Real Madrid yatsinze Elche ibitego 3-2 ku mugoroba wo
kuri uyu wa Kabiri, aho uyu mukino
waranzwe no guhangana gukomeye ndetse n’igitutu kugeza ku minota ya nyuma.
Ikipe ya Mourinho yari isa n’igiye gutakaza amanota,
nyuma y’uko Elche yari yagarutse mu mukino igatsinda ibitego bibiri, ariko
Carlos Espi ayibonera igitego cy’intsinzi ku munota wa nyuma.
Nyuma y’umukino, Mourinho yavuze ko nubwo ikipe ye
yahuye n’ibibazo bikomeye, ikintu cy’ingenzi ari uko yabashije kubyitwaramo
neza ikegukana amanota atatu ndetse ko gutsinda muri ubu buryo aribyo bituma
abantu batarambirwa kureba imikino yabo.
Yagize ati: “Ikintu cyiza ni uko ntawe ujya arambirwa
kureba imikino ya Madrid.”
Mourinho yakomeje agira ati: “Ikindi cyiza ni uko
nyuma y’ingorane n’igitutu ikipe yahuye na byo, yabyitwayemo neza ikabasha
gutsinda, kandi icyo ni cyo cy’ingenzi.”
Iyi ntsinzi yatumye Real Madrid igira intsinzi eshanu
mu mikino itandatu ya La Liga imaze gukina muri uyu mwaka w’imikino. Umukino
umwe rukumbi yatakaje ni uwo yatsinzwe na Real Betis mu ntangiriro z’uku kwezi.
Real Madrid iri ku mwanya wa Kabiri ku rutonde rwa shampiyona aho inganya amanita na FC Barcelona gusa yo ifite umukino na Racing Santander kuri uyu wa Gatatu kuri Camp Nou.


Bigoranye, Real Madrid yatsinze Elche ibitego 3-2 ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri
