Ntawe urambirwa kureba imikino yacu - Jose Mourinho nyuma y’uko Real Madrid itsinze ku munota wa nyuma

Imikino - 16/09/2026 11:12 AM
Share:

Umwanditsi:

Ntawe urambirwa kureba imikino yacu - Jose Mourinho nyuma y’uko Real Madrid itsinze ku munota wa nyuma

Real Madrid yakuye amanota atatu kwa Elche nyuma yo gutsinda ibitego 3-2 ku munota wa nyuma, mu mukino Jose Mourinho yavuze ko wagaragaje impamvu ntawe urambirwa kureba imikino y’iyi kipe.

Real Madrid yatsinze Elche ibitego 3-2 ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, aho uyu  mukino waranzwe no guhangana gukomeye ndetse n’igitutu kugeza ku minota ya nyuma.

Ikipe ya Mourinho yari isa n’igiye gutakaza amanota, nyuma y’uko Elche yari yagarutse mu mukino igatsinda ibitego bibiri, ariko Carlos Espi ayibonera igitego cy’intsinzi ku munota wa nyuma.

Nyuma y’umukino, Mourinho yavuze ko nubwo ikipe ye yahuye n’ibibazo bikomeye, ikintu cy’ingenzi ari uko yabashije kubyitwaramo neza ikegukana amanota atatu ndetse ko gutsinda muri ubu buryo aribyo bituma abantu batarambirwa kureba imikino yabo.

Yagize ati: “Ikintu cyiza ni uko ntawe ujya arambirwa kureba imikino ya Madrid.”

Mourinho yakomeje agira ati: “Ikindi cyiza ni uko nyuma y’ingorane n’igitutu ikipe yahuye na byo, yabyitwayemo neza ikabasha gutsinda, kandi icyo ni cyo cy’ingenzi.”

Iyi ntsinzi yatumye Real Madrid igira intsinzi eshanu mu mikino itandatu ya La Liga imaze gukina muri uyu mwaka w’imikino. Umukino umwe rukumbi yatakaje ni uwo yatsinzwe na Real Betis mu ntangiriro z’uku kwezi.

Real Madrid iri ku mwanya wa Kabiri ku rutonde rwa shampiyona aho inganya amanita na FC Barcelona gusa yo ifite umukino na Racing Santander kuri uyu wa Gatatu kuri Camp Nou.


Bigoranye, Real Madrid yatsinze Elche ibitego 3-2 ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...