Nta gusaza imigeri, Kiyovu Sport imanitse amaboko imbere ya Etoile de l’Est irwana no kutamanuka mu cya kabiri

Imikino - 23/05/2022 6:01 PM
Share:

Umwanditsi:

Nta gusaza imigeri, Kiyovu Sport imanitse amaboko imbere ya Etoile de l’Est irwana no kutamanuka mu cya kabiri

Umunsi wa 28 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere wasize Kiyovu Sport iteye intambwe isubira inyuma ihunga igikombe cya shampiyona mu gihe hasigaye imikino ibiri ngo isozwe, nyuma yo guhagamwa na Etoile de l’Est yayisanze mu rugo bakanganya 1-1, mu gihe APR FC bahanganiye igikombe yatsinze Gorilla FC.

Kiyovu Sport yasabwaga gutsinda Etoile de l’Est ibitego bitatu igafata umwanya wa mbere muri shampiyona, yatunguwe n’iyi kipe y’i Ngoma ubwo iminota 90 yarangiraga baguye miswi 1-1 i Nyamirambo imbere y’abafana batari benshi ba Kiyovu Sport, byatumye irushwa na APR FC amanota abiri mu gihe shampiyona igana ku musozo.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Gicurasi 2022, kuri Stade ya Kigali habereye imikino ibiri y’amakipe ahanganiye igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka, aho APR FC na Gorilla FC bakinnye saa sita n’igice, maze umukino urangira Mugunga Yves na Omborenga Fitina bafashije iyi kipe y’ingabo z’igihugu kwegukana amanota atatu ku ntsinzi y’ibitego 2-1.

Saa Cyenda n’iminota 23, Kiyovu Sport yari yambikanye na Etoile de l’Est mu mukino yasabwaga gutsinda kugira ngo ikomeze gukubana na APR FC ku gikombe cya shampiyona, aho gutsinda ibitego 3 byari gutuma iyobora urutonde rwa shampiyona.

Bitunguranye umukino warangiye amakipe yombi aguye miswi ku gitego 1-1, aho Emmanuel Okwi yatsindiye Kiyovu Sport, mu gihe Peter Ogblevor yatsindiye Etoile de l’Est.

Gutsinda kwa APR FC no kunganya kwa Kiyovu Sport byatumye ibintu bisa nkaho bisobanutse gacye mu gihe shampiyona isigaje imikino ibiri ngo isozwe, kuko APR FC yagumye ku mwanya wa mbere n’amanota 63, mu gihe Kiyovu Sport iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 61, hakaba harimo ikinyuranyo cy’amanota 2.

Imikino ibiri buri kipe isigaranye niyo izagaragaza ikipe izegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka, aho APR FC isigaje imikino ya Police FC na AS Kigali, mu gihe Kiyovu Sport isigaje imikino ya Espoir FC na Marines FC.

Kiyovu Sport yitwaye nabi imbere ya Etoile de l'Est irwana no kutamanuka mu cyiciro cya kabiri

Kiyovu Sport iri gutera intambwe ihunga igikombe cya shampiyona

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...