Juliet Mutamba ni umwe mu bakinnyi
bamaze kumenyekana muri filime zitandukanye, aho yakinnye muri zimwe mu
zakunzwe zirimo “Isezerano ry’ikinyoma” ndetse n’izindi zakozwe na Micky Films.
Mu minsi ishize, Juliet yashyize
hanze ibaruwa imenyesha abakunzi be ko atakibarizwa muri Micky Films. Ibi
byatumye bamwe bibaza niba yari yafashe umwanzuro wo gusezera ku bushake
cyangwa niba hari izindi mpamvu zatumye ava muri uru ruganda.
Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda,
Juliet yasobanuye ko atigeze afata umwanzuro wo gusezera, ahubwo ko yasezerewe.
Yavuze ko impamvu nyamukuru yatumye
atangaza ko atakibarizwa muri Micky Films ari ukugira ngo abakunzi be bamenye
aho urugendo rwe rwo gukina filime rukomereje.
Ati: “Ntabwo nasezeye. Iri tangazo
nasohoye ryari iryo kugira ngo ngaragarize abafana banjye ko ntakibarizwayo.
Byanze bikunze hari abantu bankundaga, ejo nibambura ntazagenda nasezeye.”
Juliet yavuze ko kuba atakibarizwa
muri Micky Films bidakwiye gutuma abakunzi be batekereza ko bagiye kumubura
burundu, kuko afite indi mishinga akomeje gukoramo.
Ati: “Ikindi ni uko n’iyo ntakiri
hariya, batazankumbura cyane, bazasanga mu bikorwa byanjye biri kuri shene ya
YouTube yitwa ‘Hobe Movies’.”
Juliet yavuze ko mu ibaruwa
yamumenyesheje ko atakibarizwa muri Micky Films, yashimiwe uburyo yakoranye
n’abo yari asangiye na bo urugendo.
Avuga ko kuba abantu bakorana igihe
runaka, nyuma bakaza gutandukana, atari ibintu bidasanzwe. Icyakora, yasobanuye
ko we atabona ko yaba yarakoze ikosa rikomeye mu myitwarire ryatuma asezererwa.
Ati: “Mu ibaruwa insezerera
banshimiye uko twakoranye. Bibaho ko abantu bakorana, igihe kikagera
bagatandukana, ibyo byo nta nkuru ibirimo. Nta myitwarire mibi nigeze nkora
yatuma banyirukana uko.”
Nubwo atinjiye mu bisobanuro
birambuye ku byari bikubiye mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Juliet
yavuze ko Micky atishimiye ubwo butumwa, nubwo ngo atari bwo yari agamije.
Ati: “Sinajya mu bintu byinshi,
ariko icyo nzi ni uko Micky atashimishijwe n’ubutumwa nashyize ku mbuga
nkoranyambaga, kandi butari bumugenewe.”
Nubwo gutandukana kwabo kwaturutse
ku mpamvu avuga ko zitashimishije Micky, Juliet yavuze ko adashaka ko ibyo
bituma abantu bibagirwa uruhare Micky yagize mu rugendo rwe rwo gukina filime.
Yamushimiye ku mugaragaro, avuga ko
yamuhaye amahirwe yo gukina no gukomeza gukura muri uru ruganda.
Juliet yavuze ko nubwo ubu
batandukanye mu kazi, adafata iki gikorwa nk’umusozo w’umubano wabo, kuko hari
igihe bashobora kongera gukorana.
Ati: “Kandi si ngiye gupfa, nawe
nagiye gupfa. Hari igihe twakongera tugakorana, urugendo rugakomeza. Ndumva
rero ntakibazo.”
Nyuma yo kuva muri Micky Films,
Juliet avuga ko atashyize iherezo ku rugendo rwe muri sinema. Ahubwo yerekeje
imbaraga ku yindi mishinga, irimo filime zitambuka kuri YouTube binyuze kuri
‘Hobe Movies’.
Ibi ni byo byatumye ahitamo
gutangariza abakunzi be ko atakibarizwa muri Micky Films, kugira ngo batagira
impungenge ko gutandukana na Micky bivuze ko atakiri umukinnyi wa filime.
Juliet Mutamba yakomeje kumenyekana
binyuze mu kwigaragaza muri filime zitandukanye, by’umwihariko mu bikorwa bya
Micky Films, aho yagaragaye muri Isezerano ry’ikinyoma n’izindi.
Ubu avuga ko urugendo rwe rukomeje, nubwo aho rukomereza hatandukanye n’aho yari asanzwe azwi n’abakunzi be.

Juliet Mutamba yatangaje ko
yasezerewe muri filime za ‘Micky Films’ ahitamo gukomeza urugendo rwe
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA JULIET MUTAMBA
KANDA HANO UBASHE KUREBA FILIME NSHYA YA JULIET MUTAMBA
