Ntabwo ndi agafu k’imvugwarimwe! Bruce Melodie yabwiye The Ben ko bazakizwa n’ifirimbi ya nyuma -VIDEO

Imyidagaduro - 06/06/2026 8:53 AM
Share:

Umwanditsi:

Ntabwo ndi agafu k’imvugwarimwe! Bruce Melodie yabwiye The Ben ko bazakizwa n’ifirimbi ya nyuma -VIDEO

Mu gihe abafana b’umuziki nyarwanda bamaze imyaka irenga icumi bagereranya impano, ibikorwa n’ubushobozi bwa Bruce Melodie na The Ben, aba bahanzi bombi bahisemo guhurira ku rubyiniro rumwe mu bitaramo bizazenguruka Intara z’u Rwanda, ariko mbere y’uko umuziki uvuga, amagambo yatangiye kuvuga byinshi.

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 5 Kamena 2026, muri Camp Kigali habereye ikiganiro n’itangazamakuru cyo gutangiza ku mugaragaro ibitaramo bya “Summer Country Tour”, byahuje Bruce Melodie na The Ben.

Cyari ikiganiro cyuzuyemo ibitwenge, kwigamba no guterana amagambo mu buryo bwa gicuti, buri umwe agaragaza ko yiteguye kwigaragaza imbere y’abafana.

Byageze aho The Ben aterera imboni abafana n’abakunzi b’umuziki, avuga ko uru rugendo ruzatanga igisubizo ku mpaka zimaze imyaka myinshi zivugwa mu myidagaduro nyarwanda. Ati: “Nibaza ko mu Ntara tugiye guca impaka, nta kindi.”

Aya magambo yaje ashimangira indi mvugo ye yavugaga ko ibi bitaramo bishobora gutuma abafana barushaho kumenya uwo babona nk’umuhanzi wa mbere mu Rwanda.

Nubwo yavuze ko guhatana bizaba bihari, The Ben yanashimangiye ko intego nyamukuru ari ugutanga urugero rwiza ku rubyiruko n’abahanzi bakizamuka, agaragaza ko ubusabane n’ubufatanye bishobora kubaho n’iyo hari ibyo abantu badahurizaho.

Yagize ati: “Urugero dushaka gutanga ku bakiri bato n’abandi bazadukurikira ni uko njye na Bruce Melodie turi abavandimwe. Dushobora kutaba kuri paji imwe ariko twese turi guteza imbere umuziki nyarwanda.”

Ni amagambo yasaga n’atangaje, Bruce Melodie ahita ayafatira hejuru, ariko na we mu buryo bwuzuyemo urwenya n’icyizere cyinshi ku bushobozi bwe. Ati “Njye ntabwo ndibubwire abafana, ndabwira The Ben. The Ben, ntabwo ndi agafu k’imvugwarimwe.”

Aya magambo yahise akurikirwa n’ibitwenge mu cyumba, ariko ubutumwa bwari bukomeye. Bruce Melodie yashakaga kugaragaza ko na we yiteguye guhatana, kandi ko adafite gahunda yo kujya ku rubyiniro nk’uwagiye kurebera.

Mu by’ukuri, uko ikiganiro cyagendaga gikomeza ni ko byarushagaho kugaragara ko aba bahanzi bombi bazanye imbaraga zingana. Nta n’umwe wasaga n’ushaka gutanga umwanya ku wundi mbere y’uko ibitaramo bitangira.

Ariko hagati y’aya magambo y’ihangana, Bruce Melodie yagaragaje ko hari ikirenze guhatanira amashyi cyangwa gukurura imbaga.

Yavuze ko igihe kigeze ngo umuziki nyarwanda uve ku rwego rwo gushimisha abantu gusa, ahubwo utangire no kubyara inyungu zihagije ku bawukora.

Ati: “Igihe kirageze ko umuziki w’Abanyarwanda utangira gutunga abahanzi kandi bakaba banabikiriramo. Twaciye muri byinshi, twariyubatse mwarabibonye, ariko noneho igihe kirageze ko umuziki uhinduka akazi.”

Yavuze ko ibitaramo nk’ibi bidakwiye kureberwa gusa mu ndorerwamo y’abahanzi bazaba bari ku rubyiniro, ahubwo ko ari urubuga rwagutse rutanga akazi ku bantu benshi kandi rugatanga amahirwe ku nganda y’imyidagaduro muri rusange.

Ku ruhande rwe, yavuze ko uru rugendo ari n’umwanya wo kongera kwegera abafana bo hirya no hino mu gihugu, cyane cyane ko yari amaze igihe atabasha gukora ibitaramo bizenguruka Intara.

Ati: “Nari maze iminsi mbaha indirimbo nziza ariko ntabwo nari narabashije gukora ibitaramo nk’ibi bizenguruka igihugu. Igihe rero ni iki ng’iki.”

Yakomeje asobanura ko ibi bitaramo bizaba amahirwe yihariye ku bafana bazabona umwanya uhagije wo kureba no gupima ibyo buri muhanzi ateguriye abakunzi be.

Ati: “Ni umwanya mwiza wo kureba umuhanzi wateguye igitaramo, umwanya ashobora guha umuziki, no guha umwanya umufana wa nyawe akamubona mu buryo buhagije.”

Nubwo amagambo amaze iminsi avugwa ashobora gutuma bamwe babifata nk’intambara y’abahanzi babiri bakomeye mu Rwanda, uko ibintu byagaragaye muri Camp Kigali byasize ishusho itandukanye.

Byari nk’umukino ukomeye watangiye mbere y’igihe, aho buri ruhande rwamaze kwerekana ko rwiteguye, ariko igisubizo nyacyo kikazava ku rubyiniro.

Kuri ubu, amagambo yaravuzwe, imyato yarivuzwe, n’ubutwari bwagaragajwe. Icyakora nk’uko mu mupira w’amaguru umukino urangira ari uko umusifuzi avuze ifirimbi ya nyuma, ni na ko bizagenda kuri Bruce Melodie na The Ben.

Abafana bazabumva, babarebe, babapime, hanyuma bavuge ijambo rya nyuma. Kugeza ubu, umwe yavuze ko azaca impaka, undi asubiza ko atari agafu k’imvugwarimwe. Igisigaye ni uko urubyiniro ruvuga.


The Ben yabwiye Bruce Melodie ko sosiyete izaca impaka hagati y’abo; Bruce Melodie amubwira ko nawe yihagazeho




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...