Nta munyamategeko nari mfite! Mike Kayihura yari amaze imyaka 3 atemerewe gusohora indirimbo

Imyidagaduro - 09/07/2025 5:55 AM
Share:

Umwanditsi:

Nta munyamategeko nari mfite! Mike Kayihura yari amaze imyaka 3 atemerewe gusohora indirimbo

Umuhanzi w’Umunyarwanda akaba n’umwanditsi w’indirimbo, Mike Kayihura, uheruka kwamamara cyane mu ndirimbo nka Zuba, yatangaje ko yari amaze imyaka itatu adasohora indirimbo nshya bitewe n’amasezerano yasinye na bamwe mu bantu batamuhaga uburenganzira bwo gushyira hanze ibihangano bye.

Mu butumwa yanyujije kuri konti ye ya X (yahoze ari Twitter), kuri uyu wa Kabiri tariki 8 Nyakanga 2025, Mike Kayihura yavuze ko ayo masezerano yamubujije gukora umuziki uko bikwiye, ndetse bigira ingaruka zikomeye kuri EP ye yise “Zuba” yakuwemo ku mbuga zicururizwaho umuziki.

Yagize ati “Maze imyaka itatu ntasohora indirimbo bitewe n’amasezerano nasinye. Natekerezaga ko azagura ibikorwa byanjye ariko ahubwo yangize imbohe. Byanteye umunabi kuko nabonaga abantu bambeshya no kungusha. Ariko ubu nabivuyemo. Indirimbo nshya ziri hafi. Murakoze kumba iruhande.”

Yakomeje agira inama abandi bahanzi ati: “Si buri wese mukorana, mugenda hamwe cyangwa muganira ku mishinga uba akwifuriza ibyiza. Menya ibya ngombwa mu rugendo rwawe, ntube mu cyumba cy’indirimbo gusa. Soma byinshi. Jya ugaragara. Gutsindwa ni byiza. Ni yo nzira yonyine yo kwiga no gukura. Ndifuza kuzakomeza gusangiza abantu byinshi kuri uru rugendo vuba aha.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda, Mike Kayihura yavuze ko ayo masezerano yayasinye agamije gukorana na “Management” atifuje kuvuga amazina, ariko siko byagenze.

Ati “Ni amasezerano nasinye mu myaka itatu ishize ntekereza ko hari ibikorwa twari gukorana. Ntabwo nshaka kubivugaho birambuye ariko byambujije gukora ibyo nagombaga gukora. Nta ndirimbo nashoboraga gusohora, ndetse na EP yanjye bayikuraho. Ubu ndi gushaka uko nayigarura.”

Mike yavuze ko yasinye ayo masezerano nta munyamategeko bari kumwe, ari nabyo byamugizeho ingaruka z’igihe kirekire, ariko ubu ibintu biri kujya ku murongo.

Ati “Ubu nditegura kuvuga kuri iki kibazo birambuye. Ariko icy’ingenzi ni uko ubu byarangiye. Ngiye kongera gukora akazi. Icyo gihe nasinyaga nta munyamategeko nari mfite, ariko ubu ndimo kugerageza gushyira ibintu ku murongo.”

Mike Kayihura ari mu bahanzi bafite izina rikomeye mu muziki wa R&B, Afro-Soul n’undi muziki wumvikanamo ubuhanga buhanitse mu miririmbire n’iyandikire y’indirimbo.

Guhura n’iki kibazo cy’amasezerano byabaye nk’aho bisubije inyuma urugendo rwe rwa muzika, ariko ubu yemeza ko yiteguye kugaruka ku mugaragaro.


Mike Kayihura yatangaje ko yari amaze imyaka 3 adasohora indirimbo kubera amasezerano yari yasinye 

Mike Kayihura yavuze ko nta munyamategeko yari afite ubwo yasinyaga ariya masezerano na ‘Management’ bari bagiye gukorana


Mike yavuze ko ariya masezerano yagize ingaruka kuri EP ye yise ‘Zuba’ 

Kayihura yabwiye abahanzi kwitondera amasezerano bashyiraho umukono

MIKE KAYIHURA YAHERUKAGA GUSOHORA INDIRIMBO YITWA 'TUZA' MURI WERURWE 2022



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...