Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Norvège (NFF), Lise Klaveness, yavuze ko Gianni Infantino atagifitiwe icyizere gikenewe kugira ngo akomeze kuyobora FIFA mu buryo butajegajega.
Yagize ati: "Nta gusubira inyuma kuri Gianni Infantino. Imikoranire y'umupira w'amaguru ku rwego mpuzamahanga iri mu bibazo bikomeye, kandi twifuza ko Perezida wa FIFA yegura."
Norvège ibaye igihugu cya mbere gisabye ku mugaragaro ko Infantino yava ku buyobozi bwa FIFA, nyuma y'uko u Bwongereza, Pays de Galles, Croatie na Albanie byo byari byamaze gutangaza ko bitagishyigikiye ubuyobozi bwe ariko bitarasaba ko yegura.
Klaveness yavuze ko mu myaka ine ishize igihugu cye cyakomeje kugaragariza FIFA impungenge zirimo uburyo amarushanwa atangwa, igihembo cyiswe FIFA Peace Prize cyahawe Perezida wa Amerika Donald Trump, ndetse n'icyemezo cyo gukuraho ibihano byari byafatiwe rutahizamu w'Umunyamerika Folarin Balogun nyuma y'uko Trump avuganye na Infantino.
Ku rundi ruhande, Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Mexique ryatangaje ko rikomeje gushyigikira Infantino, nubwo impuzamashyirahamwe ya CONCACAF iherereyemo yari yasabye ko hakorwa isesengura ryimbitse ku miyoborere ye.
Mu itangazo ryayo, FMF yavuze ko ishyigikiye ubuyobozi bwa Infantino mu gukomeza guteza imbere umupira w'amaguru no gukomeza kubaka inzego za FIFA. Yanashimangiye ko idashyigikiye uburyo bwose bwo gukuraho Perezida wa FIFA budaciye mu matora yemewe n'ibihugu 211 bigize uyu muryango.
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Argentine na ryo ryatangaje ko rishyigikiye Infantino, rimushimira kuba yaremeye amakosa yakozwe ndetse agasaba imbabazi. Rivuga ko mu myaka isaga 10 amaze ayobora FIFA, yibanze ku guteza imbere umupira w'amaguru ku Isi no gushimangira imiyoborere ifunguye kandi ihamye.
Nubwo Afurika ibinyujije muri CAF igikomeje gushyigikira Infantino, ku mugabane w'u Burayi, UEFA yavuze ko itakimufitiye icyizere. Yanongeye gushimangira ko kuba umushinga wa FIFA Forward Enterprise (FFE) warahagaritswe bidahagije, kuko hakenewe icyizere ko ibitekerezo nk'ibyo bitazongera kubaho.
UEFA yavuze ko itigeze ihindura umwanzuro wayo wo kutongera kugirira icyizere Perezida wa FIFA, ishimangira ko ibisobanuro byatanzwe n'ubuyobozi bwa FIFA bitahinduye ikibazo cy'imiyoborere.
Ibi bibaye nyuma y'uko Infantino yari yatanze igitekerezo cyo gushyira amarushanwa ya FIFA, arimo Igikombe cy'Isi cy'abagabo n'icy'abagore, mu mushinga wa FIFA Forward Enterprise (FFE), aho yashakaga gushaka ishoramari ry'abikorera.
Bivugwa kandi ko yari yemereye buri shyirahamwe rigize FIFA inkunga ya miliyoni 40 z'Amadolari ya Amerika kugira ngo rishyigikire uwo mushinga.
