Nta matora abaye, Congo yambitse ikamba uzayiserukira muri Miss Universe

Imyidagaduro - 06/09/2025 6:36 AM
Share:

Umwanditsi:

Nta matora abaye, Congo yambitse ikamba uzayiserukira muri Miss Universe

Nyuma y’icyemezo cyo kwambura ikamba Déborah Djema wari watorewe guhagararira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Miss Universe 2025, abategura iri rushanwa bamaze gutangaza undi mushya wahawe iri kamba mu buryo bwihuse.

Déborah Djema yambuwe ikamba nyuma yo kwanga gushyira umukono ku masezerano ateganywa n’irushanwa, aho we yasabaga ko yahindurwa, ariko abategura bamubera ibamba bavuga ko badashobora guhindura ibintu ku nyungu ze bwite.

Mu itangazo ryashyizwe hanze, abategura Miss Universe DR Congo batangaje ko Dorcas Dienda Kasinde ari we wahise asimbura Déborah Djema, bityo akaba ari we uzaserukira iki gihugu mu Ugushyingo 2025, ubwo Miss Universe izabera muri Thailand.

Igitangaje kuri benshi ni uko batatanze ikamba ku bakobwa bari batsindiye amakamba muri iri rushanwa mbere, nk’igisonga cya mbere, cyangwa se icya Kabiri, ahubwo bahisemo Dorcas usanzwe azwi mu marushanwa mpuzamahanga.

Uyu mukobwa yegukanye ikamba rya Miss Africa DR Congo na Miss Calabar mu 2018, ndetse yagiye yitabira n’andi marushanwa atandukanye, nubwo rimwe na rimwe yaviragamo hagati.


Dorcas Dienda Kasinde ni we ugiye guhagararira RDC muri Miss Universe 2025 nyuma yo gusimbura Déborah Djema


Deborah wari wambitswe ikamba rya Miss Universe 2025 yasimbuwe nyuma yo kwanga gusinya amasezerano


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...