Nje mu gitaramo cy'umuryango! Inganzo Ngari bakiriye Icakanzu Contente uzataramana nabo - VIDEO

Imyidagaduro - 26/07/2025 10:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Nje mu gitaramo cy'umuryango! Inganzo Ngari bakiriye Icakanzu Contente uzataramana nabo - VIDEO

Umubyinnyi Mpuzamahanga Icakanzu Contente yamaze kugera mu Rwanda avuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho aje kwifatanya n'Itorero Inganzo Ngari mu gitaramo gikomeye bise "Tubarusha Inganji" kizaba ku wa Gatanu, tariki 1 Kanama 2025.

Yageze ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki 25 Nyakanga 2025, yakirwa n’abayobozi ba Inganzo Ngari, ababyinnyi ndetse n’inshuti z’itorero.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Icakanzu yavuze ko yishimiye kugaruka mu Rwanda kwifatanya n’Itorero Inganzo Ngari, avuga ko kubyina ari kimwe mu bintu byamubereye umurage, ariko cyane ko afata iri torero nk’umuryango we wa bugufi.

Yagize ati: “Njyewe nkunda kubyina, kandi nkunda umuryango wanjye. Aho ndi mba mpari. Sinumva ukuntu umuryango utaramira nkaba ntahari. Ndashima Imana yampaye ubushobozi bwo kugera hano."

Icakanzu yavuze ko Inganzo Ngari yamubaye hafi kuva kera, haba mu rugendo rwe nk’umubyinnyi, mu mibereho ye ya buri munsi ndetse no mu gihe yashinze urugo. Ati: “Ntabwo bigeze bantererana. Nanone siniteguye kubatererana igihe cyose mpari.”

Yashimiye by’umwihariko umugabo we wemeye kumusigira umwana kugira ngo aze kwitabira iki gitaramo, avuga ko ari igikorwa cy’ingenzi kuri we no ku muryango we mugari.

Umuyobozi w’Itorero Inganzo Ngari, Serge Nahimana, yatangaje ko imyiteguro igeze kuri 95%, asaba Abanyarwanda n’inshuti zabo kugura amatike hakiri kare.

Yagize ati: "Igitaramo kirarimbanyije. Turashishikariza abantu kugura amatike hakiri kare kuko kizaba ari igitaramo kidasanzwe. Hazaba harimo byinshi byihariye, birimo n’uruhare rwa Icakanzu benshi bakunze.”

Yakomeje asobanura ko iki gitaramo bacyise “Tubarusha Inganji” bagamije kugaragaza ibigwi n’intsinzi z’u Rwanda.

Avuga ati "Igihugu cyacu cyahuye n’ibibazo byinshi ariko kigashaka ibisubizo byacyo. Ibyo ni byo byatuganisha ku ‘nganji’."

Iki gitaramo kizabera ku munsi wizihizwaho Umuganura, umunsi ukomeye mu muco Nyarwanda. Serge avuga ko bahisemo kuwuhuriza hamwe n’igitaramo bagamije kugaragaza ibyagezweho.

Yagize ati: “Umuganura ni igihe cyo kwishimira ibyo twagezeho. Nubwo kera baganuraga amasaka, uyu munsi tuganura intambwe n’intsinzi mu nzego zitandukanye.”

Itorero Inganzo Ngari ryashinzwe mu 2006 rigamije kwimakaza umuco Nyarwanda binyuze mu mbyino, indirimbo n’imiziki ya Kinyarwanda. Kuva mu 2009, bamaze gutegura ibitaramo by’ubuhanzi n’amateka bikomeye birimo:

2009: Inganzo Twaje; 2010: Umuco, Kagozi ka Bugingo Kabuza u Rwanda Gucika2011: Bwiza bwa Mashira Budashira, Irora n’Irongorwa, 2013: Inzira ya Bene u Rwanda2015: Ruganzu I Bwimba2018: Urwamazimpaka2023: Ruganzu II Ndoli Abundura u Rwanda.

Iki gitaramo Tubarusha Inganji, gitegerejwe n'abakunzi b’umuco, kizaba kirimo gusubiza amaso inyuma mu mateka y’igihugu no gukomeza kwimakaza umuco nk’umusingi w’ubumwe, iterambere n’intsinzi.

 

Icakanzu Contente akigera ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, atangiye urugendo rwo kwifatanya n’umuryango we wa Inganzo Ngari mu gitaramo ‘Tubarusha Inganji 

Icakanzu Contente yakiranwe ubwuzu n’ababyinnyi b’Itorero Inganzo Ngari, ahita yinjira mu mwuka w’umuryango n’umuco, mbere y’igitaramo gikomeye bateganya ku wa 1 Kanama 2025

KANDA HANO UREBE ICYO ICAKANZU N’UMUYOBOZI W’INGANZO NGARI BATANGAJE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...