Mu gihe abantu benshi bafata gereza nk’ahantu hataba
ibyishimo, ndetse ko uriyo ibyishimo bya biba byararangiye burundu, Papa Leo
XIV yagaragaje ko no mu bihe bikomeye cyane umuntu ashobora gukomeza kubona
urukundo rw’Imana n’icyizere cy’ejo hazaza.
Kuri uyu wa Gatatu, ubwo yari mu ruzinduko rw’ubutumwa muri
Espagne, Papa yasuye gereza ya Brians 1, ahura n’imfungwa ndetse azigezaho
ubutumwa bwuzuye ihumure, imbabazi n’icyizere.
Yabwiye abafunze ko Imana ibakunda uko bari kose, kandi ko
ibararikira kuba abantu beza kurushaho.
Inkuru dukesha ikinyamakuru Vativan News iviga ko, Papa Leo XIV yibukije imfungwa ko n’ubwo zaba zarakoze
amakosa akomeye, ayo makosa atagomba kuba ikirango cy’ubuzima bwazo bwose.
Yasobanuye ko agaciro k’umuntu katava ku byo yakoze cyangwa
ku makosa yaguyemo, ahubwo gaturuka ku kuba yararemwe kandi agakundwa n’Imana.
Ati: “Buri muntu afite agaciro kuko Imana yamushatse,
ikamurema kandi ikamukunda. Nta kintu na kimwe gishobora gutuma Imana ikureka.”
Aya magambo yakiriwe nk’isoko y’ihumure ku mfungwa nyinshi
zibaho ziremerewe n’agahinda, ukwicuza no kuba kure y’imiryango yazo.
Papa yemeye ko ubuzima bwo muri gereza bugoye, cyane cyane
ku bantu baba bababazwa no kuba kure y’ababo cyangwa bagaterwa intimba n’ibyo
banyuzemo. Ariko yabasabye kutemera ngo kwiheba n’agahinda bibatsinda.
Ati: “Iyo mwumva mwarataye agaciro cyangwa mukumva ko
ubuzima butakigira icyo bumaze, nimwunamure amaso yanyu murebe Uhoraho ukomeza
kubereka urukundo rwe no kubaba hafi.”
Yashimangiye ko urukundo rw’Imana rutagabanuka bitewe
n’ibyabaye mu buzima bw’umuntu, ahubwo rukomeza kumuherekeza no mu bihe
by’umwijima.
Papa Leo XIV yifashishije inyigisho za Mutagatifu Augustin, agaragaza
ko amateka mabi umuntu yanyuzemo adakwiye kumwambura icyizere cy’ejo hazaza.
Yagize ati: “Iyo umuntu yiringiye ubuntu bw’Imana kandi
akemera kuyoborwa na bwo, asanga ibyabaye kera bitamucira urubanza ahubwo
bimufasha gufata ibyemezo bishya no guhindura ubuzima bwe.”
Yasabye imfungwa guha Imana umwanya mu mitima yazo no
kwemera ko urukundo rwayo ruziyobora intambwe zazo.
Mu butumwa bwe, Papa yashimangiye ko n’ubwo imfungwa
zifungiye inyuma y’inkuta n’inzugi zifunze, hari icyizere fikomeye kidashobora
gukumirwa n’urukuta urwo arirwo rwose.
Yavuze ko Imana ikomeza kuvugana n’umuntu mu mutima we kandi
ikomeza kumutegereza ngo ayihe umwanya mu buzima bwe.
Yasoje ubutumwa bwe atura izi imfungwa uburinzi bwa Bikira
Mariya, anazisabira umugisha wa gishumba wa Kiliziya.
Yibukije ko nta muntu ugomba kuhagarikirwa ubuzima
n’amakosa yakoze, ngo ahore yicira urubanza, ko nta na rimwe igihe kiba
cyararenze kugira ngo umuntu yisubireho, kandi ko urukundo rw’Imana ruhora
rwiteguye kwakira no kuzamura uwaguye.
Mu isi irangwa n’imanza no gucibwa intege, ubutumwa bwe
bwasize isomo rikomeye ko agaciro k’umuntu katagenwa n’aho ageze cyangwa
n’amakosa yakoze, ahubwo gaturuka ku rukundo Imana imufitiye rutajya rushira.