Ntawe utanga icyo adafite - Miss Jolly abwira urubyiruko kwihatira guhangana n'abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Amakuru ku Rwanda - 23/04/2026 8:58 AM
Share:

Umwanditsi:

Ntawe utanga icyo adafite - Miss Jolly abwira urubyiruko kwihatira guhangana n'abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Mutesi Jolly, wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2026, yasabye urubyiruko kugira uruhare rugaragara mu gusigasira amateka y’u Rwanda no guhagurukira rimwe mu guhangana n’abahakana ndetse n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yabitangaje ku wa Gatatu, tariki ya 22 Mata 2026, ubwo yifatanyaga n’abaturage bo mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iki gikorwa cyabereye kuri Paruwasi ya Sainte Famille. Cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Umuyobozi w'Urwego Ngishwanama rw'Inararibonye z'u Rwanda, Tito Rutaremera; Umuyobozi Mukuru ushinzwe imikoranire hagati y’abasirikare n’abasivili mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Col Désiré Migambi Mungamba; Umuyobozi w’Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, ndetse n'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu ijambo rye, Miss Jolly yavuze ko nubwo yavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ingaruka zayo zigera kuri buri Munyarwanda wese, yaba uwabibonye cyangwa utarabibonye.

Yagize ati: “Navutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko ubusharire bw'aya mateka y'u Rwanda bugera kuri buri wese, ntabwo bisaba ko uba waravukiye hano, ntabwo bisaba ko uba warabaye hano mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Yagize ingaruka kuri buri muntu wese, kuri buri munyarwanda wese, ku gihugu muri rusange."

Jolly yanagaragaje impungenge z’uko hari urubyiruko rutita ku mateka y’igihugu, nyamara rufite umubare munini mu gihugu. Ati: “Birababaje rero kubona urubyiruko tuvuga ngo iki gihugu kirimo umubare munini w'urubyiruko tukaba dusa n'aho twirengagiza ubwo bubabare n'ayo mateka asharira, birenze intekerezo z'umuntu. Nta muntu ushobora kwiyumvisha ibyabaye muri iki gihugu."

Yongeyeho ko nubwo atavukiye mu Rwanda, umuryango we wagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, ibintu avuga ko byamufashije gusobanukirwa igiciro cy’amahoro igihugu gifite uyu munsi.

Ati: “Navukiye hanze y'Igihugu, ariko umuryango wanjye benshi bari ku rugamba rwo kubohora iki gihugu. Iyo nganiriye n'abo bakubwira ko kugera muri iki gihugu ugasanga imiryango yabo bose bayimaze ariko kubera ubuyobozi bwiza bwa Perezida Paul Kagame akakubwira y'uko batagomba kwihorera. Ntabwo ari ikintu ushyikira, ntabwo ushobora kumva ahantu izo mbaraga zavaga."

Jolly yashimangiye ko urubyiruko rudashobora kurwanya abapfobya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, rutayazi neza, asaba buri wese kuyiga no kuyasigasira.

Ati: “Nk'urubyiruko rero aya mateka ni amateka dukwiriye kumva tukamenya, tukagira uruhare rwo guhangana n'abayapfobysa, kuko byanga bikunda urw'amasasu [Urugamba] rwararangiye, urugamba turiho noneho ni urwo kugirango dusigasire amateka yacu, dusigasire ibyo igihugu kimaze kugeraho, ntabwo twabikora tutabizi [...]"

Yanagarutse ku bagoreka amateka n’abayobya abandi, asaba urubyiruko kudashukwa cyangwa gukoreshwa n’ibitekerezo bigamije kugoreka ukuri kw’amateka y’igihugu.

Ati: "Uruhare rwacu rwa mbere ni ukugirango twige aya mateka kuko ntawe utanga icyo adafite, ntabwo wahangana n'aba bantu utabizi, abenshi bigiza nkana, kuko abenshi ntabwo wavuga ko batabizi. Tureke, kwigiza nkana n'abandi tubona bashukwa. Ntabwo turi urubyiruko rukwiriye gukoreshwa, ntabwo turi urubyiruko rukwiriye gushyira imbere inda nini [...]"

Miss Jolly asoza asaba urubyiruko rw’u Rwanda gushyira imbere kumenya amateka y’igihugu, kuyasigasira no kurwanya buri wese wayagoreka, ashimangira ko ari bo igihugu gishingiyeho mu kubaka ejo hazaza harambye.


Miss Jolly yasabye urubyiruko kwigira ku mateka y’u Rwanda no kuyasigasira, ashimangira ko “ntawe utanga icyo adafite” mu guhangana n’abagoreka amateka Jenoside yakorewe Abatutsi

 

Uru rugamba si urw’amasasu, ni urwo kurinda ukuri – Miss Jolly [Ubanza iburyo] asaba urubyiruko kuba ku isonga mu kurwanya abapfobya amateka y’u Rwanda

 

Mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Miss Jolly yasabye urubyiruko kutirengagiza amateka y’igihugu  nk’intwaro yo kurwanya abagoreka ukuri




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...