Ku Cyumweru tariki ya 01 Gashyantare 2026 ni bwo ikipe ya Police FC
yahuye na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Intwari cya 2026 muri Stade
Amahoro. Byarangiye Police FC ariyo yegukanye iki gikombe nyuma yo gutsinda
penariti 7 kuri 6
Nyuma y’uyu mukino, Byiringiro Lague aganira na
InyaRwanda yavuze ko ari ibyishimo kuba atwaye igikombe cye cya mbere muri iyi
kipe ndetse avuga ko yari afite icyizere ko biri bube.
Ati: ”Ni ibyishimo kuba ntwaye igikombe cya mbere
muri Police FC. Njyewe nari mfite icyizere ko tugomba gutwara igikombe kuva ejo
bundi”.
Yavuze ko APR FC bayirushije ibijyanye
n’imitekerereze ndetse ko nta kintu na kimwe yakoze mu mukino cyari gutuma Police FC idatsinda.
Ati: ”Nta kindi kintu kidasanzwe twayirushije ni mu
mutwe twarwanye. APR FC nta kintu na kimwe yakoze mu mukino cyari gutuma
dutsindwa. Ni ibyishimo kuba natwaye igikombe ikipe navuyemo”.
Gakwaya Leonard nawe ukinira Police FC we yavuze ko
nta bintu byinshi barushije APR FC ndetse avuga ko igikombe cy’Intwari kivuze
byinshi kuri bo.
Igikombe cy’Intwari kivuze ikintu gikomeye cyane
kuri Police FC, urumva ko kuba tugitwaye ni ibintu byiza cyane”.
Kapiteni wa Police FC, Nsabimana Eric ‘Zidane’ yavuze
ko ibintu byahindutse muri iyi kipe ndetse ko nibatagira ibibazo by’imvune bazagira umwaka mwiza w’imikino cyane.
Police FC izasubira mu kibuga ku Cyumweru ikina na
AS Kigali muri shampiyona.
