Ntaho bihuriye na Clapton! Papa Iddy wo muri filime ‘Umuturanyi’ ku butumwa yatangaje bwateje urujijo

Cinema - 03/12/2025 1:38 PM
Share:

Umwanditsi:

Ntaho bihuriye na Clapton! Papa Iddy wo muri filime ‘Umuturanyi’ ku butumwa yatangaje bwateje urujijo

Umukinnyi wa filime Harerimana Is’haq uzwi cyane nka Papa Iddy muri filime y’uruhererekane Umuturanyi, yashyize urujijo ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutangaza ubutumwa bwafashwe nk’ubuganisha ku kuba ari mu bibazo bishobora no kumusiga mu maboko y’ubutabera.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Ukuboza 2025, Papa Iddy yasangije abamukurikira amagambo akomeye agaragaza ko yicuza uburyo yizeye inshuti akayigira umuvandimwe, nyuma akaza kumenya ko atari uko yamubonaga.

Mu butumwa bwe yagize ati: “Nubwo nshobora gufungwa nzasiga mbabwiye uwo nzize. Mbega kwizera umuntu ku buryo umugira umuvandimwe kandi we nta mutima afite. Yewe ni yo mpamvu nta kintu nzongera gukora kivandimwe [...] Naguhaye byinshi byatumye uba umugabo nta kiguzi, muvandimwe. Gusa Imana izagutsinda.”

Aya magambo yahise atuma benshi mu bamukurikira bibaza byinshi ku muntu yavugaga, ndetse bamwe bihutira kwemeza ko yaba ari Mugisha Emmanuel uzwi nka Clapton Kibonge, umukuru we basanzwe bakorana muri filime Umuturanyi. Abandi bamusabiraga gukomera, mu gihe hari n’abahamyaga ko “babonaga ko uwo muntu azamuhemukira”.

Ariko mu kiganiro yahaye InyaRwanda, Papa Iddy yahakanye ko ubutumwa bwe bufite aho buhuriye na Clapton Kibonge, ahubwo asobanura ko buherereye ku muntu bari bafitanye imishinga ku rundi rwego.

Yagize ati: “Nakoranye n’umuntu kuri shene ya YouTube twanyuzaho filime, igihe cyarageze turatandukana. Twanaretse na filime twakoraga. Nahisemo kugurisha channel, ariko we yumva ko ngomba kumuha amafaranga. Arambeshyera ko ntamumenyesheje ko ngiye kuyigurisha kandi ari iyanjye ku giti cyanjye.”

Papa Iddy akomeza avuga ko icyo gikorwa cyakurikiwe n’ugutotezwa n’uwo mugenzi we, ndetse aherutse kumubwira ko agiye kumurega ku rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). Ibi ngo ni byo byatumye atangaza rya tangazo ryateje urujijo kugira ngo yisobanure no kwishinganisha mu buryo bw’amagambo.

Ati: “Mu minsi ishize yambwiye ko agiye kujya kuri RIB kundega. Ni yo mpamvu nanditse iriya ‘message’ nashakaga kwisobanura ku gitekerezo cyanjye no kwihagararaho.”

Uyu mukinnyi asaba abantu kudahuza ikibazo cye n’abahanzi cyangwa abakinnyi bakorana muri Umuturanyi, cyane ko ibyo ari byo byahise bivugwa na benshi batamenye neza inkomoko y’ubutumwa bwe.

Kugeza ubu Papa Iddy ntabwo yifuza gutangaza izina ry’uwo bari bafatanyije shene ya YouTube, ariko avuga ko yizeye ko ukuri kuzatsinda ndetse “n’uguhagararaho kwe kutazagira icyo kumutwara mu mategeko”.

Nagiye nkora byinshi mu buvandimwe, ariko byagarutse bintenguha— Papa Iddy ku cyamuteye kuvuga ayo magambo akomeye


Papa Iddy ati “Yambwiye ko agiye kujya kuri RIB kundega, ni yo mpamvu nanditse ririya tangazo.”



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...