Iki
gitaramo yacyise “Prince Ten Toes Down”, kikazaba ku wa 12 Kamena 2026, muri
Institut Français de Kigali, aho kwinjira bizaba ari amafaranga y’u Rwanda
ibihumbi icumi (10,000 Frw).
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Prince yavuze ko uru rugendo rw’imyaka 10
rwamubereye ishuri rikomeye, rumufasha gukura no gusobanukirwa neza umwuga wa
‘Comedy’.
Yagize
ati: “Imyaka 10 maze muri ‘Comedy’ ni urugendo rwuzuyemo kwiga no gusobanukirwa
neza ‘Comedy’ nyarwanda. Naranzwe no gushyiramo imbaraga kugira ngo
Abanyarwanda barusheho kumenya no gukunda uyu mwuga.”
Prince
asobanura ko iki gitaramo atakibona nk’ibisanzwe, ahubwo ari intambwe ikomeye
mu buzima bwe, agereranya no kwibaruka imfura. Ati: “Si igitaramo gusa, ni
nk’umwana wa mbere ngiye kubyara.”
Yavuze
ko muri iki gitaramo azifatanya n’abandi banyarwenya bagendanye urugendo rwe mu
bihe bitandukanye, by’umwihariko abo bahuriye mu itsinda rya Comedy Knights.
Nshizirungu
Prince ni umwe mu banyarwenya bagezweho mu Rwanda, akaba abarizwa mu itsinda
rya Comedy Knights, aho akorana n’abarimo Babou, Michael Sengazi, Hervé Kimenyi
n’abandi.
Yamenyekanye
cyane anyuze mu bitaramo bitandukanye by’urwenya birimo Caravane du Rire,
Comedy Knights, Seka Live ndetse na Kigali International Comedy Festival,
ndetse yanitabiriye iserukiramuco ryabereye muri Kenya.
Ku
bijyanye n’iterambere ry’umwuga, Prince agaragaza ko ‘Comedy’ ishobora gutunga
uyikora no kumugeza ku rwego rwo hejuru, cyane cyane ku bamaze igihe bawukora
bawushyizeho umutima.
Uyu
munyarwenya utuye i Nyamirambo, yinjiye mu mwuga wo gutera urwenya mu mwaka wa
2016. Avuga ko yawutangiye ari impano yari asanzwe afite kuko no mu mashuri
yisumbuye yari azwiho gusetsa no gusabana n’abandi.
Nubwo
atangiye, avuga ko imyaka ya mbere itari yoroshye kuko byamusabye kwihangana,
gukora cyane no kwiga byinshi kugira ngo agere ku rwego ariho uyu munsi.
Uyu
munsi, nyuma y’imyaka 10, Nshizirungu Prince ari mu banyarwenya bafite izina
rikomeye mu Rwanda, akaba ateganya gukomeza guteza imbere uyu mwuga no kuwugeza
ku rundi rwego.

Nshizirungu
Prince agiye kwizihiza imyaka 10 amaze asetsa Abanyarwanda mu gitaramo cye cya
mbere bwite “Prince Ten Toes Down” kizabera kuri Institut Français de Kigali,
aho yagereranyije iki gitaramo no kwibaruka imfura

Nyuma
y’urugendo rutoroshye rwatangiye mu 2016, Nshizirungu Prince avuga ko iki
gitaramo cye agifata nko kwibaruka imfura ye mu ruganda rwa ‘Comedy’
