Nta n’indezo yasabye! Ibiri muri gatanya ya Ishimwe Vestine n’umugabo we (VIDEO)

Imyidagaduro - 15/09/2026 11:54 AM
Share:

Umwanditsi:

Nta n’indezo yasabye! Ibiri muri gatanya ya Ishimwe Vestine n’umugabo we (VIDEO)

Ishimwe Vestine wamamaye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, binyuze mu itsinda rya Vestine na Dorcas, ari mu rugendo rwo gutandukana n’umugabo we Idrissa Ouedraogo, nyuma y’umwaka umwe, amezi abiri n’iminsi icyenda basezeranye imbere y’Imana n’abantu.


Ni inkuru yakuruye benshi, by’umwihariko ku bakurikiranira hafi ubuzima bw’abahanzi nyarwanda, kuko Ishimwe Vestine ari umwe mu baririmbyi bamaze kubaka izina rikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Nzeri 2026, InyaRwanda yatangaje ko ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro habereye Inama Ntegura Rukiko yahuje impande zombi, mu rwego rwo gutegura iburanisha ry’urubanza rwa gatanya rurebana na Ishimwe Vestine n’umugabo we Idrissa Ouedraogo.

Muri iyi nama, Ishimwe Vestine yari ahagarariwe n’umunyamategeko we, mu gihe Idrissa Ouedraogo yari ahagarariwe n’ikigo cy’abanyamategeko “Platinum Advocates Ltd.” Bombi ntibari bitabiriye inama.

Ishimwe Vestine na Idrissa Ouedraogo biyemeje kubana nk’umugabo n’umugore byemewe n’amategeko, ariko nyuma y’umwaka umwe, amezi abiri n’iminsi icyenda, umwe muri bo atangira inzira yo gusaba ko uwo mubano urangira.

Ishimwe Vestine, usanzwe abarizwa muri Canada muri iki gihe, ni we watanze ikirego asaba gatanya.

Binyuze ku ruhande rwa Idrissa, InyaRwanda yamenye ko uyu muhanzikazi yagaragaje impamvu ebyiri avuga ko zatumye afata icyemezo cyo gusaba gatanya.

Imwe muri zo ni ibyo asobanura nk’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, aho ashinja umugabo we kumukorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina (Sexual Harrassment).

Indi mpamvu yagaragaje ni uko ngo umugabo we yari afite abandi bagore babiri muri Burkina Faso atigeze amubwira mbere.

Ibi ni ibyagaragajwe na Vestine mu kirego cye; ku rundi ruhande, Idrissa Ouedraogo n’abamwunganira bagaragaza ko ibibazo biri hagati y’abashakanye bidakwiriye gukemurwa binyuze muri gatanya.

Bityo, kugeza ubu, ibyo impande zombi zivuga biri mu bigomba gusuzumwa mu rubanza, aho urukiko ruzumva impande zombi mbere yo gufata icyemezo.

Kugira abagore benshi muri Burkina Faso biremewe?

Kimwe mu byagaragajwe muri dosiye ni ikibazo cy’abagore benshi Vestine avuga ko umugabo we yari afite muri Burkina Faso.

Burkina Faso ni kimwe mu bihugu aho gushaka abagore benshi byigeze kwemerwa mu mategeko, ariko bikaba bigomba gukorwa hakurikijwe uburyo bwateganyijwe n’amategeko.

Mu gihe abagiye gushakana bahisemo kubana mu buryo bw’abagore benshi, umugabo ashobora kugira abagore barenze umwe, ariko iyo gahunda ikaba igomba kuba yaratoranyijwe mu buryo bwemewe n’amategeko mu gihe cyo gushyingiranwa.

Ni yo mpamvu ikibazo cy’uko umuntu yaba yarashakanye n’undi muntu mbere cyangwa afite undi mubano wemewe n’amategeko gishobora kugira ibisobanuro byihariye bitewe n’uko ubukwe bwabaye ndetse n’amasezerano abashakanye bagiranye.

Ku rundi ruhande, kuba amategeko y’igihugu runaka yemera abagore benshi ubwabyo ntibihita bivuga ko buri mugabo wese wo muri icyo gihugu aba afite uburenganzira bwo kubikora uko yishakiye. Hari amabwiriza n’amahitamo agomba kubahirizwa mu gihe cyo gushyingirwa.

Nta mitungo, nta n’indezo yasabye

Ikindi kintu cyihariye kiri muri dosiye ya gatanya ya Ishimwe Vestine ni ibyo yasabye ku bijyanye n’imitungo ndetse n’umwana babyaranye. Mu byo yashyikirije urukiko, Vestine yavuze ko nta mutungo asaba kugabana n’umugabo we. Ikindi kandi, yavuze ko nta n’indezo asaba ku mwana babyaranye.

Ibi bivuze ko, mu byo yashyikirije urukiko, atigeze asaba ko umugabo we amuha amafaranga y’indezo cyangwa ko hagira umutungo runaka ugomba kugabanywa hagati yabo nk’igice cy’ikirego cye.

Urukiko ni rwo ruzagena ibizaba ku ngingo zose zirebwa n’urubanza, rushingiye ku bimenyetso ndetse n’ibisobanuro bizatangwa n’impande zombi.

Nubwo Inama Ntegura Rukiko yabaye, ntabwo bivuze ko urukiko rwamaze gufata icyemezo kuri gatanya ya Ishimwe Vestine na Idrissa Ouedraogo.

Iyi nama iba mu rwego rwo gutegura uko urubanza ruzaburanishwa, mbere y’uko impande zombi zumvwa ku mizi y’ikibazo.

Biteganyijwe ko mu gihe urubanza ruzatangira kuburanishwa mu mizi, buri ruhande ruzagira umwanya wo gusobanura uko rubona ikibazo, gutanga ibimenyetso no gusubiza ku byo rushinjwa cyangwa rushinjanya.

Kugeza icyo gihe, ibyo Ishimwe Vestine ashinja umugabo we, ndetse n’ibisobanuro bitangwa n’uruhande rwa Idrissa Ouedraogo, bikomeza kuba ibirego n’imyiregurire by’impande zombi bitaracirwaho iteka.

Uko umutungo ushobora kugabanywa ku bashakanye batandukanye

Itegeko rishya rigenga Abantu n’Umuryango ryo mu 2024 ryazanye impinduka ku bashakanye bahisemo ivangamutungo rusange, cyane cyane mu gihe batandukanye bataramara imyaka itanu babana. Izi mpinduka zigamije gukumira abashobora gushyingiranwa bagamije inyungu z’umutungo, nyuma y’igihe gito bagahita basaba gatanya.

Mu gihe umwe mu bashakanye abisabye kandi bakaba bataramara imyaka itanu babana, urukiko rushobora gusuzuma impamvu zatanzwe n’ibimenyetso bihari, rukemeza ko umutungo n’imyenda byabo bitagomba kugabanywa ku buryo bungana, ni ukuvuga 50% kuri 50%.

Iyo urukiko rwemeje ko umutungo utagabanywa ku buryo bungana, buri wese ahabwa igice gihwanye n’uruhare yagize mu kuwubona cyangwa kuwushaka.

Muri iri gabana, urukiko ntirureba gusa amafaranga cyangwa umutungo umwe mu bashakanye yaba yaratanze. N’imirimo yo mu rugo idahabwa umushahara ishobora kubarwa nk’uruhare mu mutungo w’urugo. Muri iyo mirimo harimo kurera abana, guteka, gukora isuku, kwita ku rugo no kuyobora indi mirimo ya buri munsi y’urugo.

Bivuze ko, mu gihe urukiko rusuzuma uruhare rwa buri wese mu mutungo w’urugo, rushobora no kuzirikana umusanzu w’umwe mu bashakanye wagaragajwe binyuze mu mirimo yakoreye urugo nubwo atari yahabwa umushahara kuri iyo mirimo.


Mu byo Ishimwe Vestine yasabye muri gatanya ye na Idrissa, nta ndenzo, ndetse nta mitungo asaba


Ishimwe Vestine na Idrissa Ouedraogo bari kwitegura kuzaburana urubanza rwa gatanya ruzabera mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro

KANDA HANO UBASHE KUMENYA IBYO VESTINE YASABYE MURI GATANYA NA IDRISSA



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...