Kiyovu
Sport yasabwaga gutsinda Etoile de l’Est ibitego bitatu igafata umwanya wa mbere
muri shampiyona, yatunguwe n’iyi kipe y’i Ngoma ubwo iminota 90 yarangiraga baguye
miswi 1-1 i Nyamirambo imbere y’abafana batari benshi ba Kiyovu Sport, byatumye
irushwa na APR FC amanota abiri mu gihe shampiyona igana ku musozo.
Kuri
uyu wa Mbere tariki ya 23 Gicurasi 2022, kuri Stade ya Kigali habereye imikino
ibiri y’amakipe ahanganiye igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka, aho APR FC na
Gorilla FC bakinnye saa sita n’igice, maze umukino urangira Mugunga Yves na Omborenga
Fitina bafashije iyi kipe y’ingabo z’igihugu kwegukana amanota atatu ku ntsinzi
y’ibitego 2-1.
Saa
Cyenda n’iminota 23, Kiyovu Sport yari yambikanye na Etoile de l’Est mu mukino
yasabwaga gutsinda kugira ngo ikomeze gukubana na APR FC ku gikombe cya
shampiyona, aho gutsinda ibitego 3 byari gutuma iyobora urutonde rwa
shampiyona.
Bitunguranye
umukino warangiye amakipe yombi aguye miswi ku gitego 1-1, aho Emmanuel Okwi
yatsindiye Kiyovu Sport, mu gihe Peter Ogblevor yatsindiye Etoile de l’Est.
Gutsinda
kwa APR FC no kunganya kwa Kiyovu Sport byatumye ibintu bisa nkaho bisobanutse
gacye mu gihe shampiyona isigaje imikino ibiri ngo isozwe, kuko APR FC yagumye
ku mwanya wa mbere n’amanota 63, mu gihe Kiyovu Sport iri ku mwanya wa kabiri n’amanota
61, hakaba harimo ikinyuranyo cy’amanota 2.
Imikino
ibiri buri kipe isigaranye niyo izagaragaza ikipe izegukana igikombe cya
shampiyona y’uyu mwaka, aho APR FC isigaje imikino ya Police FC na AS Kigali,
mu gihe Kiyovu Sport isigaje imikino ya Espoir FC na Marines FC.
Kiyovu Sport yitwaye nabi imbere ya Etoile de l'Est irwana no kutamanuka mu cyiciro cya kabiri
