaho neza mu gihe abanyeshuri bahura n’ibibazo
by’inzoga n’ibiyobyabwenge.
Yasobanuye
ko ishuri rikwiye kuba ahantu harangwa n’umutekano, imyitwarire myiza, aho
umunyeshuri ashobora kwiga adahura n’ibishobora kumwangiriza ubuzima cyangwa
kumubuza gukurikirana amasomo.
Ati:
“[...] Ni ibintu tugomba guhagarukira twese, tukabirwanya. Kuko ntabwo dushaka
ko, cyane cyane urubyiruko dufite kugirango ubuzima bwe bwononekare kubera
inzoga, cyangwa se kubera ibiyobyabwenge. Ibyo n’ibintu rwose tugomba
guhagurukira tukabirwanya, tukabica burundu.
‘Zero Tolerance’
ku nzoga n’ibiyobyabwenge mu mashuri
Minisitiri
Nsengimana yavuze ko ku bijyanye n’amashuri, Guverinoma yafashe umurongo
udasigira icyuho inzoga n’ibiyobyabwenge.
Yavuze
ko ntawe uzabona impamvu yo kubizana ku ishuri, kuko ingamba zihari ari iza
‘Zero Tolerance’, bivuze ko uwabifatanywe azahanwa.
Akomeza
ati: “Rero, dufite ibyo twita ‘0 Tolerance’ ku muntu uzanye inzoga cyangwa
ibiyobyabwenge ku ishuri, yaba ari umunyeshuri, umwarimu, umuyobozi w’ikigo,
yaba ari umukozi usanzwe aho mu kigo, yewe yaba ari na Minisitiri. Uwazana
inzoga wese ku ishuri, azahita abihanirwa ako kanya.”
Aya
magambo agaragaza ko ingamba zitareba abanyeshuri gusa, ahubwo ko buri wese
ukorera cyangwa ugira aho ahurira n’ishuri asabwa kugira uruhare mu kuririnda
inzoga n’ibiyobyabwenge.
Ni
umurongo uje mu gihe igihugu gikomeje gufata ingamba zitandukanye mu kurwanya
ibinyobwa n’ibindi bicuruzwa bishobora kugira ingaruka ku buzima bw’abaturage,
by’umwihariko urubyiruko.
Ku
isi hose, ibiyobyabwenge n’inzoga biri mu bibazo bishobora kugira ingaruka ku
rubyiruko, kuko ari bwo umuntu aba akiri mu gihe cyo gukura no kubaka ahazaza
he.
Mu
mashuri, ikibazo kiba gikomeye kurushaho kuko umunyeshuri aba afite inshingano
yo kwiga no kwitegura ubuzima bw’ejo hazaza.
Kugira
ngo uburezi bugire icyo bugeraho, ntabwo bireba ibitabo n’abarimu gusa. Harimo
n’imibereho y’umunyeshuri, abo agendana na bo, ibyo ahura na byo ndetse n’ibyo
akoresha mu buzima bwe bwa buri munsi.
Ni
muri uwo murongo Minisitiri Nsengimana yashimangiye ko kurwanya inzoga
n’ibiyobyabwenge mu mashuri bidakwiye kuba inshingano ya Minisiteri y’Uburezi
yonyine, ahubwo ko ari ikibazo gisaba uruhare rwa buri wese.

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana yatangaje ko bafashe ingamba zo guca inzoga n’ibiyobyabwenge mu mashuri

Minisitiri
Joseph yavuze ko hari amavugurura ari gukorwa mu rwego rwo guteza imbere ireme
ry’uburezi

Minisitiri
Nsengimana aganira na Fally Merci utegura ibitaramo bya Gen-Z Comedy

Minisitiri Nsengimana yavuze ko imibare y’abatsinze ibizamini bya Leta muri uyu mwaka ishimishije



