Ntabwo mbazi - Shizzo yihakanye Bwiza na Nyambo bari mu birori byatangije ubukwe bwe

Imyidagaduro - 24/01/2026 8:09 AM
Share:

Umwanditsi:

Ntabwo mbazi - Shizzo yihakanye Bwiza na Nyambo bari mu birori byatangije ubukwe bwe

Umuraperi Hakizimana Ishimwe Agappe wamamaye nka Shizzo yatangaje ko atazi umuhanzikazi Bwiza n’umukinnyi wa filime Nyambo, n’ubwo bombi basanzwe bazwi nk’inshuti za hafi z’umugore we Kayitesi Yvonne ‘Tessy’ baherutse kurushinga.

Shizzo yarushinze n’umukunzi we Tessy usanzwe ari umunyamakuru, mu birori bikomeye byabereye muri Intare Conference Arena ku Cyumweru tariki ya 10 Mutarama 2026, aho bari bashyigikiwe n’abantu b’ingeri zitandukanye barimo abo mu myidagaduro, itangazamakuru n’abandi b’inshuti n’abavandimwe.

N’ubwo bimeze bityo, Bwiza na Nyambo ntibigeze bitabira ibi birori by’ubukwe, nyamara bombi bari mu nshuti za Tessy zamuherekeje ku wa 15 Mutarama 2025, ubwo yambikwaga impeta y’urukundo na Shizzo mu birori byabereye mu Mujyi wa Dubai.

Ubwo Shizzo yari mu kiganiro The Choice Live, yabajijwe impamvu Bwiza na Nyambo batigeze bataha ubukwe bwe, asubiza ko atabizi kuko atanabazi.

Umunyamakuru yagerageje kumwereka amafoto y’aba bombi, ariko Shizzo akomeza kubihakana, asaba ko icyo kibazo kirengwa bakibanda ku bindi byari bigize ikiganiro.

Shizzo usanzwe utuye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yavuze ati: “Abo ni bande bakora iki? Abo bantu ntabwo mbazi. Bwiza ntabwo muzi. Ntabwo mba i Kigali namumenya gute se? Simbizi wasanga AI (ubwenge buhangano) cyangwa se rwose simbazi, cyane ko turi muri 2026.”

Yeretswe ifoto ya Bwiza amaze kuyireba agira ati “Ko mbona ubwiza ari hafi ya ntabwo se. Ntabwo muzi rwose muvandimwe. Kandi ni ko kuri. Ni ubwa mbere mubonye.”

Yeretswe n’ifoto ya Nyambo aravuga ati “Ntabwo muzi pe (ariko najyaga mwumva) muri gahunda za Titi Brown (Bakanyujijeho mu rukundo).” Yungamo ati: “Abo bakobwa se byagenze gute? Baje (mu kwambika impeta se ari inde wabatumiye?). Abo bantu tubarenge, ntabwo tubazi."

Aya magambo ya Shizzo yakomeje gukurura impaka mu bakurikirana imyidagaduro, benshi bibaza uko inshuti zari ziri hafi y’umugore we mu bihe byashize zitigeze zigaragara mu bukwe bwe, mu gihe we avuga ko atazizi na gato.

Shizzo yatangaje ko atazi Bwiza nyamara agaragara mu ifoto yafashwe ku wa 15 Kamena 2025 ubwo yari mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Nyambo agaragara mu ifoto yafashwe agaragaza ibyishimo ubwo mugenzi we ‘Tessy’ yambikwaga impeta y’urukundo

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO‘K.O.D2’ YA SHIZZO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...