Ibi
byabereye mu gitaramo cyabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 13 Gashyantare
2026, muri Kigali Universe, ahahuriye imbaga y’abakunzi b’umuziki n’ibyamamare
bitandukanye.
Mu
kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda nyuma y’iki gitaramo, Marina yavuze
ko yatunguwe, ariko kandi yanyuzwe.
Marina
yavuze ko nubwo yafashije umukunzi we mu myiteguro y’iki gitaramo, ndetse
akamuba hafi mu rugendo rwo gutegura Album, atigeze akeka ko byasozwa no
kumwambika impeta.
Ati:
“Imyiteguro yose yagenze neza. Ikintu twari dutegereje ni uyu munsi, kureba uko
ibintu bigenda n’umusaruro wabyo. Byagenze neza cyane. Ikintu cyonyine
cyantunguye ni ukuntu nambitswe impeta y’urukundo.”
Yvan
Muziki yemeje urukundo bari baragize ibanga
Mu
ijambo rye ryanyuze benshi ku mutima, Yvan Muziki yemeye ku mugaragaro ko
Marina ari we mukunzi we, ashimangira ko nubwo bamaze igihe bavugwa mu rukundo,
bahisemo kubigira ibanga.
Yagize
ati: “Nagize amahirwe nabonye uwo duhuje umwuga w’umuziki. Ni we nkunda.
Mberetse imfura yanjye (Album), none mberetse n’umukazana (Marina). Mwakoze
kuza kudushyigikira.”
Yavuze
ko inkuru z’urukundo rwabo yazumvaga kenshi, ariko akabyihorera kuko “igihe
cyari kitaragera.”
Ubwo
yamwambikaga impeta, Marina yabanje gukuramo izindi mpeta yari yambaye, mbere
yo kwemera iy’umukunzi we, ibintu byakurikiwe n’amashyi menshi n’ibyishimo
by’abari bitabiriye iki gitaramo cyabaye ku munsi wa Saint Valentin.
Album
“Inganzo Ntahangarwa” igizwe n’indirimbo 17, aho Marina yagize uruhare rukomeye
mu myandikire no mu mikoranire.
Hari
n’indirimbo yahuriyemo na Yvan Muziki, zashimangiwe ku rubyiniro aho bombi
baririmbye indirimbo bakoranye ndetse banasubiramo izindi zakunzwe.
Iki
gitaramo cyitabiriwe n’abahanzi n’ibyamamare bitandukanye barimo Massamba
Intore, Jules Sentore, Yvanny Mpano, Itorero Inyamibwa ndetse na Kidum.
Kidum
yavuze ko yishimiye intambwe aba bombi bateye, anagaruka ku nkuru zigeze
gukwirakwira zivuga ko Marina yibagishije ikibuno ubwo yari muri Nigeria, avuga
ko byigeze kumusetsa cyane.
Marina
na Yvan Muziki bari bambaye imyambaro ihuje n’amabara ajyanye n’umunsi
w’abakundana, ibintu byarushijeho guha iki gitaramo isura y’urukundo
n’amarangamutima menshi.
Iyi
ntambwe bateye ishimangira ko urukundo rwabo rutakiri inkuru z’amatwi gusa,
ahubwo rufite ishingiro rugaragarira mu ruhame, mu muziki no mu buzima
busanzwe.

Mu
gitaramo cyo kumurika Album “Inganzo Ntahangarwa”, Yvan Muziki yateye intambwe
itari itegerejwe na benshi, asaba Marina ko bakomezanya urugendo rw’urukundo

“Ntabwo
nari mbyiteguye…” Aya ni amagambo Marina yatangaje nyuma yo kwambikwa impeta
n’umukunzi we Yvan Muziki, ibintu byatunguranye ndetse bikavugisha benshi ku
mbuga nkoranyambaga.



Ku
rubyiniro baririmbye indirimbo bakoranye, mu buzima busanzwe berekana ko
urukundo rwabo rutakiri ibanga

Yvan Muziki na Marina bahisemo umunsi wa Saint Valentin nk’itangiriro rishya ry’urugendo rwabo


