Uyu
mugabo umaze imyaka irenze ine yigaragaza muri iyi filime, yavuze ko ubusanzwe
yamenyanye na Clapton bakiri ku ntebe y’ishuri, aho biganye mu cyiciro rusange
kuri Academy bakomereza i Nyamata High School mu ishuri rimwe.
Mu
kiganiro na InyaRwanda.com, yavuze ko ubwo yari asoje amasomo ya Cinema,
Clapton yamuhamagaye amubaza ibibazo yaje kumenya nyuma ko ari ikizamini cyo
kumwinjiza muri filime ‘Umuturanyi’.
Ati
"Yarambajije ati wasoje kwiga, ndamubwira nti 'Yego'! Arambwira ati 'ariko
buriya uwaguhitamo ukajya ukina muri filime ‘Umuturanyi’, ko hari akantu numva
keza washyiramo, ukajya ukina wisanisha n’abakonyine'. Yambajije ari kumwe
n’abandi bantu, numva arasetse, ahita ambwira ati 'ikizamini uragitsinze', mba
ngiye muri filime ‘Umuturanyi’."
Yatangiriye
muri iyi filime kuva kuri Episode ya 21, aho yahise atangira kwigaragaza mu
mwambaro w’umwe mu bo mu Mutara, yerekana ubuzima n’imivugire yaho,
ari na ho yakomoye izina ‘Umukonyine’.
Nkurikiyinka
yavuze ko nubwo atari afite muri gahunda ze gukina filime, ariko yagiye
yiyumvamo impano yo gukina, bitewe n’uko abantu bamuganirizaga kuri sinema
n’uburyo yiyumva abaye ari mu ruhando rwa filime.
Yagize
ati "Mu 2016 nagerageje gukinaho filime, ariko sinari nabishyizemo umutima
cyane. Icyo gihe, amashusho menshi nayafataga nkoresheje telefoni."
Iyi
filime ‘Umuturanyi’, ikomeje kwigarurira imitima ya benshi kuva yatangira
gusohoka ku rubuga rwa YouTube, cyane cyane mu gihe cya Covid-19, ubwo abantu
bakeneye udusekeje two kubarinda kwiheba.
Clapton
Kibonge wayanditse akanayikina, yigeze gutangaza ko iyi filime yamufashije
kurushaho gusobanukirwa ubushobozi bwe bwo gutekereza ibihangano byagutse, no
gutangira urugendo rushya rwa Cinema.
Filime
‘Umuturanyi’ imaze kuba igicumbi cy’abanyempano bashya barimo na Nkurikiyinka
‘Umukonyine’ uri mu bamenyekanye cyane kubera uburyo asetsa, akavuga mu mvugo
isanzwe y’aho akomoka, bikarushaho gutuma benshi bamwiyumvamo.
Abakunzi
ba sinema n’abayikurikiranira kuri YouTube, bakomeje kugaragaza amarangamutima
ku mikinire ye, ndetse n’amashusho ye mato (sketches) yakwirakwiye ku mbuga
nkoranyambaga nka TikTok na Instagram.
Nkurikiyinka
Charles yatangaje ko ikizamini cyamwinjije muri ‘Umuturanyi’ yagikoreye kuri
telefoni ya Clapton, atabizi ko ari kugeragezwa
Nkurikiyinka
yavuze ko ubwo Clapton yamubazaga kuri telefoni, bavugannye mu mvugo
y’abakonyine, ari na ho izina rye rihereye
'Umukonyine' yatangaje
ko umubano we na Clapton watangiye bakiri ku ntebe y’ishuri, bityo amuhitamo
nk’umukinnyi ukwiye kwinjira muri filime
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA NKURIKIYINKA ‘UMUKONYINE’
KANDA HANO UREBE IGICE GISHYA CYA FILIME 'UMUTURANYI'