Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko ubuyobozi bwa
Liverpool bugiranye ibiganiro n’umugore wa Jota, Rute Cardoso, hamwe
n’umuryango we. Ibi bivuze ko uyu mukinnyi mpuzamahanga azahora ari nimero 20
ya Liverpool kabone n’ubwo yamaze kwitaba Imana.
Mu itangazo iyi kipe yashyize hanze, ryavuze ko iyo
nimero izahagarikwa ku nzego zose z’ikipe, harimo ikipe y’abagore ndetse
n’amashami y’ishuri ryayo ry’umupira w’amaguru.
Bagize bati: “Ni uburyo bwo guha agaciro uruhare
runini rw’umusore wacu ukomoka muri Portugal, rwafashije Liverpool mu ntsinzi
zayo mu myaka itanu ishize, ariko kandi no kumwibuka uruhare yagize ku nshuti
ze, abakinnyi bagenzi be n’abafana ndetse n’umubano ukomeye yabashije kubaka
nabo.”
Diogo Jota yinjiye muri Liverpool mu 2020 avuye muri Wolverhampton Wanderers, aho yayitsindiye ibitego 65 mu mikino 182 yakiniye iyi kipe. Yagize uruhare rukomeye mu gutwara FA Cup na Carabao Cup mu 2022, ndetse na Carabao Cup ya 2024. Yanabaye umwe mu bakinnyi bayifashije kwegukana igikombe cya shampiyona ya Premier League mu mwaka ushize, ari na cyo cya 20 iyi kipe itwaye mu mateka yayo.
Kuri uyu wa Gatanu saa mbili n’iminota 20 z’ijoro
(20:20 BST), Liverpool yashyize video ku mbuga nkoranyambaga ifite ubutumwa
bugira buti "Forever our number 20" (azahora ari nimero 20 yacu).
Michael Edwards, ukuriye ishami ry’umupira muri
Fenway Sports Group yagize ati: “Twese twari tuzi uburyo abafana bacu bumva
Jota, kandi natwe twumva kimwe n’abandi. Ni yo mpamvu twafashe umwanya wo
kugisha inama Rute n’umuryango we, kandi twabanje kubamenyesha mbere y’uko
dutangaza iki cyemezo. Ibi ni ubwa mbere mu mateka ya Liverpool hakozwe
igikorwa nk’iki, bityo dushobora kuvuga ko ari icyubahiro kidasanzwe ku muntu
udasanzwe. Guhagarika iyi nimero bivuze ko ihora mu mitima yacu kandi ko Jota
atazibagirana.”
Diogo Jota na murumuna we Andre Silva baguye mu
mpanuka ubwo Lamborghini barimo yavaga mu muhanda bitewe no guturika kw’ipine,
ubwo bari barimo bagerageza kunyura ku yindi modoka hafi saa sita n’igice
z’ijoro (00:30) ku wa Kane, tariki ya 3 Nyakanga 2025.
Jota yari agarutse i Liverpool yitegura imyitozo ya
mbere y’umwaka utaha w’imikino ariko kubera ko yari aherutse kubagwa byoroheje,
abaganga bari bamugiriye inama yo kutagenda mu ndege, ahitamo gukoresha imodoka
n’ubwato.
Imihango yo kubashyingura yabereye mu mujyi wa Gondomar
bavukamo ku wa Gatandatu ushize, aho Liverpool yohereje intumwa nyinshi
z’abakozi bayo n’abakinnyi.
Rute Cardoso n’umuryango basuye Anfield
Kuri uyu wa Gatanu abakinnyi n'abakozi ba Liverpool bibutse Diego Jota
Umugore wa Jota nawe yari ahari ku kibuga cya Liverpool mu kwibuka umukunzi we
Umugore wa Jota, Rute Cardoso, hamwe n’abandi
bagize umuryango we, basuye Stade ya Anfield ku wa Gatanu, hamwe n’abakinnyi ba
Liverpool n’abatoza babo, bose bahakorera ibikorwa byo kwibuka Jota
n’umuvandimwe we.
Cardoso wari umaze iminsi 11 gusa ashyingiranwe na
Jota mbere y’impanuka, yagaragaye atwaye indabo ubwo yanyuraga imbere y’aho
abantu benshi basize ubutumwa n’indabyo mu rwego rwo kubaha icyubahiro.
Liverpool izakina umukino wayo wa mbere nyuma
y’urupfu rwa Jota kuri iki Cyumweru, aho izacakirana na Preston North End mu
mukino wa gicuti utegura umwaka mushya, uzabera kuri Deepdale Stadium. Hazaba
harimo ibikorwa binyuranye byo kumwibuka ndetse hanabeho umutota wo kwibuka
mbere y’uko umukino utangira.