Ese ujya
ugira impungenge wibaza impamvu abasore batagukunda? Abakobwa benshi bagira izo
mpungenge, ndetse kugera no kuri ba bandi wumva ko nta kibazo bafite. Ushobora kuba
wibwira uti “numva abasore batankunda. Na bamwe tuvugana, mbona nta n’umwe
ufite gahunda yo kuntereta.” Dore bimwe mu bishobora gutuma abasore
batagukunda, n’uko wabikemura nk’uko tubikesha urubuga jw.org:
Mbere na
mbere ugomba kubanza ukamenya ibyo abasore bakunda, kugira ngo ubashe kumenya
aho witwara nabi maze ubikosore. Hari ibibazo bitatu ugomba kwibaza kandi
ukabisubiza, mu gihe wamaze gusubiza ibi bibazo byose, impungenge wari ufite
uzaba uziboneye igisubizo kirambye: “Ni ibihe bintu abasore bakundira abakobwa?
Ni ibiki babangira? Nakora iki kugira ngo mbone umusore wiyubashye unkunda?”
Mbere na
mbere, abasore bakunda abakobwa biyubaha, bakanubaha abandi. Nta musore wifuza
gukundana n’umukobwa w’umunyagasuzuguro cyangwa nawe ubwe atiyubaha, ahubwo aba
ashaka wa wundi ugira ikinyabupfura aho ageze hose yiyubahisha.
Ariko na
none, kubaha ntibivuga ko ugomba kwemera ikivuzwe cyose; ntibivuze ko nta
burenganzira ufite bwo kugira cyangwa kuvuga igitekerezo kinyuranye n’icy’undi.
Ariko uburyo uvugamo icyo utekereza, bushobora gutuma umusore akwanga cyangwa
akagukunda. Niba uhora umuvuguruza cyangwa ukosora icyo avuze cyose, ashobora
kumva ko utamwubaha.
Abasore bakunda
umukobwa ufite intego kandi afite aho yigejejeho mu buzima, kuruta wa wundi uza
akurikiye amafaranga yabo gusa. Ikindi cyisumbuyeho ni uko abasore bakunda
cyane umukobwa w’umuhanga, wigirira icyizere kandi ugira amatsiko. Ariko ugomba
kumenya ko icyizere atari ubwiyemezi, abasore na none bakunda umukobwa
utigirira icyizere gikabije, ahubwo wemera gufashwa mu gihe ahuye n’imbogamizi aho
kwiyemera.
Umukobwa
ufite imicomyiza, witonda, kandi ugwa neza usanga abasore bamukunda cyane.
Nk’umukobwa ubasha kuganira mu buryo bwiza, agatera urwenya ndetse
ukagaragaza ko uarezwe neza imbere ni ikuntu cy’agaciro cyane kuko
birushako gutuma umusore yumva ataterwa isoni kukwerekana mu ncuti ze
n’imiryango, bikaba rero byatuma agukunda.
Abasore kandi
bakunda umukobwa wambara neza kandi urangwa n’isuku. Uko wambara n’uko twabigereranya
n’indangururamajwi zamamaza icyo utekereza n’uko ubona ibintu. Na mbere y’uko
utangira kuvugisha umusore, imyambarire yawe iba yarangije kugaragaza uwo uri
we.
Ibi ni
bimwe mubyo abasore bakundira abakobwa, mu gihe utabyujuje cyangwa
utabikurikiza bishobora gutuma batagukunda, ari nabyo bituma uhora wibaza
impamvu, n’icyo wakora.
Nyamara mu
rugendo rwawe, hari ibyo ugomba kwirinda, ntabwo ugomba kubaho nk’aho ibyo
ukora byose ari ukugira ngo abasore bakubone cyangwa ugamije kubashimisha gusa
kugira ngo bagukunda. Icyo gihe ntabwo uba ukuri wowe, ahubwo uba wabaye nk’igikoresho
cyabo. Dore ibyo ugomba kuzirikana: