“Njye usa n’amata? Ntibishoboka” – Zari Hassan ahamya ko gutandukana na Shakib ntacyo byamuhungabanyaho

Imyidagaduro - 02/07/2025 11:16 AM
Share:

Umwanditsi:

“Njye usa n’amata? Ntibishoboka” – Zari Hassan ahamya ko gutandukana na Shakib ntacyo byamuhungabanyaho

Umunyamideri w’Umunyafurika akaba n’umushoramari ukomeye, Zari Hassan, yongeye gutangaza uko abanye n’umugabo we Shakib Cham Lutaaya, ashimangira ko urukundo rwabo rukomeye cyane, ariko anemeza ko n’ubwo bakundana cyane, yakomeza akabaho neza mu gihe ibyabo byaba birangiye.

Aba bombi bakoze ubukwe muri 2024 mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo. Kuri ubu babana mu buryo bw’urukundo rwa kure kuko Zari atuye muri Afurika y’Epfo mu gihe Shakib akibera muri Uganda. Nubwo batabana umunsi ku wundi, Zari avuga ko bafitanye umubano ukomeye kandi wubakiye ku cyizere, urukundo n’ubwumvikane.

Mu kiganiro aheruka kugirana n'itangazamakuru, Zari yagize ati: “Sinamenya icyo nabivugaho neza, ariko Mr. Lutaaya nta handi yajya. Yankomerejeho pe.”

Yakoresheje imvugo y’icyongereza “He has me in a chokehold”, isanzwe ikoreshwa mu gusobanura urukundo rwimbitse umuntu atashobora kwigobotora bitewe n’uko yumva atasimbuzwa cyangwa ngo ababazwe n’uwo akunda.

Ariko Zari, nk’uko asanzwe azwi nk’umugore wihagazeho, yavuze ko nubwo urukundo ari rwiza, atari umuntu wabura icyerekezo mu gihe byaramuka birangiye. Yabajijwe niba koko yakomeza ubuzima nta gihungabanye, maze mu buryo burimo guseka no kwigirira icyizere arasubiza ati: “Njyewe? Umukobwa wa Hassan Kirigwajjo? Njye usa n’amata? Ibyo ntibishoboka.”

Ubutumwa bwe bwumvikanishije neza ko nubwo akunda byimazeyo Shakib, atari we ubuzima bwe bwose bushingiyeho, ahubwo ko afite icyizere, ubwigenge n’imbaraga zo gukomeza ubuzima atajegajega.

Kuri ubu, Zari na Shakib bari mu miryango ikunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga, bitewe n’uko Zari akunze gusangiza abamukurikira ibijyanye n’urukundo rwe n’umugabo we, ariko ntiyibagirwe no kwigisha abamukurikira kwigirira icyizere.

Zari Hassan yatangaje ko atandukanye n'umugabo we Shakib ntacyo yaba ahomba ndetse ubuzma bwakomeza nk'uko bisanzwe


Aba bombi bamaze umwaka umwe gusa mu rushako


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...