Nshizirungu Hubert Bebe yasinyishije Gisa Arnold wa mwana wagaragaje impano idasanzwe

Imikino - 03/07/2025 4:46 PM
Share:

Umwanditsi:

Nshizirungu Hubert Bebe yasinyishije Gisa Arnold wa mwana wagaragaje impano idasanzwe

Nyuma y’iminsi itatu Gisa Arnold “Krikou” agaragaje impano idasanzwe ubwo yahabwaga amahiwe yacenze abana mu myitozo ye ya mbere, maze binyura Nshizirungu Hubert Bebe, none kuri ubu yamaze no kumusinyisha amasezerano.

Kuri uyu wa Kane itariki 3 Nyakanga 2025 byari ibyishimo kuri Mukamparirwa Jeanette mama wa Gisa Arnild “Krikou”, umwana muto ukomeje kugaragaza impano idasanzwe mu mupira w’amaguru nyuma yo gusinya amasezerano muri Better Future Football Academy.

Ubusanzwe Gisa Arnord ntabwo yari yarigeze akina umupira mu ishuri ry’umupira w’amaguru. Ku nshuro ya mbere ubwo yari yahawe amahirwe na Nshizirungu Hubert Bebe yo gukorera imyitozo mu irerero rye rya Better Future Football Academy, yagaragaje impano idasanzwe, yishimirwa na Nshizirungu Hubert Bebe.

Gisa Arnord yamaze gusinya amasezerano abifashijwemo n’umubyeyi we Mukamparirwa Jeanette. Umubyeyi we yavuze ko “Kirikou” no mu buzima busanzwe ari umwana urangwa n’ubwitonzi bwinshi. Ati “Nabyishimiye ndumva nta kibazo. [...]". Yavuze ko Gisa aba yitonze mu bandi bana kandi n’akazi abwiwe n'umubyeyi we agakora neza.

Nshizirungu Hubert Bebe yavuze ko agiye gukurikirana uyu mwana binyuze muri Better Future Football Academy, ndetse akamufasha kwiga no gukemura ibindi bibazo byo mu buzima busanzwe.

Ati: “Uyu munsi nagerageje kugira ngo tubonane n’umuryango wa Arnold bakunze kwita Krikou, ku bantu bose bagiye babona ku mashusho yagiye acicikana cyane. Uyu munsi twaganiriye n’umubyeyi we, akaba yanyemereye ko twasinyana amasezerano kuko hari ibintu byinshi tuzagenda tumufasha mu buzima bwe no mu mibereho ya Krikou.

Ubu mu masezerano dufitanye na Arnold ndetse n’umubyeyi we harimo amasezerano ko Better Future Football Academy izamufasha kumurihira amashuri. Ubu kwiga kwa Krikou byagiye mu biganza bya Better Future Football Academy ndetse n’ibindi bibazo azajya agira byose byagiye mu biganza bya Better ku buryo no mu buzima busanzwe tuzagerageza kumukurikirana nk’uko twagiye tubyumvikanaho n’umubyeyi we."

 

Nshizirungu Hubert Bebe yasinyishije amasezerano umwana muto ukomeje kugaragaza impano idasanzwe mu mupira w'amaguru 

AMASHUSHO AGARAGAZA HUBERT BEBE ASINYISHA GISA UZWI NKA KIRIKU

 

 

 

 

 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...