Ntacyo bibangamira ku masomo - Shooter w’imyaka 12 mubyara wa Neg G the General winjiye mu muziki –VIDEO

Imyidagaduro - 13/08/2025 9:41 PM
Share:

Umwanditsi:

Ntacyo bibangamira ku masomo - Shooter w’imyaka 12 mubyara wa Neg G the General winjiye mu muziki –VIDEO

Afite imyaka 12 gusa, ariko umutima we uri ku nzozi zikomeye zo kuba umuhanzi uzwi ku rwego rwo hejuru. Shooter, amazina ye yombi akaba ari Ntwari Fred, yinjiye mu muziki mu kwezi kwa Nzeri 2024, ahamya ko ari impano yivumburiye ikwiye gusangizwa abantu bose.

Uyu mwana wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza avuga ko umuziki atawufata nk’igikorwa gisimbura amasomo, ahubwo awuha umwanya wagenewe nk’uko n’amasomo afite igihe cyayo. Yabwiye InyaRwanda, ati: “Ntacyo bibangamira amasomo kuko umuziki uba ufite igihe cyawo, n'amasomo igihe cyayo.”

Indirimbo ye ya mbere yise “Darling” yayanditse afite amarangamutima y’urukundo mu buryo bw’umuhanzi, yumva ko amagambo ayiganjemo ari meza kandi ahuza n’imitima y’abantu. Ubuyobozi n’abakunzi be bamufashije kuyishyira hanze, ari na byo byabaye intangiriro y’urugendo rwe.

Nyuma y’aho, Shooter yagiye mu bikorwa byo kwamamaza ibihangano, bimuhuza n’abandi bahanzi bakomeye.

Ni muri urwo rugendo yahuriye na Juda Kuberwa, umwe mu bahanzi bamaze kubaka izina, amubwira inzozi ze ndetse amusaba ko bakorana indirimbo. Kubera imikoranire myiza, ibyo byabaye impamo, indirimbo irakorwa ndetse irarangira.

Nubwo akiri muto, kuba yinjiye mu muziki kuri iyi myaka si igitangaza. Hari abandi bahanzi benshi ku isi no mu Rwanda batangiye bakiri bato cyane none ubu bakaba barabaye amazina akomeye.

Ku rwego mpuzamahanga, Justin Bieber yatangiye kumenyekana afite imyaka 13, Billie Eilish atangira ku 13 nawe akaza gutsindira ibihembo bikomeye, mu gihe Willow Smith yamenyekanye ku myaka 10.  

No mu Rwanda, hari nka Young Grace watangiye kuririmba akiri mu mashuri yisumbuye, Lil G, n'abandi bamenyekanye bakiri bato mu ndirimbo zitandukanye.

Ibi byose bitanga icyizere ko na Shooter, binyuze mu gukomeza kwitoza no gushyigikirwa, ashobora kuba umwe mu bahanzi bato bazubaka izina rikomeye mu myaka iri imbere.

Kuri we, urugendo rushya arimo ni intangiriro y’inzozi ndende afite: “Kuzamuka nkagera ku rwego rwo hejuru cyane,” nk’uko abyivugira.

Umuraperi Neg the General yabwiye InyaRwanda ko bishimishije kuba mubyara we yinjiye mu muziki bityo “mbonye uzankorera mu ngata mu rugendo rw’umuziki.”

 

Shooter yavuze ko kuba yiga mu mwaka wa Gatandatu w’amashuri yisumbuye ntacyo bibangamiye ku muziki we akora

 

Ngenzi Serge [Neg G the General] yavuze ko yishimiye kuba mubyara we yinjiye mu muziki

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘DARLING’ YA SHOOTER W’IMYAKA 12

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘INZIRA’ YA JUDA KUBERWA



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...